Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

ISI YUZUYE IBIBAZO

3 | Shimangira ubucuti ufitanye n’abandi

3 | Shimangira ubucuti ufitanye n’abandi

IMPAMVU ARI IBY’INGENZI

Uko ibibazo biri ku isi bigenda byiyongera, ni ko bigenda bigira ingaruka ku mibanire y’abantu.

  • Hari abantu bitarura inshuti zabo, bakibera bonyine.

  • Ibibazo hagati y’abashakanye biragenda birushaho kwiyongera.

  • Hari ababyeyi batita ku bana babo uko bikwiriye n’abatabitaho na gato.

Icyo wagombye kumenya

  • Kugira inshuti ni ngombwa, kuko bidufasha kugira ubuzima bwiza no gutuza, cyanecyane mu bihe bigoye.

  • Imihangayiko iterwa n’ibibera kuri iyi isi ishobora guteza umuryango wawe ibibazo bitunguranye.

  • Ibintu biteye ubwoba abana bawe bumva mu makuru bishobora gutuma bahangayika cyane.

Icyo wakora

Bibiliya igira iti: “Incuti nyakuri igukunda igihe cyose, kandi ikubera umuvandimwe mu gihe cy’amakuba.”​—Imigani 17:17.

Jya ushaka inshuti zagufasha kandi zikakugira inama. Kumenya byonyine ko hari umuntu ukuri hafi bituma ubona imbaraga zo guhangana n’ibibazo bikomeye.