Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

ISOMO RYA 6

Guteranira hamwe n’Abakristo bagenzi bacu bitugirira akahe kamaro?

Guteranira hamwe n’Abakristo bagenzi bacu bitugirira akahe kamaro?

Madagasikari

Noruveje

Libani

U Butaliyani

Tujya mu materaniro buri gihe, nubwo byaba bidusaba kunyura mu ishyamba ry’inzitane, cyangwa ikirere kimeze nabi. Kuki Abahamya ba Yehova bakora uko bashoboye kose kugira ngo bateranire hamwe n’Abakristo bagenzi babo, nubwo baba bahanganye n’ibibazo mu buzima cyangwa bananiwe cyane kubera akazi biriwemo?

Bituma tugira ubuzima bwiza n’ibyishimo. Igihe Pawulo yavugaga uko twagombye gufata abo duteranira hamwe, yaranditse ati ‘mujye muzirikanana’ (Abaheburayo 10:24). Ayo magambo asobanura ‘gufata umwanya wo gutekereza ku bandi,’ ibyo bikaba byumvikanisha ko tugomba kumenyana. Ayo magambo y’intumwa Pawulo adutera inkunga yo kwita ku bandi. Iyo tumenyanye n’indi miryango y’Abakristo bagenzi bacu, tumenya ko na bo bahuye n’ibibazo nk’ibyo duhura na byo, kandi ko bashobora kudufasha guhangana na byo.

Bikomeza ubucuti dufitanye. Iyo turi mu materaniro ntituba turi kumwe n’abantu tuziranye gusa, ahubwo tuba turi kumwe n’incuti magara. Hari n’ikindi gihe duhurira hamwe tugasabana. Ibyo bigira akahe kamaro? Bituma turushaho kumenyana kandi bikomeza urukundo dufitanye. Iyo bagenzi bacu bahuye n’ibibazo, tuba twiteguye kubafasha kubera ko tuba twaragiranye ubucuti bukomeye (Imigani 17:17). Iyo tubanye neza n’abagize itorero ryacu bose, tuba tugaragaje ko ‘turi magirirane.’​—1 Abakorinto 12:25, 26.

Turagutera inkunga yo gushaka incuti zikora ibyo Imana ishaka. Kandi izo ncuti uzazisanga mu Bahamya ba Yehova. Rwose ntuzigere wemera ko hagira ikintu icyo ari cyo cyose kikubuza kuza mu materaniro yacu.

  • Kuki guteranira hamwe n’abandi ari twe bigirira akamaro?

  • Wumva uzaza mu materaniro yacu ryari?