Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

ISOMO RYA 12

Umurimo wo kubwiriza Umwami ukorwa ute?

Umurimo wo kubwiriza Umwami ukorwa ute?

Esipanye

Belarusi

Hong Kong

Peru

Mbere gato y’uko Yesu apfa, yaravuze ati “ubu butumwa bwiza bw’ubwami buzabwirizwa mu isi yose ituwe, kugira ngo bubere amahanga yose ubuhamya; hanyuma imperuka ibone kuza” (Matayo 24:14). Ariko se uwo murimo wo kubwiriza ku isi hose wari gukorwa ute? Wagombaga gukorwa nk’uko Yesu yawukoze igihe yari hano ku isi.​—Luka 8:1.

Tugerageza gusanga abantu mu ngo zabo. Yesu yigishije abigishwa be kubwiriza ubutumwa bwiza ku nzu n’inzu (Matayo 10:11-13; Ibyakozwe 5:42; 20:20). Abo babwiriza bo mu kinyejana cya mbere bahabwaga amafasi yihariye bagombaga kubwirizamo (Matayo 10:5, 6; 2 Abakorinto 10:13). No muri iki gihe, umurimo wacu wo kubwiriza ufite gahunda ugenderaho kandi buri torero rihabwa ifasi ribwirizamo. Ibyo bituma dushobora gusohoza inshingano Yesu yaduhaye yo “kubwiriza abantu no guhamya mu buryo bunonosoye.”​—Ibyakozwe 10:42.

Twihatira kugera ku bantu aho bari hose. Yesu na we yatanze urugero abwiriza ahantu hahuriraga abantu benshi, urugero nko ku nkombe z’inyanja cyangwa ku iriba (Mariko 4:1; Yohana 4:5-15). Natwe tuganira n’abantu kuri Bibiliya igihe cyose bishoboka, haba mu mihanda, ahakorerwa imirimo y’ubucuruzi, mu busitani cyangwa kuri telefoni. Igihe cyose tubonye uburyo, tubwiriza abaturanyi bacu, abo dukorana, abo twigana ndetse na bene wacu. Iyo mihati yose dushyiraho yatumye abantu babarirwa muri za miriyoni bo hirya no hino ku isi bumva “ubutumwa bwiza bw’agakiza.”​—Zaburi 96:2.

Tekereza abo wagezaho ubutumwa bwiza bw’Ubwami bw’Imana, ukababwira n’uko bizabagendekera nibumvira ubwo butumwa bwiza. Ntiwihererane ubwo butumwa. Bubagezeho vuba uko bishoboka kose.

  • Ni ubuhe “butumwa bwiza” bugomba kubwirizwa?

  • Abahamya ba Yehova bigana bate uburyo Yesu yakoreshaga abwiriza?