Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

UMUTWE WA 1

Mbere y’uko Yesu atangira umurimo we

“Uwo azaba umuntu ukomeye.”​—Luka 1:32

Mbere y’uko Yesu atangira umurimo we

IBIRIMO

IGICE CYA 1

Ubutumwa bubiri bwaturutse ku Mana

Marayika Gaburiyeli yatanze ubutumwa bwari bugoye kwemera.

IGICE CYA 2

Yesu yahawe icyubahiro mbere y’uko avuka

Elizabeti n’umwana yari atwite bahaye Yesu icyubahiro bate?

IGICE CYA 3

Uwagombaga gutegura inzira avuka

Zekariya akimara gusubirana mu buryo bw’igitangaza ubushobozi bwo kuvuga, yavuze ubuhanuzi bw’ingenzi.

IGICE CYA 4

Mariya yari atwite kandi atarashyingirwa

Ese igihe Mariya yabwiraga Yozefu ko yari atwite biturutse ku mwuka wera ko iyo nda atayitewe n’undi muntu, Yozefu yarabyemeye?

IGICE CYA 5

Yesu yavutse ryari kandi se yavukiye he?

Tuzi dute ko Yesu atavutse ku itariki ya 25 Ukuboza?

IGICE CYA 6

Umwana wari warasezeranyijwe

Igihe Yozefu na Mariya bazanaga Yesu mu rusengero, Abisirayeli babiri bari bageze mu za bukuru bahanuye ibyari kuzaba kuri Yesu.

IGICE CYA 7

Abaragurisha inyenyeri basura Yesu

Kuki inyenyeri babonye bari i Burasirazuba itahise ibajyana aho Yesu yari ari, ahubwo ikabajyana ku Mwami Herode washakaga kumwica?

IGICE CYA 8

Bahunga umutegetsi w’umugome

Ubuhanuzi butatu bwa Bibiliya bufitanye isano na Mesiya bwasohoreye kuri Yesu akiri muto

IGICE CYA 9

Yesu akurira i Nazareti

Yesu yari afite abavandimwe na bashiki be bangahe?

IGICE CYA 10

Umuryango wa Yesu ujya i Yerusalemu

Yozefu na Mariya bataye umutwe igihe bashakishaga Yesu bakamubura, mu gihe we yatangajwe no kuba batari bazi aho bari guhita bamushakira.

IGICE CYA 11

Yohana Umubatiza ategura inzira

Igihe Abafarisayo n’Abasadukayo bazaga aho Yohana yabatirizaga, yabaciriyeho iteka. Byatewe n’iki?