Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

UMUTWE WA 4

Umurimo Yesu yakoreye muri Yudaya

“Musabe cyane Nyir’ibisarurwa yohereze abakozi.”​—Luka 10:2

Umurimo Yesu yakoreye muri Yudaya

IBIRIMO

IGICE CYA 66

I Yerusalemu mu Minsi Mikuru y’Ingando

Ni iki cyatumye abari bateze amatwi Yesu batekereza ko yari afite umudayimoni?

IGICE CYA 67

“Nta wundi muntu wigeze avuga nka we”

Abagize urukiko rukuru rw’Abayahudi barwanyije Yesu, ariko umwe yatinyutse kumuvuganira.

IGICE CYA 68

Umwana w’Imana ni “umucyo w’isi”

Yesu yaravuze ati “ukuri ni ko kuzababatura.” Kuzababatura mu biki?

IGICE CYA 69

Ese Aburahamu yari se cyangwa Satani ni we wari se?

Yesu yagaragaje uko wamenya abana nyakuri ba Aburahamu anagaragaza Se uwo ari we.

IGICE CYA 70

Yesu akiza umuntu wavutse atabona

Abigishwa babajije impamvu uwo muntu yavutse atabona. Ese yakoze icyaha? Ese ni ababyeyi be bakoze icyaha? Igihe Yesu yakizaga uwo muntu, abantu babyakiriye mu buryo butandukanye.

IGICE CYA 71

Abafarisayo barwanya umuntu wahoze atabona

Ibitekerezo bihuje n’ubwenge by’umuntu wahoze atabona byarakaje Abafarisayo. Nk’uko ababyeyi be babitinyaga, Abafarisayo bamwirukanye mu isinagogi.

IGICE CYA 72

Yesu yohereza abigishwa 70 kubwiriza

Igihe Yesu yari muri Yudaya, yohereje abigishwa 70, ababwira ko babwiriza iby’Ubwami bw’Imana. Ni he bari kubwiriza​—⁠ese ni mu masinagogi cyangwa ni mu ngo z’abantu?

IGICE CYA 73

Umusamariya mwiza

Yesu yakoresheje ate umugani w’Umusamariya mwiza kugira ngo yigishe isomo ry’ingenzi?

IGICE CYA 74

Amasomo ku bihereranye no kwakira abashyitsi no gusenga

Yesu yari yasuye Mariya na Marita. Ni iki yigishije ku birebana no kwakira abashyitsi? Kandi se ni mu buhe buryo nyuma yaho yigishije abigishwa be ibyo bagomba gusaba mu isengesho?

IGICE CYA 75

Yesu agaragaza aho ibyishimo bituruka

Yesu yabwiye abamunengaga iby’“urutoki rw’Imana” n’ukuntu “Ubwami bw’Imana bwabaguye gitumo.” Nanone yagaragaje uko abantu babona ibyishimo nyakuri.

IGICE CYA 76

Yesu asangira n’Umufarisayo

Yesu yashyize ahabona uburyarya bw’Abafarisayo n’abanditsi. Ni iyihe mitwaro iremereye bikorezaga abantu?

IGICE CYA 77

Yesu atanga inama ku bihereranye n’ubutunzi

Yesu yaciye umugani w’umugabo w’umukire wubatse ibigega binini. Ni iyihe nama yasubiyemo igaragaza akaga ko kwiruka inyuma y’ubutunzi?

IGICE CYA 78

Muhore mwiteguye, igisonga cyizerwa

Yesu yagaragaje ko yari ahangayikishijwe n’imibereho myiza yo mu buryo bw’umwuka y’abigishwa be. Igisonga cyari kugira uruhe ruhare mu mibereho yabo myiza yo mu buryo bw’umwuka? Kuki inama yo guhora cyiteguye ari iy’ingenzi cyane?

IGICE CYA 79

Impamvu irimbuka ryari ribategereje

Yesu yavuze ko abantu yarimo agerageza gufasha bashoboraga kurimbuka iyo batihana. Ese bari kwemera isomo ry’ingenzi Yesu yageregezaga kubigisha ku birebana n’uko Imana yababonaga?

IGICE CYA 80

Umwungeri mwiza n’ingo z’intama

Ubucuti buba hagati y’umwungeri n’intama bugaragaza neza uko Yesu afata abigishwa be. Ese bazemera inyigisho ze kandi bakurikize ubuyobozi bwe?

IGICE CYA 81

Ni umwe na Se ariko si Imana

Bamwe mu banengaga Yesu bamushinjaga ko yigereranyaga n’Imana. Ni mu buhe buryo yanyomoje ibyo birego byabo by’ibinyoma abigiranye ubwenge?