Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

ISOMO RYA 64

Daniyeli mu rwobo rw’intare

Daniyeli mu rwobo rw’intare

Undi mwami wategetse Babuloni ni Dariyo w’Umumedi. Dariyo yabonye ko Daniyeli yari umuntu udasanzwe. Ibyo byatumye agira Daniyeli umutware wayoboraga abandi batware. Abo batware bagiriye Daniyeli ishyari bashaka kumwicisha. Bari bazi ko Daniyeli asenga Yehova incuro eshatu ku munsi. Bityo babwiye Umwami Dariyo bati “mwami, hashyirweho itegeko rivuga ko umuntu wese agomba gusenga wowe wenyine. Utazumvira iryo tegeko azajugunywe mu rwobo rw’intare.” Dariyo yemeye ibyo bamubwiye maze ashyiraho iryo tegeko.

Daniyeli akimara kumva iryo tegeko, yagiye iwe apfukama imbere y’idirishya ryari rikinguye, asenga Yehova. Ba bagabo babonye asenga bahita bajya kubwira Dariyo bati “Daniyeli aragusuzugura. Asenga Imana ye gatatu ku munsi.” Dariyo yakundaga Daniyeli kandi ntiyifuzaga ko apfa. Yirije umunsi wose atekereza icyo yakora ngo amukize. Ariko n’umwami ntiyashoboraga guhindura itegeko yamaze gushyiraho umukono. Yabuze uko abigenza, ategeka ko bajya kujugunya Daniyeli mu rwobo rw’intare.

Muri iryo joro, Dariyo yabuze ibitotsi kubera ko yari ahangayikiye Daniyeli. Yarazindutse ajya kuri rwa rwobo, ahamagara Daniyeli ati “ese Imana yawe yabashije kugukiza?”

Dariyo yumvise ijwi. Iryo jwi ryari irya Daniyeli. Yabwiye Dariyo ati “Yehova yohereje umumarayika abumba iminwa y’intare. Nta cyo zantwaye.” Dariyo yarishimye cyane, ategeka ko bavana Daniyeli mu rwobo rw’intare. Daniyeli yavuyemo nta n’igikomere afite. Nuko umwami arategeka ati “abo bagabo bamureze, abe ari bo mujugunya mu rwobo rw’intare.” Babajugunyemo, intare zibasamira hejuru zirabatanyaguza.

Dariyo yategetse abaturage be bose ati “abantu bose bagomba gutinya Imana ya Daniyeli kuko yamukijije intare.”

Ese nawe usenga Yehova buri munsi, nk’uko Daniyeli yabigenzaga?

“Yehova azi gukiza abantu biyeguriye Imana ibibagerageza.”​—2 Petero 2:9