Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

ISOMO RYA 90

Yesu apfira i Gologota

Yesu apfira i Gologota

Abakuru b’abatambyi bajyanye Yesu kwa guverineri. Pilato yarababajije ati “ni iki murega uyu muntu?” Baramushubije bati “avuga ko ari umwami!” Pilato yabajije Yesu ati “ese koko uri Umwami w’Abayahudi?” Yesu yaramushubije ati “Ubwami bwanjye si ubw’iyi si.”

Hanyuma Pilato yohereje Yesu kwa Herode wategekaga i Galilaya, kugira ngo arebe niba hari icyaha kimuhama. Herode na we yasanze nta cyaha kimuhama, amugarura kwa Pilato. Nuko Pilato abwira abari bamuzanye ati “jye na Herode twasanze nta cyaha uyu muntu yakoze. Ngiye kumurekura.” Ariko abo bantu batera hejuru bati “mwice! Mwice!” Abasirikare bakubise Yesu ibiboko, bamucira mu maso kandi bamukubita inshyi. Bamwambitse ikamba ry’amahwa maze bamubwira bamushinyagurira bati “gira amahoro Mwami w’Abayahudi.” Pilato yarongeye abwira abantu ati “nasanze uyu muntu nta cyaha afite.” Ariko bakomeje gusakuza bati “mumanike!” Nuko Pilato aramubaha ngo bamwice.

Bajyanye Yesu ahantu hitwa i Gologota, bamushyira ku giti, bamutera imisumari maze baragishinga. Yesu yarasenze ati “Data, bababarire kuko batazi icyo bakora.” Abantu bashinyaguriraga Yesu bakamubwira bati “niba koko uri Umwana w’Imana, ngaho ikize, wimanure kuri icyo giti.”

Umwe mu bagizi ba nabi wari umanitse iruhande rwa Yesu, yaramubwiye ati “nugera mu Bwami bwawe, uzanyibuke.” Yesu yaramushubije ati “uzabana nanjye muri Paradizo.” Nyuma ya saa sita, habaye umwijima umara amasaha atatu. Hari abigishwa bagumye iruhande rw’icyo giti. Muri bo harimo na Mariya nyina wa Yesu. Yesu yabwiye Yohana ngo azite kuri Mariya nka nyina.

Yesu yaravuze ati “birasohoye!” Amaze kuvuga atyo yubika umutwe, ashiramo umwuka. Muri ako kanya habaye umutingito ukomeye. Umwenda watandukanyaga Ahera n’Ahera Cyane mu rusengero na wo wahise utabukamo kabiri. Umusirikare mukuru wari hafi aho yaravuze ati “rwose, uyu yari Umwana w’Imana.”

“Uko amasezerano y’Imana yaba menshi kose, yabaye Yego binyuze kuri we.”​—2 Abakorinto 1:20