Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Umutwe wa 2

Umutwe wa 2

Kuki Yehova yateje umwuzure ukarimbura isi? Kuva abantu batangira kubaho, habayeho intambara. Ni intambara iri hagati y’icyiza n’ikibi. Abantu bamwe, urugero nka Adamu, Eva n’umwana wabo Kayini, bahisemo gukora ibibi. Abandi bake, urugero nka Abeli na Nowa, bahisemo gukora ibyiza. Abantu babaye babi cyane, ku buryo Yehova yarimbuye abantu bose babi bariho icyo gihe. Uyu mutwe uzadufasha kumenya ko Yehova abona ibyo duhitamo kandi ko atazemera ko ikibi kinesha icyiza.

IBIRIMO

Adamu na Eva basuzuguye Imana

Kuki igiti kimwe cyo mu busitani bwa Edeni cyari cyihariye?

Yararakaye yica umuntu

Imana yemeye ituro rya Abeli ariko ntiyishimira irya Kayini. Kayini yararakaye cyane, akora ikintu giteye ubwoba.

Inkuge ya Nowa

Abamarayika bashatse abagore, babyara abana bari bafite imbaraga zidasanzwe. Isi yari yuzuye urugomo. Nowa we yari atandukanye na bo. Yakundaga Imana kandi akayubaha.

Abantu umunani bararokotse binjira mu isi nshya

Imvura yaguye iminsi 40 n’amajoro 40 iteza Umwuzure. Nowa n’umuryango we bamaze mu nkuge umwaka urenga. Amaherezo, Imana yarababwiye ngo basohoke.