Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Umutwe wa 10

Umutwe wa 10

Yehova ni Umwami utegeka byose. Uhereye iteka ryose ukageza iteka ryose, ni we mugenga wa byose. Yakuye Yeremiya mu rwobo, akiza Shadaraki, Meshaki na Abedenego, abavana mu itanura ry’umuriro, kandi akiza Daniyeli akanwa k’intare. Nanone yarinze Esiteri kugira ngo arokore ubwoko bwe. Yehova ntazemera ko ibibi bikomeza kubaho iteka ryose. Ubuhanuzi buvuga iby’igishushanyo kinini n’igiti cy’inganzamarumbo, butwizeza ko vuba aha Ubwami bwa Yehova buzakuraho ibibi byose bugategeka isi.

IBIRIMO

Yehova atuma Yeremiya kubwiriza

Ibyo uwo muhanuzi wari ukiri muto yabwiye abakuru b’i Buyuda byatumye barakara cyane.

Yerusalemu irimbuka

Abantu b’i Buyuda basengaga ibigirwamana bituma Yehova abata.

Abasore bane bumviye Yehova

Abayahudi bakiri bato biyemeje kubera Yehova indahemuka n’igihe bari ibwami i Babuloni.

Ubwami buzahoraho iteka

Daniyeli asobanura icyo izo nzozi zidasanzwe zisobanura.

Banze kunamira igishushanyo

Shadaraki, Meshaki na Abedenego banze kunamira igishushanyo cya zahabu Nebukadinezari yari yakoze.

Ubwami bumeze nk’igiti kinini

Inzozi za Nebukadinezari zahanuraga ibizamubaho.

Inyandiko yo ku rukuta

Ni ryari iyo nyandiko y’amayobera yabonetse, kandi se isobanura iki?

Daniyeli mu rwobo rw’intare

Jya usenga buri munsi nk’uko Daniyeli yabigenzaga!

Esiteri akiza ubwoko bwe

Nubwo yari umunyamahanga akaba n’imfubyi, yaje kuba umwamikazi.

Ezira yigishaga Amategeko y’Imana

Abisirayeli bamaze kumva Ezira, bagiranye n’Imana isezerano ryihariye.

Inkuta za Yerusalemu

Nehemiya yamenye ko abanzi be bashakaga kumurwanya. Kuki atagize ubwoba?