Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Abagenzuzi

Abagenzuzi

Ni ibihe bintu umuntu asabwa kuzuza mu buryo bushyize mu gaciro kugira ngo abe umusaza w’itorero?

1Tm 3:1-7; Tito 1:5-9; Yak 3:17, 18; 1Pt 5:2, 3

Ni ibihe bintu bindi abasaza b’itorero bashobora kuberamo urugero rwiza abandi?

Mat 28:19, 20; Gal 5:22, 23; 6:1; Efe 5:28; 6:4; 1Tm 4:15; 2Tm 1:14; Tito 2:12, 14; Heb 10:24, 25; 1Pt 3:13

Ni ibihe bintu umuntu asabwa kuzuza mu buryo bushyize mu gaciro kugira ngo abe umukozi w’itorero?

1Tm 3:8-10, 12, 13

Reba nanone: Gal 6:10; 1Tm 4:15; Tito 2:2, 6-8

Ni gute umwuka wera ugira uruhare mu gushyiraho abagenzuzi?

Ibk 20:28

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • Ibk 13:2-5; 14:23​—Igihe Pawulo na Barinaba bari abagenzuzi bahaye inshingano abavandimwe bari bujuje ibisabwa bo mu matorero atandukanye; no muri iki gihe abagenzuzi b’uturere, basaba umwuka wera kandi bakifashisha Ibyanditswe kugira ngo barebe ko umuvandimwe yujuje ibisabwa kugira ngo ahabwe inshingano

    • Tito 1:1, 5​—Tito yahawe inshingano yo gusura amatorero no gushyiraho abasaza muri ayo matorero

Itorero ni irya nde, kandi se yariguze iki?

Ibk 20:28; 1Pt 5:2

Kuki Bibiliya ivuga ko abagenzuzi ari nk’abakozi cyangwa abagaragu?

Kuki abagenzuzi bagomba gukomeza kwicisha bugufi?

Flp 1:1; 2:5-8; 1Ts 2:6-8; 1Pt 5:1-3, 5, 6

  • Urugero rwo muri Bibiliya:

    • Ibk 20:17, 31-38​—Intumwa Pawulo yarebeye hamwe n’abasaza bo muri Efeso ibirebana n’umurimo yari amaze imyaka akora kandi bamushimiye urukundo yagaragazaga

Abagenzuzi bakira bate amabwiriza aba avuye ku “mugaragu wizerwa kandi w’umunyabwenge”?

Ni ubuhe buryo bwiza abasaza bakoresha bigisha abandi?

1Tm 4:12; 1Pt 5:2, 3

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • Neh 5:14-16​—Guverineri Nehemiya ntiyigeze akoresha nabi ububasha yari afite ku bagize ubwoko bw’Imana, nta nubwo yabasabye ibyo yari afitiye uburenganzira, bitewe ni uko yatinyaga Imana kandi akayubaha

    • Yoh 13:12-15​—Yesu yigishije abigishwa be binyuriye ku rugero yabahaga rwo kwicisha bugufi

Ni gute umwungeri w’Umukristo yagaragariza urukundo buri wese mu bagize itorero ku giti cye?

Mat 18:12-14; Yoh 17:12; Ibk 20:17, 18, 35; 1Ts 2:7-12

Ni gute abasaza bafasha abantu barwaye mu buryo bw’umwuka?

Gal 6:1; Yak 5:14, 15

Ni iyihe nshingano abasaza baba bafite mu gihe bigisha?

1Tm 1:3-7; 2Tm 2:16-18; Tito 1:9

Reba nanone: 2Kor 11:2-4

Kuki abasaza bagomba gukora uko bashoboye kugira ngo itorero rikomeze kuba iryera?

1Kor 5:1-5, 12, 13; Yak 3:17; Yuda 3, 4; Ibh 2:18, 20

Reba nanone: 1Tm 5:1, 2, 22

Ni iyihe myitozo abasaza bagiramo uruhare?

2Tm 2:1, 2

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • Mat 10:5-20​—Yesu yabanje gutoza intumwa ze 12 mbere y’uko azohereza ngo zijye kubwiriza

    • Luka 10:1-11​—Mbere y’uko Yesu yohereza abigishwa be 70 mu murimo wo kubwiriza, yabanje kubaha amabwiriza yumvikana neza

Ni iki cyafasha abasaza gusohoza inshingano nyinshi baba bafite?

1Pt 5:1, 7

Reba nanone: Img 3:5, 6

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • 1Bm 3:9-12​—Umwami Salomo yasenze Yehova amusaba ubushishozi n’ubwenge kugira ngo acire imanza ubwoko bwe

    • 2Ng 19:4-7​—Umwami Yehoshafati yashyizeho abacamanza mu mijyi y’u Buyuda, maze abibutsa ko Yehova azabana na bo mu gihe bari gusohoza neza iyo nshingano y’ingenzi

Abagize itorero bagombye kubona bate abagenzuzi b’indahemuka?

1Ts 5:12, 13; 1Tm 5:17; Heb 13:7, 17

Reba nanone: Efe 4:8, 11, 12

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • Ibk 20:37​—Abasaza bo muri Efeso ntibigeze bifata ngo bareke kwereka Pawulo ko bamukunda

    • Ibk 28:14-16​—Igihe intumwa Pawulo yajyaga i Roma, abavandimwe bo muri uwo mujyi bakoze urugendo rw’ibirometero 65 kugira ngo bahurire na we ku Isoko rya Apiyo, kandi ibyo byamuteye inkunga cyane