Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Ibitotezo

Ibitotezo

Kuki Abakristo bagombye kwitega ko bazatotezwa?

Mat 10:22; Yoh 15:19-21; 16:2, 3; 2Tm 3:12

Kuki twagombye gusenga Yehova tumusaba ko yadufasha mu gihe duhanganye n’ibitotezo?

Zab 55:22; 2Kor 12:9, 10; 2Tm 4:16-18; Heb 13:6

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • 1Bm 19:1-18​—Igihe umuhanuzi Eliya yahuraga n’ibitotezo yasenze Yehova amubwira ibyari bimuri ku mutima, bityo aramuhumuriza kandi amutera inkunga

    • Ibk 7:9-15​—Yozefu yatotejwe n’abavandimwe be, ariko Yehova yakomeje kumuba hafi, aramurokora kandi aramukoresha kugira ngo arokore umuryango we

Ni ibihe bitotezo dushobora guhura na byo?

Kubwirwa amagambo mabi

2Ng 36:16; Mat 5:11; Ibk 19:9; 1Pt 4:4

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • 2Bm 18:17-35​—Rabushake wari umuvugizi w’umwami wa Ashuri, yatutse Yehova n’abaturage b’i Yerusalemu

    • Luka 22:63-65; 23:35-37​—Abantu batotezaga Yesu baramututse igihe bari bamaze kumufata n’igihe yari ku giti cy’umubabaro

Kurwanywa n’abagize umuryango

Gufatwa no kujyanwa imbere y’abategetsi

Gukubitwa

Mat 27:29, 30; Yoh 19:1; Ibk 5:40; 16:22, 23; 2Kr 11:23-25

Kwibasirwa n’agatsiko k’abantu babi

Kwicwa

Abakristo bagombye kwitwara bate mu gihe batotezwa?

Mat 5:44; Ibk 16:25; 1Kr 4:12, 13; 1Pt 2:23

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • Ibk 7:57–8:1​—Igihe umwigishwa Sitefano yari agiye kwicwa n’agatsiko k’abantu babi harimo na Sawuli w’i Taruso, yasabye Imana ko yabababarira

    • Ibk 16:22-34​—Nubwo intumwa Pawulo yakubiswe kandi agafungwa, yagaragarije ineza umucungagereza kandi ibyo byatumye we n’abo mu rugo rwe bizera

Byagendekeye bite bamwe mu Bakristo bo mu kinyejana cya mbere?

Twagombye kubona dute ibitotezo?

Ibk 5:41; Flp 1:27-29; Heb 11:24-26

Ni gute ibyiringiro by’igihe kizaza bidukomeza mu gihe cy’ibitotezo?

Mat 10:28, 29; Heb 11:35-40

Reba nanone: Flp 3:8, 10, 11; Ibh 2:10

Kuki tutagira ubwoba, ngo ducike intege cyangwa ngo tugire isoni bitewe n’ibitotezo, kandi se kuki dukomeza gukorera Yehova?

Zab 56:1-4; Ibk 4:18-20; 2Tm 1:8, 12

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • 2Ng 32:1-22​—Igihe Umwami Hezekiya yibasirwaga n’ingabo zari zikomeye z’Umwami Senakeribu, yishingikirije kuri Yehova, ahumuriza abaturage kandi ibyo byatumye abona imigisha myinshi

    • Heb 12:1-3​—Abatotezaga Yesu bashatse kumukoza isoni, ariko ibyo ntiyabyitayeho, ahubwo yirinze ikintu icyo ari cyo cyose cyamuca intege

Ni ibihe bintu byiza dushobora kugeraho bitewe n’ibitotezo?

Iyo twihanganiye ibigeragezo bishimisha Yehova kandi bigahesha ikuzo izina rye

1Pt 2:19, 20; 4:12-16

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • Yobu 1:6-22; 2:1-10​—Igihe Yobu yahuraga n’ibigeragezo ntiyigeze yihakana Yehova nubwo atari azi ko Satani ari we ubiri inyuma, kandi ibyo byahesheje Imana icyubahiro, binagaragaza ko Satani ari umubeshyi

    • Dan 1:6, 7; 3:8-30​—Hananiya, Mishayeli na Azariya (Shadaraki, Meshaki na Abedenego) bari biteguye gupfa urupfu rubabaje aho gukora ibyo Yehova yanga, kandi ibyo byatumye Umwami w’umupagani Nebukadinezari asingiza Yehova mu ruhame

Ibitotezo bishobora gutuma tubona uburyo bwo kubwiriza

Luka 21:12, 13; Ibk 8:1, 4

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • Ibk 11:19-21​—Igihe Abakristo batatanaga bitewe n’ibitotezo, bakomeje kubwiriza bituma ubutumwa bugera henshi

    • Flp 1:12, 13​—Intumwa Pawulo yishimiye ko gufungwa kwe kwatumye ubutumwa bwiza burushaho gukwirakwira

Kwihanganira ibitotezo bishobora gukomeza abo duhuje ukwizera

Flp 1:14; 2Ts 1:4

Ni uruhe ruhare abayobozi b’amadini n’abo mu rwego rwa politike bagira mu gutoteza abagaragu b’Imana?

Yer 26:11; Mar 3:6; Yoh 11:47, 48, 53; Ibk 25:1-3

  • Ingero zo muri Bibiliya:

    • Ibk 19:24-29​—Abantu bakoraga udushusho tw’urusengero rwa Arutemi, babonaga ko ibyo Abakristo bigishaga byabangamiraga inyungu babonaga, bituma babatoteza

    • Gal 1:13, 14​—Mbere y’uko Pawulo (Sawuli) aba Umukristo yatoteje itorero rya gikristo bitewe n’ishyaka ryinshi yari afitiye idini ry’Abayahudi

Ni nde uba ari inyuma y’ibitotezo bigera ku bagaragu ba Yehova?

1Pt 5:8; Ibh 12:17