Yesu ni inzira, ukuri n’ubuzima

Soma muri iki gitabo buri kintu cyose cyabaye mu buzima bwa Yesu, cyanditse muri Bibiliya.

IJAMBO RY’IBANZE

Inzira, ukuri n’ubuzima

Inyigisho n’ibikorwa bya Yesu bivugwa mu Mavanjiri, bishobora guhindura ubuzima bwawe.

IGICE CYA 1

Ubutumwa bubiri bwaturutse ku Mana

Marayika Gaburiyeli yatanze ubutumwa bwari bugoye kwemera.

IGICE CYA 2

Yesu yahawe icyubahiro mbere y’uko avuka

Elizabeti n’umwana yari atwite bahaye Yesu icyubahiro bate?

IGICE CYA 3

Uwagombaga gutegura inzira avuka

Zekariya akimara gusubirana mu buryo bw’igitangaza ubushobozi bwo kuvuga, yavuze ubuhanuzi bw’ingenzi.

IGICE CYA 4

Mariya yari atwite kandi atarashyingirwa

Ese igihe Mariya yabwiraga Yozefu ko yari atwite biturutse ku mwuka wera ko iyo nda atayitewe n’undi muntu, Yozefu yarabyemeye?

IGICE CYA 5

Yesu yavutse ryari kandi se yavukiye he?

Tuzi dute ko Yesu atavutse ku itariki ya 25 Ukuboza?

IGICE CYA 6

Umwana wari warasezeranyijwe

Igihe Yozefu na Mariya bazanaga Yesu mu rusengero, Abisirayeli babiri bari bageze mu za bukuru bahanuye ibyari kuzaba kuri Yesu.

IGICE CYA 7

Abaragurisha inyenyeri basura Yesu

Kuki inyenyeri babonye bari i Burasirazuba itahise ibajyana aho Yesu yari ari, ahubwo ikabajyana ku Mwami Herode washakaga kumwica?

IGICE CYA 8

Bahunga umutegetsi w’umugome

Ubuhanuzi butatu bwa Bibiliya bufitanye isano na Mesiya bwasohoreye kuri Yesu akiri muto

IGICE CYA 9

Yesu akurira i Nazareti

Yesu yari afite abavandimwe na bashiki be bangahe?

IGICE CYA 10

Umuryango wa Yesu ujya i Yerusalemu

Yozefu na Mariya bataye umutwe igihe bashakishaga Yesu bakamubura, mu gihe we yatangajwe no kuba batari bazi aho bari guhita bamushakira.

IGICE CYA 11

Yohana Umubatiza ategura inzira

Igihe Abafarisayo n’Abasadukayo bazaga aho Yohana yabatirizaga, yabaciriyeho iteka. Byatewe n’iki?

IGICE CYA 12

Yesu abatizwa

Kuki Yesu yasabye ko abatizwa kandi atarigeze akora icyaha?

IGICE CYA 13

Tuvane isomo ku kuntu Yesu yitwaye mu bigeragezo

Ibigeragezo byageze kuri Yesu bigaragaza ibintu bibiri by’ingenzi ku byerekeye Satani.

IGICE CYA 14

Yesu atangira gushaka abigishwa

Ni iki cyatumye abigishwa batandatu ba mbere ba Yesu bemera badashidikanya ko babonye Mesiya?

IGICE CYA 15

Akora igitangaza cya mbere

Yesu yeretse nyina ko ubu atarimo ayoborwa na we ko ahubwo arimo ayoborwa na Se wo mu ijuru.

IGICE CYA 16

Yesu arwanira ishyaka ugusenga k’ukuri

Ko Amategeko y’Imana yemereraga abantu kugurira muri Yerusalemu amatungo yo gutambaho ibitambo, kuki Yesu yarakariye abacuruzi bari mu rusengero?

IGICE CYA 17

Yesu yigisha Nikodemu nijoro

“Kongera kubyarwa” bisobanura iki?

IGICE CYA 18

Yesu agomba gukuzwa, Yohana agacishwa bugufi

Abigishwa ba Yohana Umubatiza bagize ishyari, ariko Yohana we ntiyarigize.

IGICE CYA 19

Yigisha Umusamariyakazi

Yesu yamubwiye ikintu uko bigaragara yari atarabwira undi muntu uwo ari we wese.

IGICE CYA 20

Igitangaza cya kabiri Yesu yakoreye i Kana

Yesu yakijije umwana ari mu birometero 26.

IGICE CYA 21

Mu isinagogi y’i Nazareti

Ni iki Yesu yavuze kigatuma abantu bo mu mugi w’iwabo bashaka kumwica?

IGICE CYA 22

Abigishwa bane baba abarobyi b’abantu

Yabasabye kureka uburobyi bakoraga bagatangira uburobyi bw’ubundi bwoko.

IGICE CYA 23

Yesu akorera ibitangaza i Kaperinawumu

Igihe Yesu yirukanaga abadayimoni, yababujije kubwira abantu ko ari Umwana w’Imana. Kubera iki?

IGICE CYA 24

Yesu yagurira umurimo muri Galilaya

Abantu basanze Yesu kugira ngo abakize indwara, ariko Yesu yasobanuye ko umurimo we wari ufite indi ntego ikomeye kurushaho.

IGICE CYA 25

Yagiriye impuhwe umubembe aramukiza

Yesu yagaragaje ko yita by’ukuri ku bo yakizaga, akoresheje amagambo yoroheje ariko afite imbaraga.

IGICE CYA 26

“Ibyaha byawe urabibabariwe”

Ni irihe sano Yesu yashyize hagati y’icyaha n’indwara?

IGICE CYA 27

Matayo ahamagarwa

Kuki Yesu yasangiye n’abanyabyaha?

IGICE CYA 28

Kuki abigishwa ba Yesu batiyiriza ubusa?

Yesu yakoresheje urugero rw’imifuka y’impu kugira ngo abasubize.

IGICE CYA 29

Ese umuntu ashobora gukora imirimo myiza ku Isabato?

Kuki Abayahudi batoteje Yesu bamuziza ko yakijije umuntu wari umaze imyaka 38 arwaye?

IGICE CYA 30

Imishyikirano Yesu afitanye na Se

Abayahudi batekerezaga ko Yesu yigereranyaga n’Imana, ariko Yesu we yagaragaje mu buryo busobanutse neza ko Imana imuruta.

IGICE CYA 31

Baca amahundo ku Isabato

Kuki Yesu yiyise “Umwami w’Isabato”?

IGICE CYA 32

Ni ibihe bintu byemewe n’amategeko ku Isabato?

Ubusanzwe Abasadukayo n’Abafarisayo ntibumvikanaga, ariko bunze ubumwe mu kurwanya Yesu.

IGICE CYA 33

Asohoza ubuhanuzi bwa Yesaya

Kuki Yesu yategekaga abo yabaga yakijije kutabwira abandi uwo ari we cyangwa icyo yakoze?

IGICE CYA 34

Yesu atoranya intumwa cumi n’ebyiri

Intumwa n’abigishwa batandukaniye he?

IGICE CYA 35

Ikibwiriza cyo ku musozi kitazibagirana

Sobanukirwa ingingo z’ingenzi zikubiye mu kibwiriza cya Yesu.

IGICE CYA 36

Umutware w’abasirikare agaragaza ukwizera gukomeye

Ni iki uyu mutware w’abasirikare yakoze cyatangaje Yesu?

IGICE CYA 37

Yesu azura umuhungu w’umupfakazi

Ababonye icyo gitangaza basobanukiwe by’ukuri icyo gisobanura.

IGICE CYA 38

Yohana ashaka kumva ibya Yesu

Kuki Yohana Umubatiza yabajije Yesu niba ari we Mesiya? Ese Yohana yaba yarashidikanyaga?

IGICE CYA 39

Abatitabira ubutumwa bwiza bazabona ishyano

Yesu yavuze ko ku Munsi w’Urubanza, igihugu cy’i Sodomu kizihanganirwa kurusha Kaperinawumu, umugi Yesu yakoreragamo gahunda ze zose.

IGICE CYA 40

Isomo mu bihereranye no kubabarira

Igihe Yesu yabwiraga umugore w’indaya ngo ibyaha bye arabibabariwe, yaba yarashakaga kuvuga ko kwica itegeko ry’Imana nta cyo bitwaye?

IGICE CYA 41

Ni nde wamuhaga imbaraga zo gukora ibitangaza?

Abavandimwe ba Yesu batekereje ko yataye umutwe.

IGICE CYA 42

Yesu acyaha Abafarisayo

“Ikimenyetso cy’umuhanuzi Yona” ni ikihe?

IGICE CYA 43

Imigani ivuga iby’Ubwami

Yesu yaciye imigani umunani kugira ngo asobanure ibintu biranga Ubwami bwo mu ijuru.

IGICE CYA 44

Yesu acubya umuhengeri

Igihe Yesu yacubyaga umuyaga n’imiraba, yigishije isomo ry’ingenzi rirebana n’uko ubuzima buzaba bumeze mu gihe cy’ubutegetsi bw’Ubwami bwe.

IGICE CYA 45

Yirukana abadayimoni benshi

Ese umuntu ashobora guterwa n’abadayimoni barenze umwe?

IGICE CYA 46

Yakijijwe no gukora ku mwenda wa Yesu

Yesu yagaragaje imbaraga ze n’impuhwe muri iyi nkuru ikora ku mutima.

IGICE CYA 47

Akana k’Agakobwa Kongera Kuba Kazima

Abantu basetse Yesu baramukwena igihe yavugaga ngo agakobwa kari kapfuye kari gasinziriye gusa. Ni iki yari azi bo batari bazi?

IGICE CYA 48

Yakoreye ibitangaza i Nazareti ariko ntibamwizeye

Abantu b’i Nazareti banze kwizera Yesu, bidatewe n’inyigisho ze cyangwa ibitangaza yakoraga, ahubwo byatewe n’indi mpamvu.

IGICE CYA 49

Abwiriza muri Galilaya kandi agatoza intumwa ze

Amagambo ngo “ubwami bwo mu ijuru buregereje” mu by’ukuri asobanura iki?

IGICE CYA 50

Bategurirwa kubwiriza nubwo bari gutotezwa

Kuki Yesu yabwiye intumwa ze ngo nibazitoteza zizahunge kandi zitagomba gutinya urupfu?

IGICE CYA 51

Ubwicanyi mu birori byo kwizihiza umunsi w’amavuko

Salome yarabyinnye ashimisha Herode, ku buryo yamusezeranyije kumuha icyo amusaba cyose. Ni ikihe kintu giteye ubwoba yasabye?

IGICE CYA 52

Agaburira abantu babarirwa mu bihumbi imigati mike n’amafi make

Igitangaza cya Yesu cyari gishishikaje cyane ku buryo kigaragara mu Mavanjiri yose uko ari ane.

IGICE CYA 53

Umutegetsi ushobora gutegeka ibintu kamere

Ni irihe somo intumwa zize igihe zabonaga Yesu agenda hejuru y’amazi kandi agacyaha umuyaga?

IGICE CYA 54

Yesu ni ‘umugati utanga ubuzima’

Kuki Yesu yacyashye abantu nubwo bari bashyizeho imihati bamusanga?

IGICE CYA 55

Amagambo ya Yesu yarakaje benshi

Hari ikintu Yesu yigishije cyababaje abantu cyane ku buryo abenshi mu bigishwa be baretse kumukurikira.

IGICE CYA 56

Ni iki mu by’ukuri gihumanya umuntu?

Ese ni icyinjira mu kanwa, cyangwa ni ibisohokamo?

IGICE CYA 57

Yesu akiza umukobwa n’umuntu utumva

Kuki uwo mugore atarakaye igihe Yesu yagereranyaga abantu bo mu bwoko bwe n’ibibwana by’imbwa?

IGICE CYA 58

Atubura imigati akabasaba no kwirinda umusemburo

Abigishwa ba Yesu bageze aho basobanukirwa umusemburo yababwiraga.

IGICE CYA 59

Umwana w’umuntu ni nde?

Imfunguzo z’Ubwami ni izihe? Zikoreshwa na nde kandi se azikoresha ate?

IGICE CYA 60

Yesu ahindura isura​—Iyerekwa rya Kristo wahawe ikuzo

Yesu ahindura isura​—Iyerekwa rya Kristo wahawe ikuzo

IGICE CYA 61

Yesu akiza umwana w’umuhungu watewe n’umudayimoni

Yesu yavuze ko umwana atakize bitewe n’uko ari nde wabuze ukwizera? Uwo mwana, se cyangwa abigishwa ba Yesu?

IGICE CYA 62

Isomo rikomeye ryo kwicisha bugufi

Abantu bakuru bigiye ku mwana muto ikintu cy’ingenzi.

IGICE CYA 63

Yesu atanga inama ku bihereranye n’icyaha no kubera abandi igisitaza

Yasobanuye intambwe eshatu zaterwa kugira ngo ibibazo byavutse hagati y’abavandimwe bikemuke.

IGICE CYA 64

Akamaro ko kubabarira

Yesu yakoresheje umugani w’umugaragu utaragiraga imbabazi, agaragaza ko Imana ifatana uburemere ubushake tugira bwo kubabarira abandi.

IGICE CYA 65

Yigisha ubwo yari mu nzira ajya i Yerusalemu

Mu biganiro bitatu bigufi Yesu yagiranye n’abantu, yagaragaje imitekerereze ishobora gutuma umuntu atamukurikira.

IGICE CYA 66

I Yerusalemu mu Minsi Mikuru y’Ingando

Ni iki cyatumye abari bateze amatwi Yesu batekereza ko yari afite umudayimoni?

IGICE CYA 67

“Nta wundi muntu wigeze avuga nka we”

Abagize urukiko rukuru rw’Abayahudi barwanyije Yesu, ariko umwe yatinyutse kumuvuganira.

IGICE CYA 68

Umwana w’Imana ni “umucyo w’isi”

Yesu yaravuze ati “ukuri ni ko kuzababatura.” Kuzababatura mu biki?

IGICE CYA 69

Ese Aburahamu yari se cyangwa Satani ni we wari se?

Yesu yagaragaje uko wamenya abana nyakuri ba Aburahamu anagaragaza Se uwo ari we.

IGICE CYA 70

Yesu akiza umuntu wavutse atabona

Abigishwa babajije impamvu uwo muntu yavutse atabona. Ese yakoze icyaha? Ese ni ababyeyi be bakoze icyaha? Igihe Yesu yakizaga uwo muntu, abantu babyakiriye mu buryo butandukanye.

IGICE CYA 71

Abafarisayo barwanya umuntu wahoze atabona

Ibitekerezo bihuje n’ubwenge by’umuntu wahoze atabona byarakaje Abafarisayo. Nk’uko ababyeyi be babitinyaga, Abafarisayo bamwirukanye mu isinagogi.

IGICE CYA 72

Yesu yohereza abigishwa 70 kubwiriza

Igihe Yesu yari muri Yudaya, yohereje abigishwa 70, ababwira ko babwiriza iby’Ubwami bw’Imana. Ni he bari kubwiriza​—⁠ese ni mu masinagogi cyangwa ni mu ngo z’abantu?

IGICE CYA 73

Umusamariya mwiza

Yesu yakoresheje ate umugani w’Umusamariya mwiza kugira ngo yigishe isomo ry’ingenzi?

IGICE CYA 74

Amasomo ku bihereranye no kwakira abashyitsi no gusenga

Yesu yari yasuye Mariya na Marita. Ni iki yigishije ku birebana no kwakira abashyitsi? Kandi se ni mu buhe buryo nyuma yaho yigishije abigishwa be ibyo bagomba gusaba mu isengesho?

IGICE CYA 75

Yesu agaragaza aho ibyishimo bituruka

Yesu yabwiye abamunengaga iby’“urutoki rw’Imana” n’ukuntu “Ubwami bw’Imana bwabaguye gitumo.” Nanone yagaragaje uko abantu babona ibyishimo nyakuri.

IGICE CYA 76

Yesu asangira n’Umufarisayo

Yesu yashyize ahabona uburyarya bw’Abafarisayo n’abanditsi. Ni iyihe mitwaro iremereye bikorezaga abantu?

IGICE CYA 77

Yesu atanga inama ku bihereranye n’ubutunzi

Yesu yaciye umugani w’umugabo w’umukire wubatse ibigega binini. Ni iyihe nama yasubiyemo igaragaza akaga ko kwiruka inyuma y’ubutunzi?

IGICE CYA 78

Muhore mwiteguye, igisonga cyizerwa

Yesu yagaragaje ko yari ahangayikishijwe n’imibereho myiza yo mu buryo bw’umwuka y’abigishwa be. Igisonga cyari kugira uruhe ruhare mu mibereho yabo myiza yo mu buryo bw’umwuka? Kuki inama yo guhora cyiteguye ari iy’ingenzi cyane?

IGICE CYA 79

Impamvu irimbuka ryari ribategereje

Yesu yavuze ko abantu yarimo agerageza gufasha bashoboraga kurimbuka iyo batihana. Ese bari kwemera isomo ry’ingenzi Yesu yageregezaga kubigisha ku birebana n’uko Imana yababonaga?

IGICE CYA 80

Umwungeri mwiza n’ingo z’intama

Ubucuti buba hagati y’umwungeri n’intama bugaragaza neza uko Yesu afata abigishwa be. Ese bazemera inyigisho ze kandi bakurikize ubuyobozi bwe?

IGICE CYA 81

Ni umwe na Se ariko si Imana

Bamwe mu banengaga Yesu bamushinjaga ko yigereranyaga n’Imana. Ni mu buhe buryo yanyomoje ibyo birego byabo by’ibinyoma abigiranye ubwenge?

IGICE CYA 82

Yesu akorera umurimo muri Pereya

Yesu yasobanuriye abari bamuteze amatwi icyo bagomba gukora kugira ngo bazabone agakiza. Iyo nama yari ingenzi muri icyo gihe. Bite se muri iki gihe?

IGICE CYA 83

Ni ba nde Imana itumira ku mafunguro?

Igihe Yesu yari yakiriwe n’Umufarisayo, yaciye umugani uvuga iby’ifunguro rya nimugoroba. Yatanze isomo ry’ingenzi ku bagize ubwoko bw’Imana bose. Iryo somo ni irihe?

IGICE CYA 84

Kuba umwigishwa ni inshingano ikomeye

Kuba umwigishwa wa Kristo ni inshingano ikomeye. Yesu yasobanuye neza ibikubiye muri iyo nshingano. Bamwe mu bifuzaga kuba abigishwa be bababajwe n’ibyo yavuze.

IGICE CYA 85

Kwishimira umunyabyaha wihannye

Abafarisayo n’abanditsi banenze Yesu ko yashyikiranaga n’abantu bo muri rubanda rusanzwe. Yesu yabaciriye imigani kugira ngo abereke uko Imana ibona abanyabyaha.

IGICE CYA 86

Umwana wari warazimiye agaruka

Ni irihe somo tuvana ku mugani wa Yesu w’umwana w’ikirara?

IGICE CYA 87

Teganya iby’igihe kiri imbere ubigiranye ubwenge

Yesu yakoresheje umugani w’igisonga cyamunzwe na ruswa cy’igihemu kugira ngo yigishe ukuri gutangaje.

IGICE CYA 88

Imimerere umukire na Lazaro barimo ihinduka

Kugira ngo dusobanukirwe umugani wa Yesu, tugomba kubanza gusobanukirwa icyo abantu babiri b’ibanze bavugwamo bagereranya.

IGICE CYA 89

Yigisha muri Pereya ubwo yari agiye i Yudaya

Yagaragaje umuco ushobora kudufasha kubabarira abadukoshereje, niyo badukosereza incuro nyinshi.

IGICE CYA 90

“Kuzuka n’ubuzima”

Ni iki Yesu yashakaga kuvuga igihe yavugaga ko abamwizera ‘batazigera bapfa’?

IGICE CYA 91

Lazaro azuka

Ibintu bibiri by’ingenzi byaranze icyo gikorwa byatumye abarwanyaga Yesu badashobora guhakana icyo gitangaza.

IGICE CYA 92

Ababembe bakijijwe ari icumi ariko umwe gusa ni we washimiye

Umuntu wakijijwe ntiyashimiye Yesu gusa, ahubwo hari n’undi yashimiye.

IGICE CYA 93

Umwana w’umuntu azahishurwa

Ni mu buhe buryo kuhaba kwa Kristo kuzaba kumeze nk’umurabyo?

IGICE CYA 94

Ibintu bibiri bikenewe cyane​—Isengesho no kwicisha bugufi

Mu mugani w’umucamanza mubi n’umupfakazi, Yesu yatsindagirije akamaro k’umuco wihariye.

IGICE CYA 95

Yigisha ibyo gutana no gukunda abana

Yesu yabonaga abana bato mu buryo butandukanye n’uko abigishwa be bababonaga. Kubera iki?

IGICE CYA 96

Yesu asubiza umutware w’umusore w’umukire

Ni iki cyatumye Yesu avuga ko icyoroshye ari uko ingamiya yanyura mu mwenge w’urushinge kuruta ko umukire yakwinjira mu Bwami bw’Imana?

IGICE CYA 97

Umugani w’abakozi bakoraga mu ruzabibu

Ni mu buhe buryo aba mbere bazaba aba nyuma naho aba nyuma bakaba aba mbere?

IGICE CYA 98

Intumwa zongera gushaka kuba abakomeye

Yakobo na Yohana basabye imyanya y’icyubahiro mu Bwami, kandi si bo bonyine bayishakaga.

IGICE CYA 99

Yesu akiza abagabo batabonaga kandi agafasha Zakayo

Twahuza dute inkuru za Bibiliya zisa naho zivuguruzanya zivuga ibyo ukuntu Yesu yakijije umugabo utabona hafi y’i Yeriko?

IGICE CYA 100

Umugani wa mina icumi

Yesu yashakaga kuvuga iki igihe yagiraga ati “ufite wese azahabwa ibindi byinshi, ariko umuntu wese udafite, n’utwo yari afite bazatumwaka”?

IGICE CYA 101

Simoni amwakira mu nzu ye i Betaniya bagasangira

Mariya mushiki wa Lazaro yakoze ikintu cyatumye havuka impaka. Ariko Yesu yaramuvuganiye.

IGICE CYA 102

Umwami yinjira muri Yerusalemu yicaye ku cyana cy’indogobe

Yashohoje ubuhanuzi bwari bumaze imyaka-magana-atanu-buhanuwe.

IGICE CYA 103

Urusengero rwongera kwezwa

Ko abacuruzi bo muri Yerusalemu bitwaraga nk’abacuruzi bemewe n’amategeko, kuki Yesu yabise abambuzi?

IGICE CYA 104

Abayahudi bumvise ijwi ry’Imana​—Ese bazizera?

Ese hari itandukaniro riri hagati yo kwizera Yesu no kugaragaza ko umwizera?

IGICE CYA 105

Akoresha igiti cy’umutini kugira ngo yigishe isomo ku birebana no kwizera

Yesu yigishije abigishwa be ibirebana no kugira ukwizera gukomeye, anabasobanurira impamvu Imana yanze ishyanga rya Isirayeli.

IGICE CYA 106

Imigani ibiri ivuga iby’uruzabibu

Menya ibisobanuro by’umugani uvuga iby’umuntu wasabye abahungu be kujya gukora mu ruzabibu n’iby’uvuga umuntu wasigiye uruzabibu rwe abahinzi babi.

IGICE CYA 107

Umwami atumira abantu mu bukwe

Umugani wa Yesu ni ubuhanuzi.

IGICE CYA 108

Yesu aburizamo umugambi w’abashakaga kumugusha mu mutego

Yabanje gucecekesha Abafarisayo, hanyuma acecekesha abasadukayo, asoreza ku bamurwanyaga bose bishyize hamwe.

IGICE CYA 109

Yamagana Abayobozi b’idini bamurwanyaga

Kuki Yesu atihanganiye ibintu bitandukanya abantu mu by’idini?

IGICE CYA 110

Umunsi wa nyuma wa Yesu mu rusengero

Yakoresheje urugero rw’umupfakazi w’umukene kugira ngo yigishe isomo ry’ingenzi.

IGICE CYA 111

Intumwa zisaba ikimenyetso

Ubuhanuzi bwe bwagize isohozwa rya mbere mu kinyejana cya mbere. Ese nyuma yaho bwari kugira isohozwa ryagutse kurushaho?

IGICE CYA 112

Isomo mu birebana no kuba maso​—Abakobwa

Ese Yesu yigishije ko kimwe cya kabiri cy’abigishwa be bari kuba abapfapfa naho ikindi kikaba abanyabweinge?

IGICE CYA 113

Isomo mu birebana no kugira umwete​—Italanto

Umugani wa Yesu usobanura amagambo yavuze agira ati “ufite wese azongererwa.”

IGICE CYA 114

Kristo wahawe ubutware acira urubanza intama n’ihene

Yesu yakoresheje umugani ushishikaje asobanura icyo urubanza ruzagira ingaruka z’iteka rushingiraho.

IGICE CYA 115

Pasika ya nyuma Yesu yijihije yari yegereje

Kuki bishishikaje kumenya ko abayobozi b’idini bemeye kwishyura Yuda ibiceri by’ifeza 30 kugira ngo agambanire Yesu?

IGICE CYA 116

Yigisha isomo ryo kwicisha bugufi kuri Pasika ya nyuma

Igihe yakoraga umurimo ukorwa n’umugaragu, byatangaje abigishwa be.

IGICE CYA 117

Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba

Yesu yatangije urwibutso abigishwa be bari kujya bizihiza buri mwaka ku itariki ya 14 Nisani.

IGICE CYA 118

Bajya impaka zo kumenya ukomeye

Intumwa zari zibagiwe isomo Yesu yari yazigishije mbere yaho kuri uwo mugoroba. Yesu yabakosoye yihanganye.

IGICE CYA 119

Yesu ni inzira, ukuri n’ubuzima

Yesu yigisha ukuri kw’ingenzi cyane k’ukuntu umuntu yakwegera Imana.

IGICE CYA 120

Bagomba kuba amashami yera imbuto kandi bakaba incuti za Yesu

Ni mu buhe buryo abigishwa ba Yesu “bakwera imbuto”?

IGICE CYA 121

“Nimukomere! Nanesheje isi”

Ni mu buhe buryo Yesu yanesheje isi kandi isi yaramwishe?

IGICE CYA 122

Isengesho risoza Yesu yavugiye mu cyumba cyo hejuru

Yagaragaje neza ko yashohoje ikintu gikomeye cyane kiruta kuzanira abantu agakiza.

IGICE CYA 123

Asenga igihe yari afite umubabaro mwinshi

Kuki Yesu yasenze avuga ngo: “Undenze iki gikombe”? Ese yaba yarihunzaga inshingano ye yo gupfa agatanga incungu?

IGICE CYA 124

Yesu agambanirwa agafatwa

Yuda ashobora kubona Yesu nubwo ari mu gicuku.

IGICE CYA 125

Yesu ajyanwa kwa Ana, hanyuma akajyanwa kwa Kayafa

Urubanza Yesu yaciriwe ni rwo rubanza rurimo akarengane kuruta izindi zose zabayeho.

IGICE CYA 126

Petero yihakana Yesu kwa Kayafa

Ni gute umuntu nka Petero wari ufite ukwizera kandi ukunda Imana yahise atera Yesu umugongo?

IGICE CYA 127

Aburanishwa n’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kiyahudi, hanyuma akajyanwa kwa Pilato

Abayobozi b’idini b’abayahudi bahishura mu by’ukuri ibyari mu mitima yabo.

IGICE CYA 128

Pilato na Herode babona ko ari umwere

Kuki Pilato yohereje Yesu kwa Herode kugira ngo amucire urubanza? Ese Pilato nta bubasha yari afite bwo gucira urubanza Yesu?

IGICE CYA 129

Pilato atangaza ati “wa muntu nguyu!”

Na Pilato yabonye ko Yesu yagaragaje imico ihebuje.

IGICE CYA 130

Yesu atangwa akajyanwa kwicwa

Kuki Yesu yabwiye abagore bari bishwe n’agahinda ko bakwiririra bakaririra n’abana babo aho kuba ari we baririra?

IGICE CYA 131

Umwami utagira icyaha ababarira ku giti cy’umubabaro

Yesu aha isezerano rihebuje umwe mu bagizi ba nabi bari bamanikanywe na we.

IGICE CYA 132

“Nta gushidikanya, uyu yari umwana w’Imana”

Igitangaza cy’umwijima wabaye ku manywa, umutingito, gucika k’umwenda wo mu rusengero byose bihuriza ku mwanzuro umwe.

IGICE CYA 133

Umurambo wa Yesu utegurwa ugahambwa

Kuki byihutirwaga ko bahamba Yesu mbere yuko izuba rirenga?

IGICE CYA 134

Imva yarimo ubusa, kuko Yesu yari muzima!

Yesu amaze kuzuka yiyeretse umwigishwa we w’igitsina gore aho kwiyereka intumwa ze.

IGICE CYA 135

Yesu wazutse abonekera abantu benshi

Yesu yemeje abigishwa be ate ko yari yazuwe?

IGICE CYA 136

Ku nkombe z’Inyanja ya Galilaya

Incuro eshatu, Petero yibukijwe uko yagaragaza ko akunda Yesu.

IGICE CYA 137

Abantu babarirwa mu magana baramubonye mbere ya Pentekote

Nyuma yo kuzuka kwe na mbere yuko asubira mu ijuru, Yesu yasubiriyemo kenshi abigishwa be icyo bari guhabwa n’uko bari kugikoresha.

IGICE CYA 138

Kristo ari iburyo bw’Imana

Yesu yari kuba akora iki mu gihe ategereje ko igihe kigera akarwanya abanzi be?

IGICE CYA 139

Yesu azahindura isi paradizo kandi arangize inshingano yahawe

Aracyafite byinshi byo gukora mbere yuko ashyikiriza Ubwami Imana ye ari na yo Se.

Kugira ngo wigane Yesu, ugomba . . .

Yesu yagaragaje kenshi imico umunani mu buzima bwe hano ku isi.

Irangiro ry’imirongo

Koresha iri rangiro ubone aho buri murongo wo mu Mavanjiri wasuzumwe muri iki gitabo.

Irangiro ry’ingero (Imigani)

Reba igice buri rugero mu ngero za Yesu rwasuzumwemo muri iki gitabo.

Bumwe mu buhanuzi bwerekeye Mesiya

Huza ibintu byabaye mu buzima bwa Yesu n’ubuhanuzi bwa Bibiliya bigaragaza ko ari Mesiya n’ibice bigaragaramo muri iki gitabo.

Uturere Yesu yabayemo kandi akigishamo

Iyi karita igaragaza uturere Yesu yakoreyemo umurimo we.