Jya wigisha abana bawe

Babyeyi, mujye mukoresha izi nkuru mwigisha abana banyu amasomo yo muri Bibiliya

Iriburiro

Amagambo yo mu gitabo cyo Gutegeka kwa Kabiri ashobora kugufasha kurera abana bawe.

AMASOMO 1

Ibanga twishimira kumenya

Bibiliya ivuga ibanga ryihariye ryitwa “ibanga ryera.” Ese wifuza kumenya byinshi kuri iryo banga?

AMASOMO 2

Rebeka yifuzaga gushimisha Yehova

Twakora iki ngo twigane Rebeka? Soma iyi nkuru kugira ngo urusheho kumumenya.

AMASOMO 3

Rahabu yizeye Yehova

Soma iyi nkuru wumve ukuntu Rahabu n’umuryango we barokotse igihe Yeriko yarimburwaga.

AMASOMO 4

Yashimishije se na Yehova

Ni uwuhe muhigo umukobwa wa Yefuta yahiguye? Twakora iki ngo tumwigane?

AMASOMO 5

Samweli yakomeje gukora ibyiza

Wakwigana ute Samweli ukomeza gukora ibyiza nubwo abandi bantu baba bakora ibibi?

AMASOMO 6

Dawidi ntiyagize ubwoba

Soma iyi nkuru ishishikaje yo muri Bibiliya maze umenye icyatumye agira ubwo butwari.

AMASOMO 7

Ese hari igihe wumva ufite irungu n’ubwoba?

Ni iki Yehova yabwiye Eliya igihe yumvaga ari wenyine? Ibyabaye kuri Eliya bikwigisha iki?

AMASOMO 8

Yosiya yari afite incuti nziza

Bibiliya itubwira ko gukora ibyiza byagoye cyane umwana w’umuhungu witwaga Yosiya. Irebere ukuntu incuti ze zamufashije.

AMASOMO 9

Yeremiya ntiyaretse kuvuga ibyerekeye Yehova

Kuki Yeremiya yakomeje kuvuganira Imana nubwo abantu bamusekaga kandi bakamurakarira?

AMASOMO 10

Buri gihe Yesu yarumviraga

Hari igihe kumvira ababyeyi biba bitoroshye. Reba ukuntu urugero rwa Yesu rushobora kugufasha.

AMASOMO 11

Banditse inkuru zivuga ibya Yesu

Menya abantu umunani banditse Bibiliya babayeho mu gihe kimwe na Yesu kandi bakandika ubuzima bwe.

AMASOMO 12

Mwishywa wa Pawulo yari intwari

Uyu musore ukiri muto yakijije ubuzima bwa nyirarume. Yabigenje ate?

AMASOMO 13

Timoteyo yifuzaga gufasha abantu

Wakora iki kugira ngo ugire ubuzima bushimishije nk’ubwo Timoteyo yagize?

AMASOMO 14

Ubwami buzategeka isi yose

Ibintu bizaba bimeze bite igihe Yesu azaba ategeka isi? Ese wifuza kuzaba uhari?