Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
Ishimire gusoma inkuru 116 zo muri Bibiliya. Ni iz’ukuri, zirumvikana kandi zirimo amafoto meza.
Iriburiro
Inkuru z’ukuri zo mu gitabo k’ingenzi cyane ari cyo Bibiliya, zituma umenya amateka y’isi uhereye ku irema.
IGICE CYA 1
Kuva ku irema kugeza ku mwuzure
INKURU YA 1
Imana itangira kurema ibintu
Inkuru z’irema zivugwa mu Itangiriro zirumvikana kandi zishishikaza n’abana bato.
INKURU YA 2
Ubusitani bwiza cyane
Inkuru yo mu Itangiriro ivuga ko Imana yatunganyije ubusatani bwa Edeni ibugira ahantu hihariye. Imana ishaka ko isi yose imera nk’ubwo busitani bwiza cyane.
INKURU YA 3
Umugabo n’umugore ba mbere
Imana yaremye Adamu na Eva ibatuza mu busitani bwa Edeni. Ni bo bantu ba mbere bashyingiranywe.
INKURU YA 4
Impamvu yatumye batakaza ubuturo bwabo
Igitabo k’Itangiriro kitubwira uko paradizo yatakaye.
INKURU YA 5
Imibereho igoranye itangira
Adamu na Eva bamaze kwirukanwa mu busitani bwa Edeni, bahuye n’ibibazo byinshi. Iyo baza kumvira Imana, bo n’abana babo bari kugira ibyishimo.
INKURU YA 6
Umwana mubi n’umwana mwiza
Inkuru ya Kayini na Abeli ivugwa mu Itangiriro, itwigisha abo twagombye kuba bo n’imyifatire tugomba guhindura amazi atararenga inkombe.
INKURU YA 7
Umugabo w’intwari
Urugero rwa Henoki rugaragaza ko ushobora gukora ibyiza nubwo abagukikije bose baba bakora ibibi.
INKURU YA 8
Abantu banini cyane ku isi
Mu Itangiriro igice cya 6 havuga iby’abantu banini cyane bagiriraga abandi nabi. Bitwaga Abanefili, kandi bari abana b’abamarayika babi bari baravuye mu ijuru baza kuba ku isi nk’abantu.
INKURU YA 9
Nowa yubaka inkuge
Nowa n’umuryango we barokotse Umwuzure bitewe n’uko bumviye Imana nubwo abandi bangaga kumva.
INKURU YA 10
Umwuzure w’isi yose
Abantu basekaga Nowa iyo yababuriraga. Ariko igihe umwuzure wabaga, ntibakomeje kumuseka. Menya uko Nowa yarokokeye mu nkuge, we n’umuryango we n’inyamaswa nyinshi.
INKURU YA 12
Abantu bubaka umunara muremure
Imana yararakaye, itanga igihano kikigira ingaruka ku bantu muri iki gihe.
INKURU YA 13
Aburahamu, incuti y’Imana
Kuki Aburahamu yavuye mu rugo rwe, akajya kuba mu mahema ubuzima bwe bwose?
INKURU YA 14
Imana igerageza ukwizera kwa Aburahamu
Kuki Imana yasabye Aburahamu gutamba umwana we Isaka?
INKURU YA 16
Isaka abona umugore mwiza
Ni iki cyatumye Rebeka aba umugore mwiza cyane? Ese ni uko yari afite uburanga cyangwa hari ikindi cyabiteye?
INKURU YA 17
Abana b’impanga bari batandukanye
Isaka yakundaga Esawu cyane, ariko Rebeka agakunda Yakobo.
INKURU YA 19
Yakobo yari afite umuryango munini
Ese imiryango 12 ya Isirayeli yitiriwe abahungu 12 ba Yakobo?
INKURU YA 21
Yozefu yangwa na bene se
Ni iki gishobora kuba cyaratumye bamwe muri bo bashaka kwica umuvandimwe wabo?
INKURU YA 22
Yozefu mu nzu y’imbohe
Ntiyafunzwe azira ko yarenze ku itegeko, ahubwo yazize ko yakoze ibikwiriye.
INKURU YA 24
Yozefu agerageza bene se
Twabwirwa n’iki ko batari bakimeze nka mbere bamugurisha ngo age kuba umucakara?
INKURU YA 25
Umuryango wa Yakobo wimukira mu Misiri
Ni iki cyatumye abari bagize umuryango wa Yakobo bitwa Abisirayeli aho kwitwa Abayakobo?
INKURU YA 26
Yobu ni indahemuka ku Mana
Yobu yatakaje ibye byose n’abana be kandi ararwara. Ese Imana yarimo imuhana?
INKURU YA 27
Umwami mubi ategeka Misiri
Ni iki cyatumye ategeka abantu be kwica abana b’abahungu b’Abisirayeli bose?
INKURU YA 28
Uko Mose yarokowe
Nyina wa Mose yashatse uko yamukiza kuko itegeko ryavugaga ko abana b’abahungu bose b’Abisirayeli bagombaga kwicwa.
INKURU YA 29
Mose ahunga
Igihe Mose yari afite imyaka 40 yumvaga ko yari yiteguye gukiza Abisirayeli, ariko si ko byari bimeze.
INKURU YA 30
Igihuru kigurumana
Yehova yakoresheje ibitangaza binyuranye kugira ngo yumvishe Mose ko igihe cyari kigeze ngo avane Abisirayeli mu Misiri.
INKURU YA 32
Ibyago 10
Imana yateje Misiri ibyago 10, bitewe n’uko Farawo umwami waho yinangiye akanga kureka Abisirayeli ngo bagende.
INKURU YA 33
Bambuka Inyanja Itukura
Mose yagabanyijemo kabiri Inyanja Itukura abishobojwe n’imbaraga z’Imana, maze Abisirayeli bambuka ku butaka bwumutse.
INKURU YA 34
Ibyokurya by’ubundi bwoko
Ibi byokurya bidasanzwe byatanzwe n’Imana byaje biturutse mu ijuru.
INKURU YA 38
Abatasi 12
Abatasi cumi bavugaga bimwe, abandi babiri bakavuga ibinyuranye na byo. Abisirayeli bemeye ibyavugwaga na nde?
INKURU YA 39
Inkoni ya Aroni irabya
Byagenze bite ngo inkoni yumye irabye kandi imereho imbuto mu ijoro rimwe?
INKURU YA 45
Bambuka Uruzi rwa Yorodani
Igihe abatambyi bakandagiraga mu mazi, hahise haba igitangaza.
INKURU YA 48
Abagibeyoni b’abanyabwenge
Bashutse Yosuwa n’Abisirayeli bagirana na bo amasezerano, ariko Abisirayeli ntibigeze bayarengaho.
INKURU YA 49
Izuba rihagarara
Yehova yakoreye Yosuwa ikintu atari yarigeze akora, atigeze yongera no gukora nyuma yaho.
INKURU YA 50
Abagore babiri b’intwari
Ese ko Baraki ari we wayoboye ingabo za Isirayeli ku rugamba, kuki Yayeli ari we wahawe icyubahiro?
INKURU YA 52
Gideyoni n’abantu be 300
Imana yatoranyije ingabo nke ikoresheje ikizamini kidasanzwe cyo kunywa amazi.
INKURU YA 53
Isezerano rya Yefuta
Ibyo yasezeranyije Yehova si we wenyine byagizeho ingaruka ahubwo byazigize no ku mukobwa we.
INKURU YA 55
Akana k’agahungu gakorera Imana
Imana yakoresheje Samweli wari ukiri muto kugira ngo igeze ubutumwa bwayo bukomeye ku Mutambyi Mukuru Eli.
INKURU YA 56
Sawuli, umwami wa mbere wa Isirayeli
Dushobora kwigira isomo rikomeye kuri Sawuli, kuko Imana yamutoranyije nyuma ikaza kumwanga.
INKURU YA 58
Dawidi na Goliyati
Dawidi yagiye kurwana na Goliyati, adafite umuhumetso gusua ahubwo afite n’indi ntwaro ikomeye kurushaho.
INKURU YA 59
Dawidi ahunga
Sawuli yabanje gukunda Dawidi, ariko nyuma yaho amugirira ishyari ashaka kumwica. Byatewe n’iki?
INKURU YA 60
Abigayili na Dawidi
Abigayili yavuze ko umugabo we ari ikigoryi, ariko byaramukijije mu rugero runaka.
INKURU YA 61
Dawidi aba umwami
Dawidi yagaragaje ko yari akwiriye kuba umwami, binyuze ku byo yakoraga n’ibyo yirindaga gukora.
INKURU YA 62
Ingorane mu nzu ya Dawidi
Dawidi yakoze ikosa rimwe gusa yiteza ingorane aziteza n’umuryango we.
INKURU YA 64
Salomo yubaka urusengero
Nubwo Salomo yari umunyabwenge cyane, yarashutswe akora ibintu bidakwiriye by’ubupfapfa.
INKURU YA 65
Ubwami bwigabanyamo kabiri
Yerobowamu akima ingoma yayobeje rubanda bica itegeko ry’Imana.
INKURU YA 66
Yezebeli, umwamikazi w’umugome
Yabaga yiteguye gukora ibishoboka byose ngo agere ku cyo yifuza.
INKURU YA 67
Yehoshafati yiringira Yehova
Kuki ingabo zagiye ku rugamba zirangajwe imbere n’abaririmbyi badafite intwaro?
INKURU YA 69
Akana k’agakobwa gafasha umuntu ukomeye
Yagize ubutwari bwo kuvuga, kandi byatumye habaho igitangaza.
INKURU YA 70
Yona n’igifi kinini
Yona yize isomo rikomeye rihereranye no kumvira ugakora ibyo Yehova ashaka.
INKURU YA 72
Imana itabara Hezekiya
Umumarayika yishe ingabo z’Abashuri 185.000 mu ijoro rimwe gusa.
INKURU YA 73
Umwami mwiza wa nyuma wa Isirayeli
Igihe Yosiya yari akiri ingimbi, yakoze igikorwa cy’ubutwari cyane.
INKURU YA 74
Umugabo udatinya
Yeremiya yatekerezaga ko yari akiri muto cyane ku buryo ataba umuhanuzi, ariko Imana yari izi ko yabishobora.
INKURU YA 76
Yerusalemu isenywa
Kuki Imana yemeye ko Abanyababuloni bari abanzi ba Isirayeli barimbura Yerusalemu?
INKURU YA 77
Banze kunamira igishushanyo
Ese Imana yari gukiza aba basore batatu bayumviraga bamaze kujugunywa mu muriro?
INKURU YA 79
Daniyeli mu rwobo rw’intare
Daniyeli yakatiwe igihano cy’urupfu. Ese hari icyo yari gukora ngo atagihabwa?
INKURU YA 80
Ubwoko bw’Imana buva i Babuloni
Umwami Kuro w’u Buperesi yashohoje ubuhanuzi bumwe igihe yigaruriraga Babuloni, none ubu ashohoje ubundi.
INKURU YA 81
Biringira ubufasha bw’Imana
Abisirayeli barenze ku mategeko y’abantu kugira ngo bumvire Imana. Ese Imana yari kubaha umugisha?
INKURU YA 82
Moridekayi na Esiteri
Umwamikazi Vashiti yari mwiza cyane, ariko Umwami Ahasuwerusi yamushimbuje Esiteri. Kubera iki?
INKURU YA 83
Inkike za Yerusalemu
Igihe abakozi bongeraga kubaka inkike, babaga bitwaje inkota n’amacumu ku manywa na nijoro.
IGICE CYA 6
Kuva ku ivuka rya Yesu kugeza ku gupfa kwe
INKURU YA 84
Marayika asura Mariya
Yazanye ubutumwa buturutsa ku Mana: Mariya yari agiye kubyara umwana wari kuzaba umwami iteka.
INKURU YA 85
Yesu avukira mu kiraro cy’inka
Kuki uwari kuzaba umwami yavukiye mu kiraro cy’amatungo?
INKURU YA 86
Abagabo bayobowe n’inyenyeri
Ni nde wajyanye abamaji aho Yesu yari ari? Igisubizo gishobora kugutungura.
INKURU YA 88
Yohana abatiza Yesu
Yohana yabatizaga abanyabyaha. Ariko Yesu we ntiyigeze akora icyaha. Kuki Yohana yamubatije?
INKURU YA 90
Yesu n’umugore ku iriba
Ni mu buhe buryo amazi Yesu atanga yari gutuma uyu mugore atongera kugira inyota ukundi?
INKURU YA 91
Yesu yigishiriza ku musozi
Menya inama zirangwa n’ubwenge ziri mu Kibwiriza cye cyo ku Musozi.
INKURU YA 92
Yesu azura abapfuye
Yesu abifashijwemo n’imbaraga z’Imana, yavuze amagambo abiri gusa yoroheje, azura umukobwa wa Yayiro.
INKURU YA 93
Yesu agaburira abantu benshi
Ni ikihe kintu cy’ingenzi Yesu yagaragaje ubwo yakoraga igitangaza cyo kugaburira abantu babarirwa mu bihumbi?
INKURU YA 94
Yesu akunda abana bato
Yesu yigishije intumwa ko zagombaga kumenya byinshi ku byerekeye abana, ariko nanone hari icyo zagombaga kubigiraho.
INKURU YA 95
Uko Yesu yigishaga
Umugani wa Yesu uvuga iby’Umusamariya mwiza ni urugero rugaragaza uko yigishaga.
INKURU YA 97
Yesu aza nk’Umwami
Imbaga y’abantu benshi yaramwakiriye, ariko abantu bose si ko bari bamwishimiye.
INKURU YA 99
Mu cyumba cyo hejuru
Kuki Yesu yasabye abigishwa be kujya bagira iryo funguro ridasanzwe buri mwaka?
INKURU YA 101
Yesu yicwa
Igihe Yesu yari amanitse ku giti, yasezeranyije umuntu ko bazabana muri paradizo.
INKURU YA 102
Yesu ni muzima
Umumarayika amaze kuvana ibuye ku mva ya Yesu, abasirikare bari bayirinze batangajwe cyane n’ibyo babonyemo.
INKURU YA 104
Yesu asubira mu ijuru
Mbere y’uko Yesu asubira mu ijuru, yahaye abigishwa be itegeko rya nyuma.
INKURU YA 106
Bavanwa muri gereza
Abakuru b’idini ry’Abayahudi bafungishije intumwa, ariko Imana yari ifite undi mugambi.
INKURU YA 108
Mu nzira ijya i Damasiko
Urumuri ruhuma amaso n’ijwi riturutse mu ijuru byahinduye ubuzima bwa Sawuli.
INKURU YA 109
Petero ajya kwa Koruneliyo
Ese hari abantu Imana ibona ko ari beza kuruta abandi bitewe n’ubwoko bwabo cyangwa igihugu bakomokamo?
INKURU YA 110
Timoteyo, umufasha mushya wa Pawulo
Timoteyo yavuye iwabo akorana na Pawulo urugendo rushishikaje bagiye kubwiriza.
INKURU YA 111
Umusore asinzira
Utuko yarasinziriye Pawulo ari kubaganiriza ku ncuro ya mbere, ariko ku ncuro ya kabiri ntiyasinziriye. Ibyabaye hagati y’ibyo biganiro byombi byari igitangaza rwose.
INKURU YA 112
Ubwato bumenekera ku kirwa
Igihe bari bihebye cyane, Pawulo yabonye ubutumwa bwari buturutse ku Mana bwamugaruriye icyizere.
IGICE CYA 8
Ibyo Bibiliya ihanura birasohora
INKURU YA 114
Iherezo ry’ibibi byose
Kuki Imana yohereje ingabo zayo ziyobowe na Yesu kurwana intambara ya Harimagedoni?
INKURU YA 116
Uko dushobora kuzabaho iteka
Ese kumenya ibyerekeye Yehova na Yesu birahagije? Niba bidahagije se, ni iki kindi tugomba kumenya?
Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
Imirongo y’Ibyanditswe n’ibibazo bigenewe gufasha abakiri bato gusobanukirwa buri nkuru yo muri Bibiliya.