Soma ibirimo

18 NYAKANGA 2019
BUREZILI

Ikoraniro mpuzamahanga rifite umutwe uvuga ngo: “Urukundo ntirushira!” ryabereye São Paulo muri Burezili

Ikoraniro mpuzamahanga rifite umutwe uvuga ngo: “Urukundo ntirushira!” ryabereye São Paulo muri Burezili
  • Itariki: 12-14 Nyakanga 2019

  • Aho ryabereye: São Paulo muri Burezili

  • Indimi: Ururimi rw’amarenga rwo muri Burezili, Icyongereza, Igifaransa, Igitaliyani, Igiporutugali n’Icyesipanyoli

  • Abateranye: 36.624

  • Ababatijwe: 291

  • Abaje baturutse mu bindi bihugu: 7.000

  • Ibiro by’Abahamya byatumiwe: Angola, Arijantine, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mozambike, Porutugali, Sikandinaviya, Silovakiya, Suriname, Tirinite na Tobago, u Bubiligi, u Bufaransa, u Butaliyani na Venezuwela

  • Inkuru y’ibyabaye: Igihe Maria Luiza Gonçalves, uhagarariye ikigo cyororerwamo inyamaswa cyo muri São Paulo, yahaga ikaze Abahamya baje kureba inyamaswa, yaravuze ati: “Hano dusanzwe twakira abashyitsi benshi. Ariko sinari narigeze mbona abashyitsi benshi kandi bafite gahunda bene aka kageni. Murangwa n’urukundo rwose. Iyo umuntu yitegereje ukuntu muhoberana, akabona ukuntu buri wese yita kuri mugenzi we n’uko muririmba, asanga mukundana rwose.”

 

Abavandimwe na bashiki bacu bakira abashyitsi ku kibuga k’indege mpuzamahanga cya Guarulhos, mu mugi wa São Paulo

Abavandimwe bo mu mugi wa São Paulo n’abo ku biro by’ishami bya Burezili bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru mbere y’iryo koraniro mpuzamahanga

Abashyitsi barimo babwirizanya n’Abahamya bo mu mugi wa São Paulo

Abateranye bari ahabereye ikoraniro ku munsi wa mbere w’ikoraniro

Abateranye bandika ibivugirwa mu ikoraniro

Umuvandimwe Samuel Herd, wo mu Nteko Nyobozi atanga disikuru isoza ku wa Gatanu

Ku wa Gatandatu nyuma ya saa sita habaye umubatizo

Bashiki bacu bafashije abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona gukurikirana ikoraniro

Abateranye bifotoreza ahabereye ikoraniro

Abashyitsi bari mu murimo w’igihe cyose wihariye bapepera abateranye ku Cyumweru nyuma ya saa sita