Soma ibirimo

ERITEREYA

Ibintu byihariye byabaye mu mateka ya Eritereya

Ibintu byihariye byabaye mu mateka ya Eritereya
  1. Muri MATA 2014—Abayobozi ba Eritereya bafashe kandi bafunga Abahamya barenga 120 (harimo abagabo, abagore n’abana) bazira ko bagiye mu materaniro; abenshi bagiye bafungurwa nyuma yaho

  2. Ku itariki ya 8 NYAKANGA 2008—Abayobozi bagabye ibitero ku ngo z’Abahamya no ku kazi kabo maze bafata Abahamya 24

  3. Muri GICURASI 2002—Leta yafunze amadini yose uretse amadini 4 yemewe na leta

  4. Ku itariki ya 25 UKWAKIRA 1994—Perezida yaciye iteka ryo kwambura ubwenegihugu Abahamya ba Yehova hamwe n’uburenganzira bw’ibanze bw’ikiremwamuntu

  5. Ku itariki ya 17 NZERI 1994—Abayobozi bafashe Paulos Eyassu, Isaac Mogos na Negede Teklemariam kandi nta cyo babashinja

  6. Mu mwaka wa 1994—Abayobozi ba leta batangiye gufata no gufunga Abahamya ba Yehova

  7. Ku itariki ya 27 MATA 1993—Eritereya yatangaje ko yabonye ubwigenge kandi ko itakiyoborwa na Etiyopiya

  8. Mu mwaka wa 1954—Itsinda rito ry’Abahamya ba Yehova ryatangiye ibikorwa byo gusenga