9 MUTARAMA 2024| YAHUJWE N’IGIHE KU ITARIKI YA 3 NYAKANGA 2024
AMAKURU YO KU ISI HOSE
AMAKURU MASHYA—ABAVANDIMWE BAHAMIJWE ICYAHA | Biyemeje kwiringira Yehova
Ku itariki ya 1 Nyakanga 2024, urukiko rw’akarere ka Krasnogvardeyskiy rwo muri Crimea rwahamije icyaha umuvandimwe Yuriy Gerashchenko na Sergey Parfenovich. Buri umwe yakatiwe imyaka itandatu y’igifungo gisubitse kandi ntibizaba ngombwa ko bajyanwa muri gereza.
Icyo twamuvugaho
Tuzi neza ko Yehova azakomeza gufasha Yuriy na Sergey, ndetse n’abandi bose babaye indahemuka, ‘akabahisha mu mababa ye.’—Zaburi 17:7, 8.
Uko ibintu byakurikiranye
Ku itariki ya 19 Nzeri 2022
Urubanza rwa Sergey rwaratangiye
Ku itariki ya 28 Nzeri 2022
Abapolisi basatse inzu ya Sergey n’andi mazu y’abavandimwe, kandi yajyanywe gufungwa by’agateganyo
Ku itariki ya 30 Nzeri 2022
Sergey yajyanywe muri gereza
Ku itariki ya 15 Ugushyingo 2022
Sergey yavanywe muri gereza afungirwa mu rugo
Ku itariki ya 22 Werurwe 2023
Urubanza rwa Yuriy rwaratangiye. Yarafashwe, bamuhata ibibazo kandi arafungwa
Ku itariki ya 24 Werurwe 2023
Yuriy yavanywe muri gereza afungirwa mu rugo
Ku itariki ya 12 Nyakanga 2023
Sergey na Yuriy ntiyari agifunze ariko ntiyari yemerewe gukora ingendo
Ku itariki ya 28 Nyakanga 2023
Ni bwo urubanza rwatangiye. Umushinjacyaha yavuze ko Sergey na Yuriy bashinjwa ibyaha kubera ko “bifatanyije mu bikorwa by’Abahamya by’urugomo n’iterabwoba.” Kubera ko nta bimenyetso bibahamya icyaha, yongeye gusaba ko bafungirwa mu rugo ku nshuro ya kabiri