Soma ibirimo

Abavandimwe Aleksandr Dubovenko na Aleksandr Litvinyuk

8 UKUBOZA 2022
AMAKURU YO KU ISI HOSE

Abavandimwe Dubovenko na Litvinyuk bakatiwe igifungo cy’imyaka itandatu

Abavandimwe Dubovenko na Litvinyuk bakatiwe igifungo cy’imyaka itandatu

Ku itariki ya 30 Ugushyingo 2022, Urukiko rw’akarere ka Armyanskiy muri Repubulika ya Crimée, rwahamije ibyaha Abahamya babiri ari bo Aleksandr Dubovenko na Aleksandr Litvinyuk. Abo bavandimwe bombi bakatiwe igifungo cy’imyaka itandatu kandi bahise bajyanwa muri gereza.

Icyo twabavugaho

Duhumurizwa no kumenya ko buri gihe Yehova aba adushyigikiye, uko ibigeragezo twahura na byo byaba biri kose.—Zaburi 139:7-12.

Uko ibintu byagiye bikurikirana

  1. Ku itariki ya 2 Kanama 2021

    Ikirego cyagejejwe mu rukiko. Abo bavandimwe bombi baregwaga gukoresha ikoranabuhanga rya videwo mu gushyigikira umuryango ushinjwa ibikorwa by’ubutagondwa

  2. Ku itariki ya 5 Kanama 2021

    Basatse amazu umunani y’Abahamya ba Yehova harimo iya Dubovenko n’iya Litvinyuk. Bafashe umuvandimwe Litvinyuk bajya kumufunga by’agateganyo

  3. Ku itariki ya 6 Kanama 2021

    Umuvandimwe Litvinyuk yararekuwe avanwa aho yari afungiwe by’agateganyo afungishwa ijisho

  4. Ku itariki ya 9 Kanama 2021

    Abayobozi basatse urugo rwa Dubovenko ku nshuro ya kabiri. Bamuhase ibibazo nyuma yaho afungishwa ijisho

  5. Ku itariki ya 11 Kanama 2021

    Umuvandimwe Litvinyuk bamushinje ku mugaragaro gutegura ibikorwa by’umuryango ushinjwa ubutagondwa

  6. Ku itariki ya 8 Gashyantare 2022

    Umuvandimwe Dubovenko bamushinje ku mugaragaro gutegura ibikorwa by’umuryango ushinjwa ubutagondwa

  7. Ku itariki ya 29 Mata 2022

    Urubanza rwaratangiye. Umucamanza yanze icyifuzo cy’umuvandimwe Litvinyuk cyo kujya kwa muganga no kuvurwa igihe yari afungishijwe ijisho

  8. Ku itariki ya 8 Nzeri 2022

    Abo bavandimwe bombi bemerewe kujya bava mu rugo hagati ya saa moya za mu gitondo na saa moya za nimugoroba.

  9. Ku itariki ya 30 Ugushyingo 2022

    Abo bavandimwe bombi bakatiwe igifungo cy’imyaka itandatu

a b Ibyo batangaje babivuze mbere y’uko bafungwa.