Soma ibirimo

25 GICURASI 2022
AMAKURU YO KU ISI HOSE

Videwo zifite umutwe uvuga ngo: “Ubutumwa bwiza bwerekeye Yesu” zatangiye gufatwa amajwi n’amashusho

Videwo zifite umutwe uvuga ngo: “Ubutumwa bwiza bwerekeye Yesu” zatangiye gufatwa amajwi n’amashusho

Guhera ku wa Gatanu itariki ya 20 Gicurasi 2022 ni bwo videwo zifite umutwe uvuga ngo: “Ubutumwa bwiza bwerekeye Yesu” zatangiye gukorwa. Hari hashize imyaka itatu abavandimwe bategura uko izo videwo zizakorwa, aho bazazikorera kandi banasenga cyane. Itsinda ry’abavandimwe bo hirya no hino ku isi bakorera muri Ositaraliya bishimira kuba barageze kuri ibyo bintu bihebuje. Umuvandimwe Geoffrey Jackson wo mu Nteko Nyobozi wari mu muhango wo gutangiza uwo mushinga, yaravuze ati: “Birashimishije cyane kubona izo videwo zishishikaje. Zizaba zifite iminota igera hafi ku 1 000, zivuga ku buzima bwa Yesu, kandi zizashimisha abantu babarirwa muri za miriyoni, zibakore ku mutima.”