Soma ibirimo

7 NZERI 2020
LETA ZUNZE UBUMWE ZA AMERIKA

Inkubi y’umuyaga n’imvura byateje inkangu muri Luwiziyana

Inkubi y’umuyaga n’imvura byateje inkangu muri Luwiziyana

Aho byabereye

Muri leta ya Arikansasi, Misisipi, Luwiziyana no mu ya Tegizasi

Ikiza

  • Ku itariki ya 27 Kanama 2020 inkubi y’umuyaga n’imvura yiswe Laura yateje inkangu mu burengerazuba bwa leta ya Luwiziyana. Umuyaga wangije ibintu byinshi kandi utuma amashanyarazi abura ahantu henshi

Ingaruka zageze ku bavandimwe na bashiki bacu

  • Twababajwe n’uko hari mushiki wacu ugeze mu zabukuru wapfuye igihe yahungishwaga

  • Hari na mushiki wacu wakomeretse bidakabije

  • Ababwiriza bagera kuri 3.992 bakuwe mu byabo

Ibyangiritse

  • Amazu 10 y’abavandimwe yarasenyutse

  • Amazu 95 y’abantu ku giti cyabo n’Amazu y’Ubwami 4 yarangiritse cyane

  • Amazu 192 y’abantu ku giti cyabo n’Amazu y’Ubwami 16 yarangiritse bidakabije

Ibikorwa by’ubutabazi

  • Ibiro by’ishami bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika byashyizeho komite ishinzwe ubutabazi

  • Abagenzuzi b’uturere n’abasaza b’amatorero bakomeje gufasha abavanywe mu byabo kubona aho baba

Inkuru z’ibyabaye

  • Abahamya bo mu duce two hafi aho bakiriye mu ngo za bo abavanywe mu byabo ari na ko bubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya koronavirusi. Umuhamya wafashijwe kubona aho kuba yaravuze ati: “Ibi bitwereka ko Yehova aduha imigisha.”

Abahamya bo mu duce twagezweho n’icyo kiza, bagaragaza ko ari ‘abakozi b’Imana’ bumvira ubuyobozi bahabwa kandi bagafasha abandi.—2 Abakorinto 6:4.