Soma ibirimo

6 UGUSHYINGO 2020
LETA ZUNZE UBUMWE ZA AMERIKA

Inkubi y’umuyaga yiswe Zeta yibasiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Inkubi y’umuyaga yiswe Zeta yibasiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Aho byabereye

Amagepfo y’iburasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Ibiza

  • Ku itariki ya 28 Ukwakira 2020, imvura n’inkubi y’umuyaga ikaze byibasiye leta ya Luwiziyana, kandi bikomeza gukwira no mu tundi duce two mu magepfo y’iburasirazuba bwa Amerika.

  • Uduce turi ku nkombe y’inyanja twarengewe n’amazi kandi imiyaga ikaze na yo yangije ibintu byinshi, ituma n’amashanyarazi abura

Ingaruka zageze ku bavandimwe na bashiki bacu

  • Abahamya 324 bakuwe mu byabo

  • Umuhamya 1 yarakomeretse bidakabije

Ibyangiritse

  • Amazu y’Abahamya 291 n’Amazu y’Ubwami 14 yarangiritse bidakabije

  • Amazu y’Abahamya 8 n’Amazu y’Ubwami 3 yarangiritse cyane

  • Inzu 1 yarasenyutse

Ibikorwa by’ubutabazi

  • Abasaza b’itorero n’abagenzuzi basura amatorero barimo barasura Abahamya bibasiwe n’ibyo biza kugira ngo babahumurize kandi babahe imfashanyo. Komite zishinzwe ubutabazi zari zarashyizweho ngo zifashe abibasiwe n’icyorezo cya COVID-19 n’inkubi y’umuyaga yiswe Laura, zirimo zirafasha n’abantu bibasiwe n’iyi nkubi y’umuyaga yiswe Zeta, ari na ko bakomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Twababajwe no kumva ko iyi nkubi y’umuyaga ikomeje kugira ingaruka ku bavandimwe na bashiki bacu. Ariko nanone dushimishwa no kuba Yehova agaragariza abagaragu be ineza yuje urukundo, agakoresha bagenzi babo bagatanga imfashanyo.—Zaburi 89:1.