Soma ibirimo

Ifoto igaragaza agace ka McKinney, muri Tegizasi, nyuma y’umuyaga ukaze urimo imvura nyinshi n’urubura

1 WERURWE 2021
LETA ZUNZE UBUMWE ZA AMERIKA

Umuyaga ukaze urimo imvura nyinshi n’urubura wibasiye amagepfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uvana mu byabo abantu barenga 7.500

Umuyaga ukaze urimo imvura nyinshi n’urubura wibasiye amagepfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uvana mu byabo abantu barenga 7.500

Aho byabereye

Mu magepfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Ikiza

  • Kuva ku itariki ya 13 Gashyantare 2021, umuyaga ukaze urimo imvura nyinshi n’urubura wibasiye amagepfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri leta ya Tegizasi ni ho washegeshe cyane. Urubura n’ubukonje bukaze byatumye umuriro umara iminsi runaka warabuze mu ngo no mu mazu y’ubucuruzi. Ubukonje bukaze bwangije byinshi

Ingaruka zageze ku bavandimwe na bashiki bacu

  • Ababwiriza 11 bajyanywe kwa muganga

  • Ababwiriza 94 barakomeretse byoroheje

  • Ababwiriza 7.650 bavanywe mu byabo

Ibyangiritse

  • Amazu y’Ubwami 14 n’Inzu y’Amakoraniro 1 byarangiritse bidakomeye

  • Amazu y’Ubwami 5 yarangiritse cyane

  • Amazu 3.224 yarangiritse bidakomeye

  • Amazu 113 yarangiritse cyane

  • Amazu 12 yarasenyutse

Ibikorwa by’ubutabazi

  • Abagenzuzi b’uturere n’abasaza b’amatorero bo muri utwo duce barimo barakorana na Komite Ishinzwe Ubutabazi yari yarashyizweho bitewe n’icyorezo cya COVID-19, kugira ngo bakomeze gufasha ababikeneye, urugero nko kubashyira amazi yo kunywa no gusana amazu yo kubamo n’Amazu y’Ubwami yangiritse. Nanone abavandimwe bashakiye amacumbi abavanywe mu byabo. Ibyo byose babikora ari na ko bakomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda COVID-19

Twishimira ko Yehova akomeje guhumuriza abahuye n’ibiza.—2 Abakorinto 1:3.