Soma ibirimo

11 NYAKANGA 2019
U BUGIRIKI

Ikoraniro mpuzamahanga rifite umutwe uvuga ngo: “Urukundo ntirushira!” ryabereye Atene mu Bugiriki

Ikoraniro mpuzamahanga rifite umutwe uvuga ngo: “Urukundo ntirushira!” ryabereye Atene mu Bugiriki
  • Itariki ya: 5-7 Nyakanga 2019

  • Aho ryabereye: Sitade y’imikino ya Olempiki iri mu mugi wa Atene mu Bugiriki

  • Indimi: Icyongereza, Ikinyalubaniya, Ikigiriki, Ururimi rw’amarenga rw’Ikigiriki, Ikinyarumaniya (kivugwa mu magepfo y’u Bugiriki) n’Ikirusiya

  • Abateranye: 36.873

  • Ababatijwe: 406

  • Abaje baturutse mu bindi bihugu: 6.000

  • Ibiro by’Abahamya byatumiwe: Alubaniya, Amerika yo Hagati, Arumeniya, Bulugariya, Fiji, Kirigizisitani, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Macédoine du Nord, Ositaraliya, Turukiya, u Burayi bwo Hagati n’u Buyapani

  • Inkuru y’ibyabaye: Umukozi wo mu kigo gitwara abagenzi yagize ati: “Maze igihe kinini nkora akazi ko gutwara abantu, ariko ni ubwa mbere nabona abantu bazi gutegura urugendo no kwita ku bagenzi bene aka kageni. Ibyo nabonye ejo byarantangaje cyane. Gutegura urugendo rw’abantu 2.600 mu gihe gito nk’iki, ntibyakorohera buri wese. Ariko icyanshimishije kurusha ibindi ni ukuntu abantu bose bari bishimye. Reka mbisubiremo, maze igihe nkora mu bijyanye n’ubukerarugendo, ariko mvugishije ukuri ni mwe musekera abantu mubikuye ku mutima.

 

Abavandimwe na bashiki bacu basaga 4.000 bitangiye gutegura ahazabera ikoraniro

Abakiri bato baha ikaze abashyitsi mu Bugiriki

Umwe mu bantu 406 babatijwe arimo abatizwa

Bashiki bacu bavuga Ikinyarumaniya bifotoreza ahabereye ikoraniro. Ni ryo koraniro mpuzamahanga rya mbere ribereye mu Bugiriki, disikuru zigasemurwa mu Kinyarumaniya

Abashyitsi bajyanye kubwiriza n’abavandimwe na bashiki bacu bo mu Bugiriki

Abashyitsi batembereye ahantu nyaburanga

Mu birori byo kwakira abashyitsi, abavandimwe bakinnye darame igaragaza uko Pawulo yabwirije mu Bugiriki

Abavandimwe na bashiki bacu bataramiye abashyitsi bababyinira imbyino gakondo

Mushiki wacu acurangira abashyitsi akoresheje igikoresho gakondo

Abashyitsi biga amwe mu magambo y’Ikigiriki

Umuvandimwe David Splane wo mu Nteko Nyobozi, atanga disikuru isoza ku munsi wa kabiri w’ikoraniro. Iyo disikuru yasemuwe mu Kigiriki

Abari mu murimo w’igihe cyose wihariye bapepera abateranye ku munsi wa nyuma w’ikoraniro