Soma ibirimo

Kuva ibumoso ugana iburyo: umuvandimwe Vladimir Melnik, Vladimir Piskarev na Artur Putintsev

20 GICURASI 2022 | YAHUJWE N’IGIHE KU ITARIKI YA 17 UKWAKIRA 2023
U BURUSIYA

AMAKURU MASHYA—BAKATIWE IGIFUNGO | Yehova yafashije imiryango myinshi kwihanganira ibitotezo

AMAKURU MASHYA—BAKATIWE IGIFUNGO | Yehova yafashije imiryango myinshi kwihanganira ibitotezo

Ku itariki ya 13 Ukwakira 2023, urukiko rw’akarere ka Sovietskiy rwo mu mugi Oryol rwahamije icyaha umuvandimwe Vladimir Melnik, Vladimir Piskarev na Artur Putintsev. Buri wese yakatiwe igifungo cy’imyaka itandatu. Bose bafunzwe guhera mu Kuboza 2020 kandi bazaguma muri gereza.

Uko ibintu byagiye bikurikirana

  1. Ku itariki ya 8 Ukuboza 2020

    Urubanza rwa Melnik, Piskarev na Putintsev rwaratangiye

  2. Ku itariki ya 9 Ukuboza 2020

    Abategetsi bagiye gusaka amazu umunani y’Abahamya ba Yehova bo mu mugi wa Oryol, harimo n’amazu y’abo bavandimwe batatu. Babajyanye mu kigo bafungirwamo by’agateganyo

  3. Ku itariki ya 11 Ukuboza 2020

    Umuvandimwe Melnik na Piskarev bafunzwe by’agateganyo

  4. Ku itariki 14 Ukuboza 2020

    Umuvandimwe Putintsev yafunzwe by’agateganyo

  5. Ku itariki ya 19 Mutarama 2021

    Abayobozi bamenyeshejwe ko umuvandimwe Piskarev agomba kujya kwa muganga byihutirwa ariko banga kumuha uruhushya rwo kujya kwivuza

  6. Ku itariki ya 21 Mutarama 2021

    Umuvandimwe Piskarev bamwemereye kwakira imiti umugore we yari azanye ariko banga ko ajya kubonana na muganga

  7. Ku itariki ya 24 Kamena 2021

    Umuvandimwe Piskarev yagiye kwa muganga bamubwira ko yaturitse agatsi ko mu bwonko. Bamushubije muri cya kigo akomeza gufungwa n’ubwo byari byagaragaye ko arembye

  8. Ku itariki ya 29 Ukwakira 2021

    Abo bavandimwe bashinjwe icyaha cyo kuba mu muryango ukora ibikorwa by’ubutagondwa

  9. Ku itariki ya 31 Mutarama 2022

    Urubanza rwaratangiye

Icyo twabavugaho

Nubwo abagize imiryango batari kumwe, duhumurizwa n’uko nta cyadutandukanya n’urukundo rw’Imana kandi ko izakomeza kuturinda.—Abaroma 8:38, 39.

a b c Ntitwabonye uko tuvugana na Melnik, Piskarev, na Putintsev kubera ko igihe iyi nkuru yakorwaga bari bafunzwe by’agateganyo.