Soma ibirimo

Umuvandimwe Denis Merkulov n’umugore we Nataliya

27 UKUBOZA 2022 | YAHUJWE N’IGIHE KU ITARIKI YA 27 WERURWE 2023
U BURUSIYA

AMAKURU MASHYA—YACIWE AMANDE | “Iyo duhuye n’ibigeragezo Yehova aradukomeza”

AMAKURU MASHYA—YACIWE AMANDE | “Iyo duhuye n’ibigeragezo Yehova aradukomeza”

Ku itariki ya 23 Werurwe 2023, urukiko rw’umujyi wa Apatity ruri mu gace ka Murmansk rwahamije icyaha umuvandimwe Denis Merkulov, kandi rumuca amande y’amafaranga y’u Rwanda asaga 7.100.000.

Icyo twamuvugaho

Duhumurizwa no kumenya ko uko ibigeragezo twahura na byo byaba biri kose, ubucuti dufitanye na Yehova no kumwiringira bituma Yehova adufasha ‘tugashikama kandi tugakomera.’—1 Petero 5:10.

Uko ibintu byagiye bikurikirana

  1. Ku itariki ya 21 Nyakanga 2021

    Abayobozi basatse ingo 14 z’Abahamya ba Yehova zo mu gace ka Apatity no hafi yaho. Abaporisi bo mu rwego rushinzwe ubutasi binjiye ku ngufu mu nzu ya Merkulov kandi bafata uwo mugabo n’umugore we bajya kubahata ibibazo. Babarekuye saa kumi za mu gitondo ku munsi ukurikiyeho

  2. Ku itariki ya 22 Nyakanga 2021

    Abayobozi basabye Denis kwitaba mu biro by’ubushinjacyaha. Bamufunze by’agateganyo

  3. Ku itariki ya 23 Nyakanga 2021

    Yararekuwe maze afungishwa ijisho

  4. Ku itariki ya 17 Nzeri 2021

    Yavaniweho gufungishwa ijisho ashyirirwaho kutarenga agace atuyemo

  5. Ku itariki ya 15 Nyakanga 2022

    Abayobozi bamushinje gutegura ibikorwa by’umuryango ushinjwa ubutagondwa azira gusenga Yehova no kuririmba indirimbo zo gusingiza Imana

  6. Ku itariki ya 20 Nzeri 2022

    Ni bwo urubanza rwatangiye