Soma ibirimo

Inteko y’abacamanza batatu bo mu rukiko rwo mu mugi wa Oryol batangaza ko Dennis Christensen afungwa imyaka itandatu

11 KAMENA 2019
U BURUSIYA

Dennis Christensen agiye kujuririra Urukiko rw’u Burayi Ruharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu

Dennis Christensen agiye kujuririra Urukiko rw’u Burayi Ruharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu

Nk’uko mubyibuka, ku itariki ya 23 Gicurasi 2019, urukiko rwo mu mugi wa Oryol rwashimangiye igifungo Dennis Christensen yari yarakatiwe k’imyaka itandatu. Kubera ko yari amaze imyaka ibiri afunzwe by’agateganyo, kandi dukurikije amategeko yo mu gihugu cy’u Burusiya ikaba ihwanye n’imyaka itatu y’igifungo, bivuze ko Christensen ashigaje kumara indi myaka itatu muri gereza. Ku itariki ya 6 Kamena 2019, Christensen yimuriwe mu yindi gereza aho azarangiriza igifungo ke. Biteganyijwe ko ikirego ke gishyikirizwa Urukiko rw’u Burayi Ruharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu. Ubwo bujurire busanzeyo ubundi bujurire bwari muri urwo rukiko, aho yari yarajuririye gufungwa by’agateganyo.

Dushimishwa cyane no kuba Christensen akomeje kwihangana nubwo afunzwe arengana. Twiringiye ko Yehova azakomeza kumufasha, kandi agafasha n’abandi Bahamya ba Yehova bo mu Burusiya basaga 200 bakurikiranyweho ibyaha barengana.—Zaburi 27:1.

Soma inyandiko igaragaza uko Dennis Christensen yireguye mu rukiko rwo mu mugi wa Oryol, ku itariki ya 16 Gicurasi 2019.

Soma inyandiko igaragaza uko Dennis Christensen yireguye mu rukiko rwo mu mugi wa Oryol, ku itariki ya 23 Gicurasi 2019.