Soma ibirimo

Abavandimwe bacu bo mu gace ka Kharkiv muri Ukraine baguma mu nzu mu gihe barasa ibisasu

3 WERURWE 2022
UKRAINE

Abavandimwe na bashiki bacu bakomeje kugaragarizanya urukundo mu gihe muri Ukraine intambara ikomeje

Abavandimwe na bashiki bacu bakomeje kugaragarizanya urukundo mu gihe muri Ukraine intambara ikomeje

Ku itariki ya 24 Gashyantare 2022, u Burusiya bwagabye igitero muri Ukraine. Muri icyo gihugu hari Abahamya ba Yehova barenga 129 000 ubariyemo n’abana babo. Ibiro by’ishami byashyizeho komite 27 zishinzwe ubutabazi kugira ngo zihe abavandimwe na bashiki bacu ibintu by’ibanze bakeneye. Nanone abavandimwe na bashiki bacu bagaragarizanya urukundo rwa kivandimwe bafashanya, bahumurizanya kandi bakita no ku baturanyi babo muri ibi bihe bitaboroheye.

Nubwo abenshi mu bavandimwe na bashiki bacu bagumye mu gihugu hari bamwe bahisemo guhunga. Abahunze bakoze urugendo rurerure ku buryo hari abagenze ibirometero bigera kuri 30 kandi byabasabye iminsi itatu cyangwa ine kugira ngo bagere ku mipaka. Ababwiriza bo mu duce bahungiramo bashakisha bagenzi babo, aho baba babategerereje kugira ngo bahite babafasha, babahe ibiribwa,amazi n’ibindi bintu by’ibanze bakeneye. Iyo abavandimwe na bashiki bacu bamaze kwambuka imipaka bakagera mu bihugu baturanye, bakirwa n’Abahamya bagenzi babo, baba bafite ibyapa bya jw.org, bakabahumuriza kandi bakabaha ibintu by’ibanze bakeneye.

Bashiki bacu bo muri Polonye (ibumoso) n’abo muri Silovakiya (iburyo) bategereje gufasha impunzi z’Abahamya bagenzi babo zivuye muri Ukraine

Ingaruka byagize ku bavandimwe na bashiki bacu

  • Umuvandimwe w’umukozi w’itorero witwa Petro Mozul, ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga yahitanywe n’ibisasu byarashwe mu gace k’iwabo

    Ikibabaje n’uko ku itariki ya 1 Werurwe 2022 umuvandimwe wo mu gace ka Kharkiv yapfuye kandi umugore we agakomereka bikomeye bitewe n’ibisasu byarashwe muri ako gace

  • Abandi bashiki bacu 3 na bo barakomeretse

  • Ababwiriza barenga 5 000 barahunze

  • Inzu 2 zarasenyutse

  • Inzu 3 zarangiritse bikabije

  • Inzu 35 zarangiritse bidakabije

  • Inzu z’ubwami 2 zarangiritse

  • Ababwiriza benshi babuze umuriro w’amashanyarazi, ubushyuhe mu nzu, itumanaho rya telefone rirahagarara kandi babura n’amazi

Ibikorwa by’ubutabazi

  • Muri Ukraine hashyizweho komite z’ubutabazi 27

  • Izo komite zafashije ababwiriza bagera kuri 867 kubona aho kuba mu duce turimo umutekano

  • Komite zirimo zirakora uko zishoboye ngo zibonere abo babwiriza ibyo bakeneye harimo ibiribwa, amazi n’ibindi

Iyi mibare igaragaza ibyavuye mu igenzura ry’ibanze

Dusenga dusaba ko abavandimwe na bashiki bacu bakomeza kugira ubwenge no gusobanukirwa kugira ngo babashe guhangana n’ibyo bihe bihangayikishije kandi biteye ubwoba, bagaragarizanya urukundo rwa kivandimwe.—Imigani 9:10; 1 Abatesalonike 4:9.