Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

NIMUKANGUKE! No. 5 2017 | Uko wakwirinda akaga mu gihe habaye ibiza

Kuki ari ngombwa kwitegura ibiza?

Bibiliya igira iti: “umunyamakenga iyo abonye amakuba aje arihisha, ariko utaraba inararibonye arakomeza akagenda agahura n’akaga.”—Imigani 27:12.

Iyi gazeti iratwereka icyo twakora mbere y’ibiza, mu gihe k’ibiza na nyuma yaho.

 

INGINGO Y'IBANZE

Uko wakwirinda akaga mu gihe habaye ibiza

Ibintu bishobora kurokora ubuzima bwawe n’ubw’abandi.

Uko warondereza umuriro na lisansi

Reka turebe ahantu hatatu hadufasha kurondereza umuriro; mu rugo, mu ngendo no mu mirimo.

ICYO BIBILIYA IBIVUGAHO

Intambara

Mu bihe bya kera Abisirayeli bajyaga mu ntambara, kandi Imana ikabibemerera. Ese ibyo bigaragaza ko Imana yemera intambara ziba muri iki gihe?

INAMA ZIGENEWE UMURYANGO

Uko twakwirinda imikino iteje akaga

Hari abantu bishora mu mikino iteje akaga, kugira ngo bamenye aho ubushobozi bwabo bugeze. Ese nawe ujya ubikora? Iyi ngingo irakwereka ingaruka z’iyo mikino.

ISI N'ABAYITUYE

Twasuye Kazakisitani

Kera, Abanyakazakisitani bakundaga kwimuka kandi bakibera mu mazu ya muviringo. Ni iki kigaragaza ko Abanyakazakisitani b’ubu babaho nk’aba kera?

ESE BYARAREMWE?

Igikonoshwa k’ikinyamushongo cyo mu nyanja

Imiterere y’igikonoshwa k’ikinyamushongo cyo mu nyanja ituma gishobora kukirinda.

Ibindi wasomera kuri interineti

Kuki Abahamya ba Yehova batifatanya mu ntambara?

Ku isi hose, Abahamya ba Yehova bazwiho kutifatanya mu ntambara. Menya impamvu bafashe uwo mwanzuro.

Urukundo rutuma dufashanya mu gihe cy’ibiza

Mu bihugu byinshi, Abahamya ba Yehova batabaye abagwiririwe n’ibiza.