Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Inyigisho y’ikinyoma ya 3: abeza bose bajya mu ijuru

Inyigisho y’ikinyoma ya 3: abeza bose bajya mu ijuru

Aho yakomotse:

nyuma y’urupfu rw’intumwa za Yesu, mu ntangiriro z’ikinyejana cya kabiri, hadutse abo bitaga Ababyeyi ba Kiliziya. Hari igitabo cyavuze ibirebana n’inyigisho zabo kigira kiti “bigishaga ko iyo umuntu apfuye, roho ye [ubugingo] iva mu mubiri ikamara igihe runaka yezwa, nyuma yaho igahita ijya mu ijuru.”—The New Catholic Encyclopedia (2003), Umubumbe wa 6, ipaji ya 687.

Icyo Bibiliya ibivugaho:

“abagira ibyishimo ni abitonda, kuko bazaragwa isi.”—Matayo 5:5.

Nubwo Yesu yasezeranyije abigishwa be ko yari “kubategurira umwanya” mu ijuru, yagaragaje ko atari abakiranutsi bose bajyayo (Yohana 3:13; 14:2, 3). N’ubundi kandi, yasenze asaba ko iby’Imana ishaka byakorwa “mu ijuru no ku isi” (Matayo 6:9, 10). Mu by’ukuri, abakiranutsi bafite ibyiringiro by’uburyo bubiri. Hari bake bazategekana na Kristo mu ijuru, n’abandi benshi bazabaho iteka ku isi.—Ibyahishuwe 5:10.

Uko igihe cyagiye gihita, kiliziya yahinduye uko yabonaga uruhare yari ifite ku isi. Ibyo byagize izihe ngaruka? Hari igitabo cyagize kiti “buhoro buhoro, kiliziya yagiye isimbura Ubwami bw’Imana bwari butegerejwe” (The New Encyclopædia Britannica). Kiliziya yatangiye gushaka amaboko yivanga muri politiki, bityo yirengagiza amagambo yumvikana neza Yesu yavuze agaragaza ko abigishwa be ‘atari ab’isi’ (Yohana 15:19; 17:14-16; 18:36). Kiliziya yahinduye imwe mu myizerere yayo, ibitewe n’Umwami w’Abami w’Umuroma witwaga Konsitantino. Imwe muri iyo myizerere, ni ihereranye n’uko kiliziya ibona Imana.

Gereranya iyi mirongo ya Bibiliya: Imigani 2:21, 22; Yohana 17:3; 2 Timoteyo 2:11, 12

UKURI:

Abenshi mu bantu beza bazaba ku isi iteka, ntibazaba mu ijuru