Igitabo cya mbere cy’Ibyo ku Ngoma 14:1-17

  • Dawidi ashyirwaho ngo abe umwami (1, 2)

  • Umuryango wa Dawidi (3-7)

  • Abafilisitiya batsindwa (8-17)

14  Hiramu umwami w’i Tiro yohereza abantu kwa Dawidi, amwoherereza ibiti by’amasederi, abahanga mu kubaka amabuye* n’ababaji, kugira ngo bubakire Dawidi inzu.*  Dawidi amenya ko Yehova yakomeje ubwami bwe muri Isirayeli, kandi ko yashyize hejuru ubwami bwe abikoreye ubwoko bwe bwa Isirayeli.  Nuko Dawidi ashakira i Yerusalemu abandi bagore, abyara abandi bahungu n’abakobwa benshi.  Aya ni yo mazina y’abana yabyariye i Yerusalemu: Shamuwa, Shobabu, Natani, Salomo,  Ibuhari, Elishuwa, Elipeleti,  Noga, Nefegi, Yafiya,  Elishama, Beliyada na Elifeleti.  Abafilisitiya bumvise ko basutse amavuta kuri Dawidi ngo abe umwami wa Isirayeli yose, bose barazamuka batera Dawidi. Dawidi abyumvise ajya kurwana na bo.  Nuko Abafilisitiya baraza, bakomeza kugaba ibitero mu Kibaya cya Refayimu. 10  Dawidi abaza Imana ati: “Ese nzamuke ntere Abafilisitiya? Uratuma mbatsinda?” Yehova aramusubiza ati: “Zamuka, nkwijeje ko ndi butume ubatsinda.” 11  Nuko Dawidi arazamuka ajya i Bayali-erasimu abicirayo. Arangije aravuga ati: “Imana y’ukuri yaciye umukuku mu banzi banjye, nk’uciwe n’amazi.” Ni yo mpamvu aho hantu bahise Bayali-perasimu. 12  Abafilisitiya bahata imana zabo, Dawidi amaze gutanga itegeko barazitwika. 13  Nyuma yaho Abafilisitiya bongera kugaba igitero muri cya kibaya. 14  Dawidi yongera kubaza Imana icyo yakora, ariko Imana y’ukuri iramubwira iti: “Ntuzamuke ngo ubatere ubaturutse imbere, ahubwo ubatere ubaturutse inyuma ahateganye n’ibihuru.* 15  Niwumva urusaku rw’abasirikare bagenda hejuru y’ibihuru, uhite ubatera kuko Imana y’ukuri iri bube ikugiye imbere, iteye ingabo z’Abafilisitiya.” 16  Nuko Dawidi abikora nk’uko Imana y’ukuri yabimutegetse, bica ingabo z’Abafilisitiya uhereye i Gibeyoni ukagera i Gezeri. 17  Dawidi amenyekana mu bihugu byose, kandi Yehova atuma ibihugu byose bimutinya.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “abubaka inkuta.”
Cyangwa “ingoro.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ibihuru bya baka.”