Igitabo cya mbere cya Samweli 11:1-15
11 Nahashi umwami w’Abamoni+ arazamuka atera umujyi wa Yabeshi+ i Gileyadi. Abantu bose bo mu mujyi wa Yabeshi babwira Nahashi bati: “Reka tugirane nawe isezerano tugukorere.”
2 Nahashi umwami w’Abamoni arababwira ati: “Ndagirana namwe isezerano ari uko mwemeye ko buri wese muri mwe mukuramo ijisho ry’iburyo, kugira ngo nkoze isoni Abisirayeli bose.”
3 Abakuru b’i Yabeshi baramusubiza bati: “Duhe iminsi irindwi twohereze intumwa mu gihugu cyose cya Isirayeli, nitubura udutabara turishyira mu maboko yawe.”
4 Za ntumwa zigera i Gibeya+ kwa Sawuli zibwira abantu ayo magambo maze abantu bose bararira cyane.
5 Sawuli avuye mu gasozi kuragira inka, arabaza ati: “Byagenze bite? Aba bantu bararizwa n’iki?” Nuko bamusubiriramo ibyo abantu b’i Yabeshi bari bavuze.
6 Sawuli yumvise ayo magambo umwuka w’Imana utuma agira imbaraga,+ nuko ararakara cyane.
7 Afata ibimasa bibiri abicamo ibice, abiha intumwa zibijyana mu gihugu cyose cya Isirayeli. Zagendaga zivuga ziti: “Umuntu wese utazakurikira Sawuli na Samweli, amenye ko uku ari ko inka ze zizagenzwa!” Abantu bose bafatwa n’ubwoba buturutse kuri Yehova, bahagurukira rimwe.*
8 Abarira abo bantu i Bezeki asanga hari abo mu muryango wa Yuda 30.000 n’abandi bo mu miryango ya Isirayeli 300.000.
9 Babwira za ntumwa zari zoherejwe bati: “Mugende mubwire abantu b’i Yabeshi y’i Gileyadi muti: ‘ejo ku manywa muzatabarwa.’” Izo ntumwa ziragenda zibibwira abantu b’i Yabeshi, barishima cyane.
10 Abantu b’i Yabeshi batuma ku Bamoni bati: “Ejo tuzishyira mu maboko yanyu mudukoreshe icyo mushaka.”+
11 Ku munsi ukurikiyeho, Sawuli ashyira abantu mu matsinda atatu, binjira mu nkambi butaracya,* bica Abamoni+ kugeza mu ma saa sita.* Harokotse abantu bake cyane, barabatatanya umwe aca ukwe undi ukwe.
12 Abantu babwira Samweli bati: “Ba bantu batashakaga ko Sawuli atubera umwami bari he?+ Nimubazane tubice.”
13 Ariko Sawuli aravuga ati: “Uyu munsi nta muntu uri bwicwe,+ kuko Yehova yakijije Isirayeli.”
14 Nyuma yaho, Samweli abwira abantu ati: “Nimuze tujye i Gilugali+ twongere dutangaze ko Sawuli ari umwami.”+
15 Nuko abantu bose bajya i Gilugali, bagezeyo bimikira Sawuli imbere ya Yehova. Batambira imbere ya Yehova ibitambo bisangirwa*+ maze Sawuli n’Abisirayeli bose bakora umunsi mukuru, barishima cyane.+
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “bahaguruka nk’umuntu umwe.”
^ Ni ukuvuga, ahagana sa munani z’ijoro kugera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo.
^ Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ku manywa y’ihangu.”
^ Cyangwa “ibitambo by’uko umuntu abanye neza n’Imana.”