Ibaruwa ya mbere yandikiwe Timoteyo 2:1-15

  • Mujye musenga musabira abantu bose (1-7)

    • Imana imwe n’umuhuza umwe (5)

    • Incungu ya bose (6)

  • Inama zireba abagabo n’abagore (8-15)

    • Kwambara mu buryo bwiyubashye (9, 10)

2  Mbere na mbere, ndabatera inkunga ngo mujye musenga mwinginga, mushimira kandi musabira abantu bose.  Mujye musenga musabira abategetsi n’abandi bantu bose bari mu nzego zo hejuru,*+ kugira ngo dukomeze kubaho mu mahoro dufite ituze, tubera Imana indahemuka kandi dufatana ibintu uburemere.+  Ibyo ni byo byiza kandi byemewe imbere y’Imana, Umukiza wacu.+  Ishaka ko abantu bose* bakizwa+ bakagira ubumenyi nyakuri ku byerekeye ukuri.  Hariho Imana imwe,+ hakabaho n’umuhuza umwe+ hagati y’Imana n’abantu.+ Ni we Yesu Kristo,+ kandi na we yigeze kuba umuntu.  Yaritanze aba incungu ya bose.*+ Ibyo abagaragu b’Imana bazabihamya igihe cyabyo kigeze.  Ni yo mpamvu nashyizweho ngo mbe umubwiriza+ n’intumwa,+ kandi ndavuga ukuri simbeshya. Nashyiriweho kwigisha abantu bo mu bindi bihugu+ ibijyanye n’ukwizera n’ukuri.  Ndifuza ko ahantu hose, abagabo b’indahemuka+ bajya basenga badafite umujinya+ kandi batajya impaka.+  Nanone abagore bajye birimbisha neza, bambara imyenda ikwiriye.* Bajye biyubaha kandi bagaragaze ubwenge* mu byo bakora. Ntibagahangayikishwe n’uburyo bwo gusuka* umusatsi, kwambara zahabu, amasaro cyangwa imyenda ihenze cyane.+ 10  Ahubwo bajye bakora ibikorwa byiza biranga abagore biyeguriye Imana.+ Icyo gihe, ni bwo bazaba barimbye mu buryo bukwiriye. 11  Abagore bajye biga batuje* kandi bubaha cyane.+ 12  Sinemerera umugore kwigisha cyangwa gutegeka umugabo. Ahubwo akwiriye kujya atuza.+ 13  N’ubundi Adamu ni we waremwe mbere, Eva aremwa nyuma.+ 14  Nanone Adamu si we washutswe, ahubwo umugore ni we washutswe rwose+ maze akora icyaha. 15  Icyakora, iyo abagore babyaye, bakita ku bana babo, birabarinda.*+ Ariko baba bagomba kuba abantu bera, bakagira ukwizera, urukundo kandi bakagaragaza ubwenge mu byo bakora.*+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “bari mu myanya yo hejuru.”
Cyangwa “abantu b’ingeri zose.”
Cyangwa “abantu b’ingeri zose.”
Cyangwa “yiyubashye.”
Cyangwa “bajye bashyira mu gaciro.”
Cyangwa “kuboha.”
Cyangwa “bacecetse; bitonze.”
Uko bigaragara, bisobanura ko bibafasha gukomeza kuba incuti za Yehova.
Cyangwa “bagashyira mu gaciro.”