Ibaruwa ya mbere ya Yohana 4:1-21

  • Mujye musuzuma ubutumwa bwose, kugira ngo murebe niba buturuka ku Mana (1-6)

  • Kumenya Imana no kuyikunda (7-21)

    • ‘Imana ni urukundo’ (8, 16)

    • Mu rukundo ntihabamo ubwoba (18)

4  Bavandimwe nkunda, ntimukizere ubutumwa bwose busa naho buvuye ku Mana.+ Ahubwo mujye musuzuma ubutumwa bwose, kugira ngo murebe niba mu by’ukuri buturuka ku Mana,+ kuko abahanuzi benshi b’ibinyoma baje mu isi.+  Ikintu kizajya kibamenyesha ko ubutumwa bwaturutse ku Mana ni uko buba bugaragaza neza ko Yesu Kristo yaje ari umuntu. Ubutumwa nk’ubwo buba buturutse ku Mana.+  Ariko ubutumwa bwose butavuga Yesu butyo, ntibuba buturutse ku Mana.+ Ubwo buba ari ubutumwa bw’abarwanya Kristo, bwa bundi mwumvise ko bwagombaga kuza,+ none ubu bukaba bwaraje.+  Bana banjye nkunda, muri abana b’Imana kandi mwatsinze abo bantu,+ kuko uwunze ubumwe namwe+ akomeye kurusha uwunze ubumwe n’abantu b’isi.+  Abo bantu ni ab’isi,+ ni yo mpamvu bavuga iby’isi kandi ab’isi barabumva.+  Twebwe turi ab’Imana. Umuntu wese uzi Imana aratwumva,+ ariko umuntu utari uw’Imana ntatwumva.+ Uko ni ko tumenya ubutumwa bwahumetswe bw’ukuri n’ubutumwa buyobya.+  Bavandimwe nkunda, nimureke dukomeze gukundana,+ kuko urukundo ruturuka ku Mana. Umuntu wese ugaragaza urukundo aba ari umwana w’Imana kandi aba azi Imana.+  Umuntu wese udakunda abandi ntiyigeze amenya Imana, kuko Imana ari urukundo.+  Iki ni cyo cyagaragaje ko Imana idukunda: Ni uko yohereje Umwana wayo w’ikinege*+ mu isi, kugira ngo tubone ubuzima binyuze kuri we.+ 10  Dore ukuntu Imana yagaragaje urukundo idukunda: Si uko twakunze Imana, ahubwo ni uko yo yadukunze ikohereza Umwana wayo ngo abe igitambo+ gituma tubabarirwa ibyaha byacu.+ 11  Bavandimwe nkunda, niba Imana yaradukunze ityo, natwe tugomba gukundana.+ 12  Nta muntu wigeze abona Imana.+ Niba dukomeza gukundana, Imana na yo ikomeza kudukunda cyane kandi urukundo rwayo rukomeza kuba muri twe rwuzuye.+ 13  Iki ni cyo kitumenyesha ko dukomeza kunga ubumwe na yo kandi na yo ikunga ubumwe natwe: Ni uko yaduhaye umwuka wayo. 14  Nanone kandi, twiboneye n’amaso yacu ko Papa wo mu ijuru yohereje Umwana we ngo abe umukiza w’isi kandi ibyo turabihamya.+ 15  Umuntu wese wemera ko Yesu Kristo ari Umwana w’Imana,+ Imana ikomeza kunga ubumwe na we, na we akunga ubumwe n’Imana.+ 16  Natwe twamenye urukundo Imana idukunda, kandi turarwizera.+ Imana ni urukundo+ kandi umuntu wese ukomeza kugaragaza urukundo aba yunze ubumwe n’Imana, Imana na yo igakomeza kunga ubumwe na we.+ 17  Uko ni ko Imana yatugaragarije urukundo mu buryo bwuzuye, kugira ngo tuzabe twifitiye icyizere+ ku munsi w’urubanza, kuko nk’uko Yesu yari ameze, ari ko natwe tumeze muri iyi si. 18  Mu rukundo ntihabamo ubwoba,+ ahubwo urukundo rwirukana ubwoba, kuko ubwoba bubera umuntu inzitizi. Koko rero, umuntu ukigira ubwoba ntaba afite urukundo rwuzuye.+ 19  Dukunda Imana kuko ari yo yabanje kudukunda.+ 20  Umuntu navuga ati: “Nkunda Imana,” ariko akaba yanga umuvandimwe we, aba ari umunyabinyoma,+ kuko umuntu udakunda umuvandimwe we+ abona, adashobora gukunda Imana atabonye.+ 21  Iri ni ryo tegeko Imana yaduhaye: Umuntu wese ukunda Imana aba agomba no gukunda umuvandimwe we.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni umwana uba waravutse wenyine.