Ibaruwa ya kabiri yandikiwe Abakorinto 3:1-18

  • Amabaruwa yemeza ko dukwiriye (1-3)

  • Abakozi babwiriza iby’isezerano rishya (4-6)

  • Ubwiza burabagirana bw’isezerano rishya (7-18)

3  Ese birakwiye ko twongera kwisobanura tugaragaza abo turi bo? Hari ubwo se dukeneye kubazanira amabaruwa yemeza ko dukwiriye cyangwa ngo abe ari mwe muyaduha, nk’uko bamwe na bamwe babigenza?  Mwe ubwanyu muri nk’ibaruwa yemeza abo turi bo,+ yanditswe ku mitima yacu, izwi kandi isomwa n’abantu bose.  Uko bigaragara, mumeze nk’ibaruwa ya Kristo yanditswe natwe binyuze ku murimo wacu.+ Iyo baruwa ntiyandikishijwe wino,* ahubwo yandikishijwe umwuka w’Imana ihoraho. Ntiyanditswe ku bisate by’amabuye,+ ahubwo yanditswe ku mitima.+  Twizeye tudashidikanya ko turi abakozi b’Imana, binyuze kuri Kristo.  Ibyo ntibishatse kuvuga ko ubushobozi dufite ari bwo bwatumye twuzuza ibisabwa. Ahubwo kuba twujuje ibisabwa bituruka ku Mana.+  Ni yo yatumye twuzuza ibisabwa, ngo tubwirize ibirebana n’isezerano rishya,+ ridashingiye ku mategeko yanditswe,+ ahubwo rishingiye ku mwuka wera, kuko amategeko yanditswe yicisha,+ ariko umwuka wera ugatanga ubuzima.+  Nanone ayo mategeko yicisha yari yanditswe ku mabuye.+ Nyamara kandi yaje aherekejwe n’ubwiza bw’Imana, ku buryo Abisirayeli batashoboye kwitegereza mu maso ha Mose kubera ubwo bwiza burabagirana yari afite,+ kandi bwari ubwiza bushira.  None se niba ayo mategeko yaratanzwe mu cyubahiro cyinshi bigeze aho, umwuka wera+ wo ntiwagira icyubahiro cyinshi kurushaho?+  Niba amategeko azana urupfu+ yarahawe icyubahiro cyinshi,+ nta gushidikanya ko kwitwa umukiranutsi byo bifite icyubahiro cyinshi kurushaho.+ 10  Icyubahiro amategeko yari afite cyahindutse ubusa ukigereranyije n’icyubahiro cy’isezerano rishya.+ 11  Niba amategeko yagombaga kuzavaho yari afite icyubahiro,+ isezerano rizagumaho ryo rigomba kugira icyubahiro cyinshi kurushaho.+ 12  Bityo rero, kubera ko dufite ibyo byiringiro,+ tuvuga tudafite ubwoba. 13  Ntitumeze nka Mose witwikiraga umwenda mu maso+ kugira ngo Abisirayeli batabona ubwiza burabagirana bwaherekezaga amategeko yari kuzavaho. 14  Icyakora ntibakoresheje ubushobozi bwabo bwo gutekereza ngo babisobanukirwe.+ Kugeza n’uyu munsi, iyo isezerano rya kera risomwa, ni nkaho uwo mwenda uba ugitwikiriye mu maso,+ kubera ko ukurwaho gusa binyuze kuri Kristo.+ 15  Mu by’ukuri, kugeza n’uyu munsi iyo ibyanditswe na Mose bisomwa,+ uwo mwenda ni nkaho ukomeza gutwikira ubwenge bwabo.+ 16  Ariko iyo umuntu ahindutse agakorera Yehova,* uwo mwenda ukurwaho.+ 17  Yehova ni Umwuka,+ kandi aho umwuka wa Yehova uri, haba hari umudendezo.+ 18  Iyo dufite mu maso hadatwikiriye tuba tumeze nk’indorerwamo zigaragaza ubwiza burabagirana bwa Yehova. Tugenda duhinduka tukamera nk’Imana, kandi tukagenda turushaho kugaragaza ubwiza bwayo nk’uko Yehova* abishaka.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni umuti w’ibara runaka bifashisha bandika.
Bishobora no kuvugwa ngo: “Umwuka wa Yehova.”