Ibaruwa ya kabiri yandikiwe Abakorinto 6:1-18

  • Ntimugapfushe ubusa ineza ihebuje Imana ibagaragariza (1, 2)

  • Ibyaranze umurimo wa Pawulo (3-13)

  • Ntimukifatanye n’abatizera (14-18)

6  Ubwo dukorana n’Imana,+ turabinginga nanone ngo ntimukemere ineza ihebuje* ibagaragariza, hanyuma ngo muyipfushe ubusa.+  Imana iravuze iti: “Mu gihe nagennye cyo kukugaragariza ineza narakumvise, kandi igihe cyo kugukiza kigeze naragufashije.”+ Iki ni cyo gihe Imana itugaragariza ko itwemera kandi uyu ni wo munsi wo kudukiza.  Uko byagenda kose, twirinda gukora ikintu icyo ari cyo cyose cyaca abandi intege,* kugira ngo umurimo wacu utavugwa nabi.+  Ahubwo mu byo dukora byose, tugaragaza ko dukwiriye kuba abakozi b’Imana.+ Twihanganira ibigeragezo byinshi, ibibazo bitandukanye, ubukene, ingorane,+  gukubitwa, gufungwa,+ ibitero by’abagizi ba nabi, tugakoreshwa imirimo ivunanye cyane, tukarara tudasinziriye, kandi tudafite icyo kurya.+  Turahatana ngo dukore ibyiza, tukabaho mu buryo buhuje n’ibyo twamenye, tukihangana,+ tukaba abagwaneza,+ tukemera ko umwuka wera utuyobora, kandi tukagira urukundo rutarimo uburyarya.+  Tuvugisha ukuri, tukishingikiriza ku mbaraga z’Imana,+ kandi ni nkaho tugendana intwaro mu kuboko kwacu kw’iburyo* n’ukw’ibumoso,* zidufasha gukora ibikwiriye.+  Duhabwa icyubahiro ubundi tugasuzugurwa, tukavugwa nabi ubundi tukavugwa neza. Abantu bavuga ko tubeshya nyamara tuvugisha ukuri.  Abantu badufata nk’abatazwi nyamara Imana ituzi neza. Badufata nk’abenda gupfa* nyamara turi bazima.+ Baraduhana ariko ntibatwica.+ 10  Abantu baba batekereza ko tubabaye nyamara duhorana ibyishimo. Babona ko turi abakene nyamara dufasha benshi bakaba abakire. Babona ko nta cyo twigirira ariko dufite ibintu byose.+ 11  Mwa Bakorinto mwe, twababwiye ibintu byose tudaca ku ruhande kandi urukundo tubakunda rwarushijeho kwiyongera.* 12  Ntitwifata ngo tureke kubagaragariza urukundo,+ ariko mwe murifata ntimutugaragarize urukundo. 13  Ni yo mpamvu mbabwira nk’ubwira abana banjye nti: “Namwe nimurusheho kugaragaraza urukundo.”*+ 14  Ntimukifatanye n’abatizera+ kuko nta ho muhuriye. None se gukiranuka no kwica amategeko byahurira he?+ Cyangwa se umucyo n’umwijima bifitanye irihe sano?+ 15  Kandi se Kristo na Satani* bahuriye he?+ Cyangwa se umuntu wizera* n’utizera bahuriye he?+ 16  None se ibigirwamana byaba bikora iki mu rusengero rw’Imana?+ Turi urusengero rw’Imana ihoraho,+ kuko Imana yavuze iti: “Nzatura hagati yabo.+ Nzabana na bo, mbe Imana yabo kandi na bo bazaba abantu banjye.”+ 17  “Yehova* yaravuze ati: ‘Nuko rero muve muri abo bantu kandi mwitandukanye na bo. Ntimuzongere gukora ku kintu cyabo cyanduye,’”+ “‘nanjye nzabemera.’”+ 18  “Yehova Ushoborabyose aravuze ati: ‘Muzambera abahungu n’abakobwa,+ nanjye mbe Papa wanyu.’”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ubuntu butagereranywa.”
Cyangwa “cyabera abandi igisitaza.”
Ishobora kuba ari iyo bakoresha barwana.
Ishobora kuba ari iyo bakoresha bitabara.
Cyangwa “nk’abakwiriye gupfa.”
Cyangwa “umutima wacu uragutse.”
Cyangwa “nimwaguke.”
Cyangwa “umuntu w’indahemuka.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Beliyali.” Ni izina ry’Igiheburayo risobanura umuntu udafite icyo amaze.