Igitabo cya kabiri cy’Abami 22:1-20

  • Yosiya, umwami w’u Buyuda (1, 2)

  • Amabwiriza yo gusana urusengero (3-7)

  • Haboneka igitabo cy’Amategeko (8-13)

  • Hulida ahanura ibyago byari kubaho (14-20)

22  Yosiya+ yabaye umwami afite imyaka umunani, amara imyaka 31 ategekera i Yerusalemu.+ Mama we yitwaga Yedida, akaba yari umukobwa wa Adaya w’i Bosikati.+  Yakoze ibishimisha Yehova, yigana ibyiza sekuruza Dawidi yakoze,+ akomeza kumvira ntiyakora ibikorwa bibi.  Mu mwaka wa 18 w’ubutegetsi bw’Umwami Yosiya, yohereje Shafani umuhungu wa Asaliya, umuhungu wa Meshulamu wari umunyamabanga, amutuma mu nzu ya Yehova+ ati:  “Jya kureba umutambyi mukuru Hilukiya,+ umubwire yegeranye amafaranga yose azanwa mu nzu ya Yehova,+ ni ukuvuga ayo abarinzi b’amarembo bahabwa n’abaturage.+  Ayo mafaranga ahabwe abahagarariye akazi gakorerwa ku nzu ya Yehova, na bo bayahe abakozi bakora ku nzu ya Yehova bazasane ahasenyutse*+  ni ukuvuga abanyabukorikori, abubatsi n’abafundi. Ayo mafaranga bazayagure imbaho n’amabuye aconze yo gusana iyo nzu.+  Icyakora abazahabwa ayo mafaranga ntibazagenzurwe, kuko ari inyangamugayo.”+  Nyuma yaho umutambyi mukuru Hilukiya abwira umunyamabanga Shafani ati:+ “Nabonye igitabo cy’Amategeko+ mu nzu ya Yehova.” Nuko Hilukiya agihereza Shafani atangira kugisoma.+  Umunyamabanga Shafani ajya kureba umwami aramubwira ati: “Abagaragu bawe begeranyije amafaranga yose yabonetse yari muri iyo nzu, nuko bayaha abahagarariye akazi gakorerwa ku nzu ya Yehova.”+ 10  Nanone umunyamabanga Shafani abwira umwami ati: “Hari igitabo+ umutambyi Hilukiya yampaye.” Nuko Shafani atangira kugisomera imbere y’umwami. 11  Umwami akimara kumva amagambo yo mu gitabo cy’Amategeko aca imyenda yari yambaye.+ 12  Nuko umwami ategeka umutambyi Hilukiya, Ahikamu+ umuhungu wa Shafani, Akibori umuhungu wa Mikaya, Shafani wari umunyamabanga na Asaya wari umugaragu w’umwami, ati: 13  “Nimugende mumbarize Yehova, mubarize n’abaturage n’u Buyuda bwose ku byanditse muri iki gitabo cyabonetse, kubera ko Yehova yaturakariye cyane,+ bitewe n’uko ba sogokuruza batumviye amagambo atureba yanditse muri iki gitabo, ntibakore ibyanditswemo byose.” 14  Nuko umutambyi Hilukiya, Ahikamu, Akibori, Shafani na Asaya bajya kureba umuhanuzikazi Hulida.+ Uwo muhanuzikazi yari umugore wa Shalumu, umuhungu wa Tikuva, umuhungu wa Haruhasi witaga ku myenda,* wari utuye mu gice gishya cy’umujyi wa Yerusalemu; bamubwira ibyo umwami yabatumye.+ 15  Hulida arababwira ati: “Yehova Imana ya Isirayeli aravuze ngo: ‘mubwire uwo muntu wabantumyeho muti: 16  “Yehova aravuze ati: ‘ngiye guteza ibyago aha hantu n’abaturage baho, mbakorere ibintu byose umwami w’u Buyuda yasomye mu gitabo.+ 17  Uburakari bwanjye bumeze nk’umuriro buzatwika aha hantu kandi nta wuzabuzimya+ kubera ko abahatuye bantaye bagatambira izindi mana+ ibitambo, umwotsi wabyo ukazamuka, kugira ngo bandakaze binyuze ku bikorwa byabo.’”+ 18  Ariko umwami w’u Buyuda wabatumye kumubariza Yehova, mumubwire muti: “Yehova Imana ya Isirayeli aravuze ati: ‘ku bijyanye na ya magambo wasomye: 19  “Kubera ko umutima wawe wumviye* kandi ukicisha bugufi+ imbere ya Yehova, ukimara kumva urubanza naciriye aha hantu n’abaturage baho, mvuga ko bazagerwaho n’ibyago kandi ko umuntu wese uzumva ibyabagezeho azagira ubwoba, ukaba waciye imyenda yawe,+ ukanaririra imbere yanjye, nanjye nakumvise. Ni ko Yehova avuga. 20  Ni yo mpamvu nzatuma usanga ba sogokuruza bawe,* ugashyirwa mu mva yawe amahoro kandi amaso yawe ntabone ibyago byose nzateza aha hantu.’”’” Nuko bajya kubwira umwami ayo magambo.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ahangiritse.”
Uko bigaragara yitaga ku myenda y’abatambyi cyangwa iy’umwami.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “umutima wawe woroshye.”
Iyi ni imvugo y’ubusizi ivuga gupfa.