Igitabo cya Kabiri cy’Ibyo ku Ngoma 27:1-9

  • Yotamu, umwami w’u Buyuda (1-9)

27  Yotamu yabaye umwami afite imyaka 25, amara imyaka 16 ategekera i Yerusalemu. Mama we yitwaga Yerusha, akaba yari umukobwa wa Sadoki.  Yakoze ibishimisha Yehova, nk’ibyo papa we Uziya yakoze. Icyakora we ntiyigeze yinjira ahantu yari abujijwe kwinjira mu rusengero rwa Yehova. Ariko abantu bari bagikora ibibi.  Yubatse irembo rya ruguru ry’inzu ya Yehova, kandi ku rukuta rwo kuri Ofeli yahubatse ibindi bintu byinshi.  Nanone yubatse imijyi mu karere k’imisozi miremire y’u Buyuda, yubaka n’inyubako zikomeye cyane n’iminara mu mashyamba.  Yateye umwami w’Abamoni, aza kubatsinda. Nuko uwo mwaka Abamoni bamuha toni 3 n’ibiro 420* by’ifeza, toni 1.600* z’ingano zisanzwe na toni 1.300* z’ingano za sayiri. Ibyo ni na byo Abamoni bamuhaye, mu mwaka wa kabiri n’uwa gatatu.  Nuko Yotamu arushaho kugenda akomera, kuko yari yariyemeje gukora ibyo Yehova Imana ye yamusabaga byose.*  Andi mateka ya Yotamu yose, ni ukuvuga intambara yarwanye n’ibyo yakoze, byanditse mu Gitabo cy’Abami ba Isirayeli n’ab’u Buyuda.  Yabaye umwami afite imyaka 25, amara imyaka 16 ategekera i Yerusalemu.  Nuko Yotamu arapfa,* bamushyingura mu Mujyi wa Dawidi. Umuhungu we Ahazi aramusimbura aba ari we uba umwami.

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “italanto 100.” Italanto imwe ingana n’ibiro 34,2. Reba Umugereka wa B14.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “koru 10.000.” Koru imwe ingana na litiro 220. Reba Umugereka wa B14.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “koru 10.000.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “yatunganyije inzira ze, imbere y’Imana ye.”
Cyangwa “arasinzira asanga ba sekuruza.”