Igitabo cya kabiri cya Samweli 18:1-33

  • Abusalomu atsindwa hanyuma agapfa (1-18)

  • Dawidi amenya ko Abusalomu yapfuye (19-33)

18  Hanyuma Dawidi abara ingabo zari kumwe na we, ashyiraho abo kuyobora ingabo ibihumbi n’abo kuyobora ingabo zibarirwa mu magana.+  Dawidi yohereza kimwe cya gatatu cy’ingabo ziyobowe na Yowabu,+ ikindi kimwe cya gatatu kiyoborwa na Abishayi,+ murumuna wa Yowabu akaba n’umuhungu wa Seruya,+ ikindi kimwe cya gatatu kiyoborwa na Itayi+ wakomokaga i Gati. Nuko Umwami abwira ingabo ati: “Nanjye ndaza tujyane.”  Ariko ingabo ziramubwira ziti: “Wowe ntugomba kuza,+ kubera ko turamutse duhunze, twe ntibatwitaho. Niyo kimwe cya kabiri cyacu cyapfa, ntibatwitaho kuko wowe uhwanye n’abantu 10.000 bo muri twe.+ Ubwo rero byaba byiza usigaye mu mujyi ukaza kudutabara.”  Umwami arababwira ati: “Ibyo mubona ko bikwiriye ni byo ndi bukore.” Umwami ahagarara ku irembo ry’umujyi maze ingabo zose zigenda zigabanyije mu matsinda y’abantu babarirwa mu magana n’amatsinda y’abantu igihumbi.  Umwami ategeka Yowabu, Abishayi na Itayi ati: “Ndabinginze, ntimugirire nabi uwo musore Abusalomu.”+ Ingabo zose zumva umwami aha abo bakuru b’ingabo iryo tegeko.  Izo ngabo zikomeza urugendo zigana kure y’umujyi zigiye kurwana n’Abisirayeli, nuko urugamba rubera mu ishyamba rya Efurayimu.+  Abagaragu ba Dawidi+ batsinda Abisirayeli, bica ingabo zabo nyinshi cyane,+ ku buryo kuri uwo munsi hapfuye abantu 20.000.  Intambara igera muri ako karere kose. Uwo munsi abishwe n’ishyamba bari benshi kuruta abishwe n’inkota.  Abusalomu ashiduka ahuye n’ingabo za Dawidi. Abusalomu yari yicaye ku nyumbu,* maze iyo nyumbu inyura munsi y’amashami yegeranye y’igiti kinini cyane, umutwe we ufatwa mu mashami yacyo maze iyo nyumbu irikomereza asigara anagana mu kirere.* 10  Nuko umugabo wabibonye abwira Yowabu+ ati: “Nabonye Abusalomu anagana mu mashami y’igiti kinini.” 11  Yowabu abwira uwo mugabo wabibonye ati: “Wamubonye ntiwahita umwicira aho? Mba nguhaye ibiceri 10 by’ifeza n’umukandara.” 12  Ariko uwo mugabo asubiza Yowabu ati: “N’uwari kumpa ibiceri 1.000 by’ifeza, sinari kwica umuhungu w’umwami, kuko twumvise umwami abategeka wowe na Abishayi na Itayi ati: ‘muramenye, ntihagire uwo ari we wese ugira icyo atwara uwo musore Abusalomu.’+ 13  Iyo ntubahiriza iryo tegeko nkamwica, n’ubundi umwami yari kubimenya kandi nawe nta cyo wari gukora ngo unkize.” 14  Yowabu aravuga ati: “Reka ne gukomeza guta igihe mvugana nawe!” Ahita afata imyambi* itatu aragenda ayirasa Abusalomu mu mutima, aho yanaganaga muri cya giti kinini akiri muzima. 15  Abagaragu 10 batwazaga Yowabu intwaro begera Abusalomu, baramwica.+ 16  Yowabu avuza ihembe; abasirikare bareka gukurikira Abisirayeli. Nuko Yowabu abuza abasirikare gukomeza kurwana. 17  Bafata Abusalomu bamujugunya mu mwobo muremure wari aho mu ishyamba, bamurundaho ikirundo kinini cy’amabuye.+ Abisirayeli bose barahunga, buri wese ajya iwe. 18  Abusalomu akiriho, yari yarishingiye inkingi mu Kibaya cy’Umwami,+ kuko yibwiraga ati: “Nta muhungu mfite ngo azatume izina ryanjye rikomeza kwibukwa.”+ Iyo nkingi ayitirira izina rye kandi kugeza n’uyu munsi* iracyitwa Inkingi y’Urwibutso ya Abusalomu. 19  Ahimasi+ umuhungu wa Sadoki abwira Yowabu ati: “Ndakwinginze, reka niruke njye kubwira umwami iyi nkuru, kuko Yehova yamurenganuye akamukiza abanzi be.”+ 20  Ariko Yowabu aramubwira ati: “Uyu munsi si wowe ntuma ngo ujye kuvuga inkuru, nzagutuma undi munsi. Uyu munsi ndohereza undi muntu ngo ajye kuvuga iyi nkuru kuko ari umwana w’umwami wapfuye.”+ 21  Nuko Yowabu abwira Umukushi+ ati: “Genda ubwire umwami ibyo wabonye.” Uwo Mukushi yunamira Yowabu maze ahita yiruka. 22  Ahimasi umuhungu wa Sadoki arongera abwira Yowabu ati: “Reka nanjye niruke nkurikire Umukushi, ikiba kibe.” Ariko Yowabu aramubwira ati: “Mwana wa, kuki nawe ushaka kugenda? Ubwo iyo nkuru ugiye kuvuga ni iyihe koko?” 23  Ariko Ahimasi arongera aravuga ati: “Reka niruke ikiba kibe!” Yowabu aramusubiza ati: “Ngaho iruka!” Ahimasi ariruka, anyura mu nzira ica mu karere ka Yorodani,* aza gusiga wa Mukushi. 24  Icyo gihe Dawidi yari yicaye hagati y’amarembo y’umujyi.+ Nuko umurinzi+ ajya hejuru ku rukuta rwari hejuru y’amarembo. Agiye kubona abona umuntu uje yiruka ari wenyine. 25  Uwo murinzi arahamagara abibwira umwami, umwami aramusubiza ati: “Niba ari wenyine ubwo hari inkuru azanye.” Uwo muntu ageze hafi, 26  umurinzi abona undi muntu uje yiruka. Umurinzi ahamagara uwari urinze amarembo aramubwira ati: “Hari undi muntu uje ari wenyine yiruka!” Umwami aravuga ati: “Uwo na we azanye inkuru.” 27  Umurinzi arongera aravuga ati: “Ndabona uwa mbere yiruka nka Ahimasi+ umuhungu wa Sadoki.” Umwami aravuga ati: “Uwo ni umuntu mwiza! Azanye inkuru nziza.” 28  Nuko Ahimasi avuga mu ijwi rinini abwira umwami ati: “Byagenze neza.” Nuko aramupfukamira akoza umutwe hasi, aravuga ati: “Mwami databuja, Yehova Imana yawe ashimwe, kuko yatumye abakwigometseho batsindwa.”+ 29  Ariko umwami aramubaza ati: “Ese wa musore Abusalomu yaba ari amahoro?” Ahimasi aravuga ati: “Igihe Yowabu yanyoherezaga njye umugaragu wawe n’indi ntumwa, nabonye abantu bahungabanye cyane, ariko sinamenye icyabaye.”+ 30  Umwami aravuga ati: “Genda ube uhagaze hariya!” Nuko aragenda ahagarara hirya. 31  Wa Mukushi araza+ aravuga ati: “Mwami databuja, nkuzaniye inkuru kuko uyu munsi Yehova yakurenganuye akagukiza abakwigometseho bose.”+ 32  Ariko umwami abaza uwo Mukushi ati: “Ese wa musore Abusalomu yaba ari amahoro?” Uwo Mukushi aramusubiza ati: “Mwami databuja, abanzi bawe bose n’abakwigomekaho kugira ngo bakugirire nabi bose, barakaba nk’uwo musore!”+ 33  Umwami abyumvise abura amahoro, ajya mu cyumba cyo hejuru y’amarembo, ararira. Yagendaga arira avuga ati: “Ayi wee, mwana wanjye Abusalomu, mwana wanjye, mwana wanjye Abusalomu! Iyo aba ari njye wapfuye mu mwanya wawe! Abusalomu mwana wanjye, mwana wanjye!”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni itungo rivuka ku ifarashi n’indogobe.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “hagati y’ijuru n’isi.”
Bishobora no kuvugwa ngo: “Ibihosho; amacumu.” Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “inkoni.”
Ni ukuvuga, kugeza igihe iki gitabo cyandikwaga.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “muri ako karere.”