Ibaruwa yandikiwe Abaheburayo 4:1-16

  • Ingaruka ziterwa no kutaruhuka nk’uko Imana na yo yaruhutse (1-10)

  • Inama yo kuruhuka nk’uko Imana na yo yaruhutse (11-13)

    • Ijambo ry’Imana ni rizima (12)

  • Yesu ni umutambyi mukuru uruta abandi (14-16)

4  Nuko rero, ubwo hakiriho isezerano ryo kuzaruhuka nk’uko Imana na yo yaruhutse, nimureke dukomeze kuba maso* kugira ngo hatagira umuntu n’umwe muri mwe ugaragaza ko adakwiriye guhabwa iryo sezerano.+  Natwe twatangarijwe ubwo butumwa bwiza+ nk’uko na ba sogokuruza babutangarijwe. Ariko ibyo bumvise nta cyo byabamariye, kubera ko batagize ukwizera nk’ukw’abantu bumviye.  Twebwe abizeye turaruhuka nk’uko Imana yaruhutse. Ibyo bihuje n’ibyo Imana yavuze igira iti: “Ni cyo cyatumye ndahira mfite uburakari nti: ‘ntibazaruhuka nk’uko nanjye naruhutse,’”+ nubwo imirimo yayo yarangiye kuva abantu batangiye kuvukira ku isi.*+  Hari aho yavuze iby’umunsi wa karindwi igira iti: “Nuko Imana iruhuka imirimo yayo yose ku munsi wa karindwi.”+  Nanone yaravuze iti: “Ntibazaruhuka nk’uko nanjye naruhutse.”+  Ubwo rero, ubwo bigishoboka ko hari abaruhuka nk’uko Imana na yo yaruhutse kandi ababanje kumva ubutumwa bwiza bakaba batararuhutse bitewe n’uko batumviye,+  Imana yongeye gushyiraho umunsi, ubwo yavugaga nyuma y’igihe kirekire muri zaburi ya Dawidi iti: “Uyu munsi,” nk’uko byavuzwe muri iyi baruwa ngo: “Uyu munsi nimwumva ijwi ryayo ntimwange kumvira.”+  Iyo Yosuwa+ abageza ahantu hari gutuma baruhuka nk’uko Imana na yo yaruhutse, Imana ntiba yaravuze nyuma yaho iby’undi munsi.  Nuko rero, haracyariho ikiruhuko cy’isabato kigenewe abantu b’Imana.+ 10  Mu by’ukuri, iyo umuntu aruhutse nk’uko Imana na yo yaruhutse, aba aruhutse imirimo ye, nk’uko Imana na yo yabigenje imaze gukora imirimo yayo.+ 11  Nuko rero, nimureke dukore uko dushoboye kose turuhuke nk’uko Imana na yo yaruhutse, bityo hatagira umuntu uwo ari we wese ukurikiza urugero rubi rw’abantu batumviye maze agacika intege.+ 12  Ijambo ry’Imana ni rizima, rifite imbaraga+ kandi riratyaye cyane kurusha inkota ityaye* impande zombi.+ Rirahinguranya kugeza ubwo rigabanya ubugingo* n’umwuka,* rikagabanya amagufwa n’umusokoro, kandi rishobora kumenya ibitekerezo byo mu mutima n’imigambi yawo. 13  Nta cyaremwe kitagaragara imbere yayo,+ ahubwo ibintu byose bimeze nk’ibyambaye ubusa kandi biratwikuruwe imbere y’Imana izatubaza ibyo twakoze.+ 14  Nuko rero, ubwo dufite umutambyi mukuru uruta abandi winjiye mu ijuru, ari we Yesu Umwana w’Imana,+ nimucyo dukomeze gutangariza mu ruhame ko tumwizera.+ 15  Umutambyi mukuru dufite si wa wundi udashobora kwiyumvisha intege nke zacu,+ ahubwo ni wa wundi wageragejwe mu buryo bwose kimwe natwe, uretse ko we atigeze akora icyaha.+ 16  Ubwo rero, tujye twegera Imana yicaye ku ntebe yayo y’Ubwami, yo itugaragariza ineza yayo ihebuje* kandi tujye tuyisenga tudatinya+ kugira ngo itugirire imbabazi kandi itugaragarize ineza yayo ihebuje mu gihe dukeneye ko idufasha.

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “dukomeze gutinya.”
Aha berekeza ku bana ba Adamu na Eva.
Cyangwa “ifite ubugi.”
Reba ibisobanuro by’amagambo.
Reba ibisobanuro by’amagambo.
Cyangwa “ubuntu bwayo butagereranywa.”