Ibaruwa yandikiwe Abaheburayo 5:1-14

  • Yesu arenze abatambyi bakuru b’abantu (1-10)

    • Ni umutambyi umeze nka Melikisedeki (6, 10)

    • Imibabaro yahuye na yo yamutoje kumvira (8)

    • Azageza abamwumvira bose ku gakiza k’iteka (9)

  • Twirinde kugira ukwizera kudakomeye (11-14)

5  Umutambyi mukuru wese watoranyijwe ashyirwaho ngo akore umurimo w’Imana+ ku bw’inyungu z’abantu, kugira ngo ajye atanga amaturo n’ibitambo bitambirwa ibyaha.+  Aba ashobora kugirira impuhwe* abakoze amakosa, cyangwa abatandukiriye bitewe no kudasobanukirwa kuko na we ubwe agira intege nke.  Kubera ko ari umunyantege nke, aba agomba kwitambira ibitambo bitewe n’ibyaha bye kandi akabitambira n’abandi bantu.+  Nanone, nta muntu ujya muri uwo mwanya w’icyubahiro ari we ubwe uwihaye, ahubwo awujyamo gusa iyo yahamagawe n’Imana, nk’uko Aroni na we yahamagawe.+  Uko ni ko na Kristo atari we ubwe wihaye icyubahiro+ igihe yabaga umutambyi mukuru, ahubwo yahawe icyubahiro n’uwavuze ibye agira ati: “Uri umwana wanjye, uyu munsi nabaye Papa wawe.”+  Uko ni ko nanone Imana ivuga ahandi hantu iti: “Uri umutambyi umeze nka Melikisedeki+ kandi uzaba umutambyi iteka ryose.”  Igihe Kristo yari ku isi,* yasenze Imana yo yashoboraga kumukiza urupfu, ataka, yinginga, ndetse asuka amarira+ kandi Imana yaramwumvise bitewe n’uko yayitinyaga.  Nubwo yari Umwana w’Imana, imibabaro yahuye na yo yamutoje kumvira.+  Igihe yari amaze gutunganywa,+ yahawe inshingano yo kuzageza abamwumvira bose ku gakiza k’iteka,+ 10  kuko Imana yamugize umutambyi mukuru kimwe na Melikisedeki.+ 11  Dufite byinshi twamuvugaho ariko kubibasobanurira biragoye, kubera ko mutinda kumva. 12  Mu by’ukuri, nubwo ubu* mwari mukwiriye kuba abigisha, muracyakeneye umuntu wo kubigisha ibintu by’ibanze+ byerekeye Imana, uhereye mu ntangiriro. Mwongeye gukenera amata aho gukenera ibyokurya bikomeye. 13  Umuntu wese ugitungwa n’amata gusa aba akiri umwana muto+ kandi aba ataramenya neza ijambo ry’Imana rikiranuka. 14  Ariko ibyokurya bikomeye ni iby’abantu bafite ukwizera gukomeye, bafite ubushobozi bwo gutekereza bwatojwe gutandukanya icyiza n’ikibi, binyuze mu kubukoresha.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “kugaragariza ineza.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “igihe yari akiri mu mubiri.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ukurikije igihe gishize.”