Amaganya 4:1-22

  • Ingaruka ziteye ubwoba zatewe no kugotwa kwa Yerusalemu

    • Ibyokurya byarabuze (4, 5, 9)

    • Abagore batetse abana babo (10)

    • Yehova yabasutseho umujinya we (11)

א [Alefu] 4  Mbega ukuntu zahabu nziza,+ zahabu ibengerana yanduye! Mbega ukuntu amabuye yera+ yanyanyagiye aho imihanda ihurira hose!+ ב [Beti]   Abana b’i Siyoni bari bafite agaciro nk’aka zahabu itunganyijwe,Babaye nk’ibibindi by’ibumba,Byakozwe n’amaboko y’umubumbyi. ג [Gimeli]   Ndetse n’ingunzu* zonsa ibyana byazo,Ariko umukobwa w’abantu banjye yabaye umugome,+ amera nka otirishe* yo mu butayu.+ ד [Daleti]   Ururimi rw’umwana wonka rufata hejuru mu kanwa bitewe n’inyota. Abana basaba ibyokurya+ ariko nta muntu n’umwe ubibaha.+ ה [He]   Abaryaga ibyokurya biryoshye baryamye mu mihanda bafite inzara.*+ Abakuze bambara imyenda myiza y’umutuku,+ bapfumbase ibirundo by’ivu. ו [Wawu]   Igihano cyahawe* umukobwa w’abantu banjye kubera icyaha cye, kiraremereye kurusha igihano cyahawe Sodomu kubera icyaha cyayo.+ Yarimbuwe mu kanya gato, ntiyabona ukuboko ko kuyitabara.+ ז [Zayini]   Abanaziri+ be bari bakeye cyane kurusha urubura; basaga n’umweru kurusha amata. Bari bakeye mu maso kurusha amabuye y’agaciro yo mu nyanja;* bari banoze kurusha amabuye ya safiro. ח [Heti]   Isura yabo yabaye umukara kurusha imbyiro. Nta wababona mu muhanda ngo abamenye. Uruhu rwabo rwafatanye n’amagufwa;+ rwabaye nk’igiti cyumye. ט [Teti]   Ibyiza ni ukwicwa n’inkota aho kwicwa n’inzara,+Kuko abishwe n’inzara bananutse cyane bakamera nk’abishwe n’inkota, bitewe no kubura ibyokurya bivuye mu murima. י [Yodi] 10  Amaboko y’abagore bagira impuhwe yatetse abana babo.+ Bababereye ibyokurya byo mu kiriyo, igihe umukobwa w’abantu banjye yarimbukaga.+ כ [Kafu] 11  Yehova yagaragaje uburakari bwe,Yasutse uburakari bwe bugurumana.+ Acana umuriro muri Siyoni, ugatwika fondasiyo zayo.+ ל [Lamedi] 12  Abami bo mu isi n’abatuye isi bose ntibatekerezagaKo umwanzi yari kwinjira mu marembo ya Yerusalemu.+ מ [Memu] 13  Byatewe n’ibyaha by’abahanuzi baho n’amakosa y’abatambyi baho,+Bavushirije amaraso y’abakiranutsi hagati mu mujyi.+ נ [Nuni] 14  Bazereraga mu mihanda nk’impumyi.+ Bahumanyijwe n’amaraso,+Ku buryo nta wushobora gukora ku myenda yabo. ס [Sameki] 15  Barababwiraga bati: “Mugende! Murahumanye! Mugende! Mugende! Ntimudukoreho!” Kubera ko batagiraga aho baba, bazereraga hose. Abantu bavugiye mu bihugu bati: “Ntibashobora kugumana natwe hano.*+ פ [Pe] 16  Mu maso ha Yehova hatumye batatana.+ Ntazongera kubareba neza. Abantu ntibazubaha abatambyi+ kandi ntibazagirira impuhwe abayobozi.”+ ע [Ayini] 17  Kugeza ubu, amaso yacu ananijwe no gutegereza uwari kudufasha, tukamubura.+ Twategereje ubufasha buturutse mu gihugu kidashobora kudufasha.+ צ [Tsade] 18  Igihe cyose twateraga intambwe baraduhigaga,+ ku buryo nta washoboraga kunyura ahantu hahurira abantu benshi mu mujyi wacu. Iherezo ryacu riregereje; iminsi yacu yararangiye, kuko iherezo ryacu ryaje. ק [Kofu] 19  Abatwirukankanaga barihutaga kurusha kagoma zo mu kirere.+ Baduhigiye mu misozi; badutegeye mu butayu. ר [Reshi] 20  Uwatoranyijwe na Yehova,+ ari we wari umwuka wo mu mazuru yacu, yafatiwe mu rwobo rwabo,+Uwo ni we twavugagaho tuti: “Tuzibera mu gicucu cye mu bihugu.” ש [Sini] 21  Wa mukobwa wo muri Edomu we,+ wowe wo mu gihugu cya Usi, ishime kandi unezerwe. Ariko nawe igikombe kizakugeraho+ kandi uzanywa usinde maze wambare ubusa.+ ת [Tawu] 22  Yewe mukobwa w’i Siyoni we, igihano wahawe kubera icyaha cyawe kirarangiye. Ntazongera kukujyana mu kindi gihugu ku ngufu.+ Ahubwo azaguhagurukira yewe mukobwa wo muri Edomu we, kubera ikosa ryawe. Azagaragaza ibyaha byawe.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni inyamaswa imeze nk’imbwa.
Cyangwa “imbuni.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “baratereranywe.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ikosa ryakozwe na.”
Cyangwa “amabuye yitwa marijani.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Marijani.”
Cyangwa “ntibazatura hano ari abimukira.”