Amaganya 5:1-22

  • Abisirayeli basenga basaba ko Imana yabagarura

    • “Ibuka ibyatubayeho” (1)

    • ‘Tugushije ishyano kuko twakoze ibyaha’ (16)

    • “Yehova twigarurire” (21)

    • ‘Tuma ibintu bisubira uko byahoze’ (21)

5  Yehova, ibuka ibyatubayeho. Reba kandi witegereze ukuntu twasuzuguwe.+   Umurage wacu wahawe abo tutazi, amazu yacu ahabwa abo mu bindi bihugu.+   Twabaye imfubyi zitagira papa, ba mama bameze nk’abapfakazi.+   Amazi yacu tuyanywa dutanze amafaranga+ kandi inkwi zacu tuzibona tubanje kwishyura.   Abatwirukankana bari hafi kudufata. Turananiwe ariko nta kanya ko kuruhuka baduhaye.+   Turamburira amaboko Egiputa+ na Ashuri+ kugira ngo tubone umugati uduhagije.   Ba sogokuruza bakoze ibyaha ntibakiriho. Ariko ni twe twikoreye ibyaha byabo.   Dusigaye dutegekwa n’abagaragu, nta wadukura mu kuboko kwabo.   Dushyira ubuzima* bwacu mu kaga kugira ngo tubone umugati+ bitewe n’abantu bafite inkota bo mu butayu. 10  Uruhu rwacu rurashyushye cyane nk’itanura kuko inzara itumereye nabi.+ 11  Abagore bakorejwe isoni* i Siyoni, abakobwa bakorezwa isoni mu mijyi y’u Buyuda.+ 12  Abatware bamanitswe baziritse ukuboko kumwe+ kandi abayobozi ntibagaragarijwe icyubahiro.+ 13  Abasore bikoreye urusyo kandi abana b’abahungu bikoreye inkwi barasitara. 14  Abasaza bashize mu marembo y’umujyi,+ abasore ntibagicuranga.+ 15  Ibyishimo byashize mu mutima wacu; imbyino zacu zahindutse kurira.+ 16  Ikamba ryo ku mutwe wacu ryaraguye; tugushije ishyano kuko twakoze ibyaha. 17  Ni cyo cyatumye umutima wacu urwara+Kandi ibyo ni byo byatumye amaso yacu atangira guhuma;+ 18  Kubera umusozi wa Siyoni wahindutse amatongo;+ ingunzu* ni zo ziwutemberaho. 19  Yehova, wicaye ku ntebe y’ubwami iteka ryose. Intebe y’ubwami yawe ihoraho uko ibihe bigenda bikurikirana.+ 20  Kuki utwibagirwa iteka ryose? Kuki umaze igihe kirekire waradutaye?+ 21  Yehova twigarurire, natwe twiteguye kukugarukira.+ Tuma ibintu byose bisubira nk’uko byahoze mbere.+ 22  Icyakora waratwanze. Ukomeza kuturakarira cyane.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ubugingo.”
Cyangwa “bafashwe ku ngufu.”
Ni inyamaswa imeze nk’imbwa.