Ezekiyeli 25:1-17

  • Ibyago byahanuriwe Amoni (1-7)

  • Ibyago byahanuriwe Mowabu (8-11)

  • Ibyago byahanuriwe Edomu (12-14)

  • Ibyago byahanuriwe u Bufilisitiya (15-17)

25  Yehova yongera kumbwira ati:  “Mwana w’umuntu we, hindukira urebe Abamoni,+ ubahanurire ibyago bizabageraho.+  Ubwire Abamoni uti: ‘nimwumve uko Umwami w’Ikirenga Yehova avuga. Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: “kubera ko mwashimishijwe n’uko urusengero rwanjye rwahumanyijwe, mukavuga muti: ‘awa!’ Mukishimira ko igihugu cya Isirayeli cyahinduwe amatongo n’uko abo mu muryango wa Yuda bajyanywe mu kindi gihugu ku ngufu,  ngiye kubateza abantu b’Iburasirazuba babategeke. Bazakambika iwanyu kandi ni ho bazubaka amahema yabo. Bazarya imbuto zanyu banywe n’amata yanyu.  I Raba+ nzahahindura urwuri* rw’ingamiya naho igihugu cy’Abamoni ngihindure aho intama ziruhukira. Namwe muzamenya ko ndi Yehova.”’”  “Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘kubera ko mwakomye mu mashyi+ kandi mukabyina, mugashimishwa* n’ibyago byageze ku gihugu cya Isirayeli mufite agasuzuguro kenshi,+  ngiye kurambura ukuboko kwanjye, mbahane, mbateze amahanga asahure ibintu byanyu. Nzabakura mu bantu bo mu mahanga, mbarimbure mbakure mu bihugu.+ Nzabatsemba kandi muzamenya ko ndi Yehova.’  “Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘kubera ko Mowabu+ na Seyiri+ bavuze bati: “umuryango wa Yuda ni kimwe n’ibindi bihugu byose,”  nzatuma imijyi yo ku mupaka wa Mowabu isigarira aho nta wuyirinze, harimo n’imijyi myiza* yo mu gihugu, ari yo Beti-yeshimoti, Bayali-meyoni na Kiriyatayimu.+ 10  Abamowabu n’Abamoni nzabaha abantu b’Iburasirazuba babategeke,+ kugira ngo Abamoni batazongera kwibukwa mu mahanga.+ 11  Ab’i Mowabu nzabakorera ibihuje n’urubanza nabaciriye.+ Bazamenya ko ndi Yehova.’ 12  “Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘kubera ko Abedomu bihoreye ku bo mu muryango wa Yuda, bakoze ikosa rikomeye igihe bihoreraga.+ 13  Ni yo mpamvu Umwami w’Ikirenga Yehova avuga ati: “nzaramburira ukuboko igihugu cya Edomu na cyo ngihane, nkimaremo abantu n’amatungo, ngihindure amatongo.+ Abatuye i Temani kugeza ku batuye i Dedani bazicishwa inkota.+ 14  ‘Nzihorera ku Bedomu nkoresheje abantu banjye, ari bo Bisirayeli.+ Bazatuma umujinya wanjye n’uburakari bwanjye bigera kuri Edomu, kugira ngo mbihimureho.’+ Ni ko Umwami w’Ikirenga Yehova avuga.”’ 15  “Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘urwango rwinshi rw’Abafilisitiya rwatumye bashakisha uko bakwihorera kandi bakarimbura bafite ubugome.+ 16  Ni yo mpamvu Umwami w’Ikirenga Yehova avuga ati: “ngiye kurambura ukuboko kwanjye mpane Abafilisitiya+ kandi nzatsemba Abakereti,+ ndimbure n’abaturage basigaye ku nkombe y’inyanja.+ 17  Nzabakorera ibikorwa bikomeye byo kwihorera, mbahe ibihano bikomeye. Igihe nzihorera bazamenya ko ndi Yehova.”’”

Ibisobanuro ahagana hasi

Urwuri ni ahantu haba hari ubwatsi, bakaharagira amatungo maze akarisha.
Cyangwa “ubugingo bwanyu bugashimishwa.”
Cyangwa “itatse.”