Ezekiyeli 35:1-15
-
Ibyago byahanuriwe imisozi ya Seyiri (1-15)
35 Yehova yongera kumbwira ati:
2 “Mwana w’umuntu we, hindukira urebe imisozi miremire y’i Seyiri+ maze uhanure ibyago bizayigeraho.+
3 Uyibwire uti: ‘Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: “ngiye kubarwanya mwa misozi miremire y’i Seyiri mwe kandi nzarambura ukuboko kwanjye kugira ngo mbahane mbagire ubutayu.+
4 Imijyi yanyu nzayihindura amatongo kandi namwe nzabahindura ahantu hadatuwe.+ Muzamenya ko ndi Yehova.
5 Bizaterwa n’uko mwagaragaje urwango rudashira+ kandi mugatuma Abisirayeli bicwa n’inkota igihe bari mu bibazo, ubwo bahabwaga igihano cyabo cya nyuma.”’+
6 “Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘Ni yo mpamvu ndahiye mu izina ryanjye ko nzabategurira kumena amaraso kandi kumena amaraso bizabakurikirana.+ Kuko mwanze amaraso, kumena amaraso bizabakurikirana.+
7 Imisozi miremire y’i Seyiri nzayihindura ahantu hadatuwe+ kandi nzarimbura umuntu wese uyinyuramo n’umuntu wese uhagaruka.
8 Imisozi yaho nzayuzuzamo abishwe; abicishijwe inkota bazagwa ku dusozi twanyu, mu bibaya byanyu no mu migezi yanyu yose.
9 Nzabahindura ahantu hadatuwe igihe cyose kandi imijyi yanyu ntizaturwa.+ Muzamenya ko ndi Yehova.’
10 “Kubera ko wavuze uti: ‘ayo mahanga yombi n’ibyo bihugu byombi bizaba ibyanjye kandi byombi tuzabifata,’+ nubwo Yehova ubwe yari ahibereye,
11 Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘ni cyo gituma ndahiye mu izina ryanjye ko nzakugaragariza uburakari n’ishyari nk’ibyo wabagaragarije bitewe n’urwango wari ubafitiye.+ Nzatuma bamenya, igihe nzagucira urubanza.
12 Namwe muzamenya ko njyewe Yehova numvise amagambo yose y’agasuzuguro mwavuze mutuka imisozi ya Isirayeli, muvuga muti: “yahindutse amatongo kandi twarayihawe ngo tuyirye.”
13 Ariko mwakomeje kuvuga amagambo yo kunyirariraho kandi mukomeza kumvuga nabi.+ Ibyo mwavuze byose narabyumvise.’
14 “Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘nimbahindura amatongo, isi yose izishima.
15 Nk’uko wishimye igihe umurage w’abo mu muryango wa Isirayeli wahindukaga amatongo, ibyo ni byo nawe nzagukorera.+ Wa misozi miremire y’i Seyiri we, uzahinduka amatongo. Edomu+ yose izahinduka amatongo. Abantu bazamenya ko ndi Yehova.’”