Habakuki 1:1-17

  • Umuhanuzi atabaza asaba ubufasha (1-4)

    • “Yehova we, nzageza ryari ngutakira?” (2)

    • ‘Kuki ukomeza kwihanganira abantu bakandamiza abandi?’ (3)

  • Imana izakoresha Abakaludaya bahane abanzi bayo (5-11)

  • Umuhanuzi yinginga Yehova (12-17)

    • ‘Mana yanjye, ntushobora gupfa’ (12)

    • “Uratunganye cyane ku buryo utakomeza kureba ibibi” (13)

1  Aya ni amagambo umuhanuzi Habakuki* yabwiwe binyuze ku iyerekwa:   Yehova we, nzageza ryari ngutakira utanyumva?+ Ko ngutakira ngo unkize urugomo ntunkize, nzagutakira ngeze ryari?+   Kuki utuma mbona ibibi,Kandi ugakomeza kwihanganira abantu bakandamiza abandi? Kuki wemera ko abantu bagira urugomo kandi bagatwara iby’abandi? None se, kuki wemera ko intonganya n’amakimbirane bikomeza kubaho?   Nta muntu ukigendera ku mategeko,Kandi ubutabera ntibugikurikizwa. Dore umuntu mubi akandamiza umukiranutsi! Ni yo mpamvu ubutabera butakibaho.+   “Nimurebe mu bindi bihugu, mwitegereze ibiri kuba. Nimutangare kandi mwumirwe,Kuko hari ikintu kigiye kuzaba mu gihe cyanyu. Ni igikorwa mudashobora kwemera, nubwo hagira ukibabwira.+   Ngiye kuzana Abakaludaya!+ Ni abantu barakaye cyane kandi batagira impuhwe. Bazagera ahantu hanini ku isi,Bigarurire ahantu hatari ahabo.+   Ni abantu bateye ubwoba kandi batinyitse. Ni bo bishyiriyeho amategeko bagenderaho kandi bumva ko nta wubarusha imbaraga.*+   Amafarashi yabo ariruka cyane kurusha ingwe. Arakaze kurusha ibirura bya nijoro.+ Amafarashi yabo y’intambara agenda adakoza amaguru hasi,Kandi aje aturutse kure,Aguruka nka kagoma* yihuta cyane igiye gufata icyo irya.+   Abo bantu bose bazanywe no gukora ibikorwa by’urugomo.+ Bagenda bahanze amaso imbere nk’umuyaga w’iburasirazuba,+Bagahuriza hamwe abantu bangana n’umusenyi wo ku nyanja, bakababoha. 10  Baseka abami,Kandi basuzugura abayobozi bakuru.+ Basuzugura imijyi ifite inkuta zikomeye,+Bakayirundaho ibirundo by’ibitaka kugira ngo bayigarurire. 11  Bazaba bagenda nk’umuyaga, banyure mu gihugu. Ariko bazaba bakwiriye guhanwa bitewe n’ibibi bakora,+Kuko bumva ko imbaraga bafite bazihabwa n’imana yabo.”*+ 12  Yehova, ese ntiwahozeho kuva kera cyane?+ Ni wowe Mana yanjye. Uri Uwera kandi ntushobora gupfa.*+ Yehova, abo bantu wabashyizeho kugira ngo bahane abakoze nabi. Gitare cyanjye,+ wabashyizeho kugira ngo baduhane.+ 13  Uratunganye cyane ku buryo utakomeza kureba ibibi,Kandi ntushobora gukomeza kwihanganira ubugizi bwa nabi.+ None se kuki ukomeza kwihanganira abakora iby’uburiganya,+Ugakomeza kwicecekera igihe umuntu mubi agirira nabi umurusha gukiranuka?+ 14  Kuki umuntu umugira nk’amafi yo mu nyanja,Ukamugira nk’ibikururuka bidafite umuyobozi? 15  Bafata* abantu bose nk’abafatisha amafi indobani,*Bakabafata nk’ufata amafi mu rushundura. Babateranyiriza hamwe nk’amafi ari mu rushundura. Ibyo bituma bishima bakanezerwa.+ 16  Ni yo mpamvu batambira ibitambo inshundura zabo,Bagatwikira imibavu inshundura barobesha. Ibyo ni byo bituma babona ibyokurya byuzuye amavuta,Kandi bakabona ibyokurya bishimira. 17  Ese bazakomeza gufatira abantu mu nshundura zabo?* None se bazakomeza kwica abantu bo mu bihugu bitandukanye nta mpuhwe bafite?+

Ibisobanuro ahagana hasi

Bishobora kuba bisobanura ngo: “Uhoberana ubwuzu.”
Cyangwa “icyubahiro.”
Ni ubwoko bw’igisiga.
Bishobora no kuvugwa ngo: “Imbaraga zabo ni zo mana yabo.”
Bishobora no kuvugwa ngo: “Ntituzapfa.”
Abavugwa aha ni Abakaludaya.
Ni akuma bakoresha baroba amafi.
Bishobora no kuvugwa ngo: “Bakomeza kubangura inkota zabo.”