Hoseya 12:1-14

  • Abefurayimu bakwiriye kugarukira Yehova (1-14)

    • Yakobo yakiranye n’Imana (3)

    • Yakobo yararize kugira ngo Imana imuhe umugisha (4)

12  “Abefurayimu biringira ibitagira umumaro. Biruka inyuma y’umuyaga* w’iburasirazuba bukarinda bwira. Ibinyoma byabo n’urugomo rwabo byabaye byinshi. Bagirana isezerano na Ashuri+ kandi bakajyana amavuta muri Egiputa.+   Yehova afitanye urubanza n’abantu b’i Buyuda+Kandi azahana abakomoka kuri Yakobo abaziza ibikorwa byabo,Abishyure ibihuje n’ibyo bakoze.+   Yakobo akiri mu nda ya mama we, yafashe umuvandimwe we agatsinsino+Kandi yakiranye* n’Imana akoresheje imbaraga ze zose.+   Yakiranye n’umumarayika kandi aratsinda. Yararize kandi yinginga uwo mumarayika, kugira ngo amuhe umugisha.”+ Imana yamusanze i Beteli maze imubwira ibirebana natwe.+   Yehova ni Imana nyiri ingabo,+Yehova ni ryo zina rye tugomba guhora twibuka.+   “Ubwo rero nimugarukire Imana yanyu,+Nimukomeze kugaragaza urukundo rudahemuka n’ubutabera+Kandi mujye muhora mwiringira Imana yanyu.   Nyamara abacuruzi banyu bakoresha ibipimo bidahuje n’ukuriKandi bakunda kuriganya.+   Abefurayimu bakomeza kuvuga bati: ‘twarakize pe!+ Dufite ubutunzi.+ Kandi ibyo twagezeho ni twe twabivunikiye. Nta kosa cyangwa icyaha na gito batubonaho.’   Ariko njyewe Yehova, ndi Imana yanyu yabavanye mu gihugu cya Egiputa.+ Nzongera mbatuze mu mahemaNk’uko mwayabagamo mu gihe cy’iminsi mikuru.* 10  Navuganye n’abahanuzi,+Mbereka ibintu byinshi mu iyerekwaKandi mbigishiriza mu migani nkoresheje abahanuzi. 11  I Gileyadi habonetse ibinyoma*+ n’ibikorwa by’uburiganya. I Gilugali bahatambiye ibimasa.+ Byongeye kandi, ibicaniro byabo bimeze nk’ibirundo by’amabuye biri hagati mu murima.+ 12  Yakobo yahungiye mu gace ka Aramu,*+Nuko Isirayeli+ akora akazi ko kuragira intama. Yaragiye intama+ kugira ngo bazamuhe umugore.+ 13  Hanyuma Yehova akoresha umuhanuzi, akura Abisirayeli muri Egiputa.+ Kandi yakomeje kubarinda akoresheje umuhanuzi.+ 14  Abefurayimu barakaje Imana cyane,+Kandi baracyabarwaho ibikorwa byabo by’ubwicanyi. Umwami wabo azabahana bitewe n’uko bamusebeje.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “batunzwe n’umuyaga.”
Gukirana ni igihe abantu babiri baba bafatanye bari gukina, umwe ashaka kugusha undi.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “mu gihe cy’iminsi mikuru yagenwe.”
Bishobora kuba byerekeza ku bumaji cyangwa ubupfumu.
Cyangwa “Siriya.”