Ibyahishuriwe Yohana 20:1-15

  • Satani azamara imyaka 1.000 aboshye (1-3)

  • Abazategekana na Kristo mu gihe cy’imyaka 1.000 (4-6)

  • Satani azarekurwa, nyuma yaho arimburwe (7-10)

  • Abapfuye bacirwa urubanza bari imbere y’intebe y’ubwami (11-15)

20  Nuko mbona umumarayika amanuka ava mu ijuru afite urufunguzo rw’ikuzimu+ n’umunyururu munini mu ntoki ze.  Hanyuma afata cya kiyoka,+ ari cyo ya nzoka ya kera+ yitwa Satani+ Usebanya,+ arakiboha kugira ngo kimare imyaka 1.000 kiboshye.  Nuko akijugunya ikuzimu+ agikingiranirayo, arafunga cyane ashyiraho na kashe,* kugira ngo kitongera kuyobya abantu bo mu bihugu, kugeza aho iyo myaka 1.000 izarangirira. Nyuma y’ibyo kigomba kubohorwa kugira ngo kimare igihe gito.+  Nuko mbona intebe z’ubwami, kandi mbona abazicayeho bahabwa ububasha bwo guca imanza. Mbona abantu bishwe* bazira ko babwirije ibya Yesu kandi bakavuga iby’Imana. Ni bo batasenze ya nyamaswa y’inkazi cyangwa igishushanyo cyayo, kandi ntibigeze bashyirwaho ikimenyetso mu gahanga kabo no ku kiganza cyabo.+ Nuko bongera kuba bazima, bategekana na Kristo+ ari abami mu gihe cy’imyaka 1.000.  Uwo ni wo muzuko wa mbere.+ (Abapfuye+ basigaye ntibahawe ubuzima iyo myaka 1.000 itarashira.)  Ugira ibyishimo ni umuntu wese uzuka mu muzuko wa mbere+ kandi umuntu nk’uwo ni uwera. Urupfu rwa kabiri+ ntirushobora kugira icyo rutwara+ abantu nk’abo. Ahubwo bazaba abatambyi+ b’Imana na Kristo, kandi bazategekana na we ari abami mu gihe cy’imyaka 1.000.+  Iyo myaka 1.000 nishira, Satani azahita afungurwa ave aho yari afungiwe.  Azasohoka ajye kuyobya abantu bo mu bihugu biri mu mpande enye z’isi, ari bo Gogi na Magogi, kugira ngo abakoranyirize kujya mu ntambara. Umubare wabo ni nk’umusenyi wo ku nyanja.  Bazagenda bakwire isi yose, bagote amahema y’abera n’umujyi Imana ikunda. Ariko umuriro uzamanuka uve mu ijuru ubatwike bashireho.+ 10  Satani wabayobyaga na we azajugunywa mu nyanja y’umuriro n’amazuku,* asangeyo ya nyamaswa y’inkazi+ na wa muhanuzi w’ibinyoma.+ Bazababazwa* ku manywa na nijoro, ndetse kugeza iteka ryose. 11  Nuko mbona intebe y’ubwami nini y’umweru, mbona n’uyicayeho.+ Isi n’ijuru birahunga biva imbere ye,+ kandi umwanya wabyo ntiwongera kuboneka. 12  Mbona abapfuye, abakomeye n’aboroheje bahagaze imbere y’iyo ntebe y’ubwami, maze ibitabo birabumburwa. Ariko habumburwa n’ikindi gitabo, ari cyo gitabo* cy’ubuzima.+ Nuko abapfuye bacirwa imanza zishingiye ku byanditswe muri ibyo bitabo hakurikijwe ibyo bakoze.+ 13  Nuko inyanja igarura abayipfiriyemo, kandi urupfu n’Imva* na byo bigarura abapfuye babirimo. Hanyuma bacirwa imanza hakurikijwe ibyo buri muntu ku giti cye yakoze.+ 14  Urupfu n’Imva bijugunywa mu nyanja yaka umuriro.+ Iyo nyanja yaka umuriro+ ni urupfu rwa kabiri.+ 15  Nuko umuntu wese utari wanditswe mu gitabo cy’ubuzima+ ajugunywa mu nyanja yaka umuriro.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ikimenyetso.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abicishijwe ishoka.”
Ni ibintu by’umuhondo byaka cyane kandi binuka.
Cyangwa “bazakumirwa; bazaba bafunzwe.”
Cyangwa “umuzingo.”
Cyangwa “Hadesi.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”