Yeremiya 21:1-14

  • Yehova yanga kumva ibyo Sedekiya amusabye (1-7)

  • Abantu basabwa guhitamo ubuzima cyangwa urupfu (8-14)

21  Uku ni ko Yehova yabwiye Yeremiya, igihe Umwami Sedekiya+ yamutumagaho Pashuri+ umuhungu wa Malikiya na Zefaniya+ umuhungu wa Maseya wari umutambyi, kugira ngo bamubwire bati:  “Tubarize Yehova kuko Nebukadinezari* umwami w’i Babuloni arimo kuturwanya.+ Wenda Yehova azadukorera kimwe mu bikorwa bye bikomeye, bitume uwo mwami atureka.”+  Yeremiya arabasubiza ati: “Mugende mubwire Sedekiya muti:  ‘Yehova Imana ya Isirayeli aravuga ati: “intwaro mufite mu ntoki mukoresha murwanya umwami w’i Babuloni+ n’Abakaludaya bari inyuma y’inkuta babagose, ngiye kuzihindukiza, abe ari mwe nzerekezaho. Nzaziteranyiriza hamwe hagati muri uyu mujyi.  Nanjye ubwanjye nzabarwanya+ nkoresheje ukuboko kwanjye kurambuye kandi gukomeye, mfite umujinya n’uburakari, ndetse uburakari bukaze.+  Nzateza ibyago abatuye muri uyu mujyi, abantu hamwe n’inyamaswa. Bazicwa n’icyorezo* gikomeye.”’+  “Yehova aravuga ati: ‘nyuma y’ibyo Sedekiya umwami w’u Buyuda n’abagaragu be n’abaturage bo muri uyu mujyi, ni ukuvuga abazaba barokotse icyorezo, inkota n’inzara, nzabateza Umwami Nebukadinezari* w’i Babuloni, mbateze abanzi babo n’abashaka kubica.*+ Azabicisha inkota. Ntazabababarira cyangwa ngo abagirire impuhwe, ndetse ntazabagirira imbabazi.’”+  “Ubwire aba bantu uti: ‘Yehova aravuga ati: “dore mbahitishijemo mu bintu bibiri: Inzira y’ubuzima n’inzira y’urupfu.  Abazaguma muri uyu mujyi bazicwa n’inkota, inzara n’icyorezo; ariko umuntu wese uzasohoka akishyira mu maboko y’Abakaludaya babagose, azakomeza kubaho, akize ubuzima* bwe.”’+ 10  “Yehova aravuga ati: ‘“niyemeje guteza ibyago uyu mujyi aho kuwugirira neza.+ Umwami w’i Babuloni+ azawufata maze awutwike.”+ 11  “‘Uzabwire abo mu rugo rw’umwami w’u Buyuda uti: “nimwumve ibyo Yehova avuga. 12  Mwebwe abo mu muryango wa Dawidi, nimwumve ibyo Yehova avuga ati: ‘Buri gitondo mujye muca imanza zihuje n’ubutabera,Mukize umuntu wambuwe n’abatekamutwe,+Kugira ngo uburakari bwanjye butabagurumanira nk’umuriro+Kandi bukabatwika ku buryo nta wabuzimya,Bitewe n’ibikorwa byanyu bibi.’”+ 13  Yehova aravuga ati: ‘dore ndaguteye wowe utuye mu kibaya,Wowe rutare rwo mu gihugu kiringaniye.’ ‘Naho mwe muvuga muti: “ni nde uzamanuka ngo adutere? Kandi se ni nde uzinjira ku ngufu aho dutuye?” Mumenye ibi: 14  Yehova aravuga ati: ‘Nzabahana nkurikije ibikorwa byanyu.+ Nzatwika ishyamba rye,Umuriro umareho ibimukikije byose.’”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Nebukadirezari,” akaba ari ubundi buryo bwo kuvuga iri zina.
Cyangwa “indwara.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abahiga ubugingo bwabo.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Nebukadirezari,” akaba ari ubundi buryo bwo kuvuga iri zina.
Cyangwa “ubugingo.”