Yeremiya 43:1-13

  • Abantu basuzugura maze bakajya muri Egiputa (1-7)

  • Yehova avugana na Yeremiya muri Egiputa (8-13)

43  Yeremiya akirangiza kubwira abantu bose ayo magambo ya Yehova, ni ukuvuga amagambo yose Yehova Imana yabo yari yamutumye kubabwira,  Azariya umuhungu wa Hoshaya, Yohanani+ umuhungu wa Kareya n’abagabo b’abibone bose, babwira Yeremiya bati: “Urabeshya. Yehova Imana yacu ntiyagutumye ngo uvuge uti: ‘ntimujye gutura muri Egiputa.’  Ahubwo Baruki+ umuhungu wa Neriya ni we ukoshya, kugira ngo dufatwe n’Abakaludaya batwice cyangwa batujyane i Babuloni ku ngufu.”+  Nuko Yohanani umuhungu wa Kareya n’abayobozi b’ingabo bose n’abandi bantu bose banga kumvira ibyo Yehova avuga, ngo bagume mu gihugu cy’u Buyuda.  Ahubwo Yohanani umuhungu wa Kareya n’abayobozi b’ingabo bose, bajyana abantu bose b’i Buyuda bari basigaye, ni ukuvuga abari baragarutse gutura mu gihugu cy’u Buyuda, bavuye mu bihugu byose bari baratatanyirijwemo.+  Bafashe abagabo, abagore, abana, abakobwa b’umwami n’abantu bose Nebuzaradani+ wayoboraga abarinda umwami yari yararetse ngo basigarane na Gedaliya+ umuhungu wa Ahikamu,+ umuhungu wa Shafani+ barabajyana, bajyana n’umuhanuzi Yeremiya na Baruki umuhungu wa Neriya.  Bajya mu gihugu cya Egiputa kuko batumviye ibyo Yehova yavuze, baragenda bagera i Tahapanesi.+  Hanyuma Yehova avugisha Yeremiya ari i Tahapanesi aramubwira ati:  “Fata amabuye manini uyahishe mu mbuga ishashemo amatafari iri mu irembo ry’inzu ya Farawo i Tahapanesi maze uyatwikirize ibumba Abayahudi bakureba. 10  Ubabwire uti: ‘Yehova nyiri ingabo Imana ya Isirayeli aravuga ati: “ngiye gutumaho Nebukadinezari* umwami w’i Babuloni umugaragu wanjye.+ Nzashyira intebe ye y’ubwami hejuru y’aya mabuye nahishe kandi azubaka ihema rye ry’abami.+ 11  Azaza akubite igihugu cya Egiputa.+ Uzaba akwiriye kwicwa n’icyorezo cy’indwara gikomeye, azicwa n’icyo cyorezo, uzaba akwiriye kujyanwa mu kindi gihugu ku ngufu, azajyanwa ku ngufu kandi uzaba akwiriye kwicwa n’inkota, azicwa n’inkota.+ 12  Nzatwika amazu y’imana zo muri Egiputa+ kandi Nebukadinezari azatwika ayo mazu* maze imana zaho azijyane ku ngufu. Azifubika iki gihugu cya Egiputa nk’uko umwungeri* yifubika umwenda kandi azavayo amahoro.* 13  Azamenagura inkingi z’i Beti-shemeshi* mu gihugu cya Egiputa, atwike n’amazu* y’imana zo muri Egiputa.”’”

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Nebukadirezari,” akaba ari ubundi buryo bwo kuvuga iryo zina.
Cyangwa “insengero.”
Cyangwa “umushumba.”
Cyangwa “nta cyo abaye.”
Cyangwa “inzu y’Izuba (urusengero rw’Izuba).” Ni ukuvuga, Eriyopolisi.
Cyangwa “insengero.”