Yeremiya 50:1-46

  • Ibyahanuriwe Babuloni (1-46)

    • Bava muri Babuloni (8)

    • Abisirayeli bari gusubira mu gihugu cyabo (17-19)

    • Amazi ya Babuloni yari gukama (38)

    • Babuloni ntiyari kongera guturwa (39, 40)

50  Ibi ni byo Yehova yavuze kuri Babuloni,+ igihugu cy’Abakaludaya, akoresheje umuhanuzi Yeremiya:   “Nimubivuge mu bihugu kandi mubitangaze. Nimushinge ikimenyetso kandi mubitangaze. Ntimugire icyo muhisha,Muvuge muti: ‘Babuloni yafashwe.+ Beli yakojejwe isoni.+ Merodaki yahahamutse. Ibishushanyo byayo byakojejwe isoni,Ibigirwamana byayo biteye iseseme byahahamutse.’   Hari igihugu cyayiteye giturutse mu majyaruguru.+ Ni cyo cyatumye ihinduka ikintu giteye ubwoba,Ku buryo nta muntu uyituyemo. Abantu bahunganye n’amatungo;Barigendeye.”  Yehova aravuga ati: “Muri iyo minsi no muri icyo gihe, Abisirayeli bazazana n’Abayuda.+ Bazaza barira inzira yose+ kandi bose bazashaka Yehova Imana yabo.+  Bazabaririza aho inzira igana i Siyoni iherereye, ari ho berekeza amaso,+ bavuga bati: ‘nimuze twiyunge na Yehova, tugirane na we isezerano rihoraho ritazibagirana.’+  Abantu banjye babaye nk’intama zazimiye.+ Abungeri* babo barabayobeje.+ Babajyanye ku misozi, babazerereza babavana ku musozi bakabajyana ku gasozi. Bibagiwe aho baba.  Abababonaga bose barabaryaga+ kandi abanzi babo baravuze bati: ‘nta cyaha tuzabarwaho, kuko bacumuye kuri Yehova, we utuye ahantu hakiranuka kandi akaba ibyiringiro bya ba sekuruza; ni we Yehova.’”   “Muhunge muve muri Babuloni,Muve mu gihugu cy’Abakaludaya,+Mumere nk’amatungo agenda imbere y’ayandi ayayoboye.   Dore ngiye guhuriza hamwe ibihugu bikomeye byo mu majyaruguru+Kandi ntume bitera Babuloni. Bizayitera byiteguye kurwanaKandi bizayifata. Imyambi yabo imeze nk’iy’umurwanyi,Utuma ababyeyi bapfusha abana babo.+ Iyo barashe ntibahusha. 10  Igihugu cy’Abakaludaya kizasahurwa.+ Abagisahura bose bazahaga,”+ ni ko Yehova avuga. 11  “Mwakomeje kwishima+ no kunezerwa,Igihe mwasahuraga umurage wanjye.+ Mwakomeje gukina nk’inyana iri mu bwatsiKandi mukomeza kwivuga nk’amafarashi. 12  Mama wanyu yakozwe n’isoni.+ Mama wanyu wababyaye yarahemukiwe. Dore ni we udafite agaciro mu bihugu byose,Ameze nk’ahantu humagaye n’ubutayu.+ 13  Ntizongera guturwa bitewe n’uburakari bwa Yehova,+Izahinduka ahantu hadatuwe.+ Umuntu uzanyura i Babuloni wese azayitegereza afite ubwoba,Maze avugirize kubera ibyago byayigezeho.+ 14  Mwese abakora imiheto,*Nimwitegure gutera Babuloni muyiturutse impande zose. Muharase, muyirase imyambi yose mufite+Kuko yacumuye kuri Yehova.+ 15  Nimuyivugirize urusaku rw’intambara muturutse impande zose,Kuko yamaze gutsindwa. Inkingi zayo zaraguye, inkuta zayo zirasenywa+Kuko ari uguhora kwa Yehova.+ Muyihimureho. Muyikorere nk’ibyo yabakoreye.+ 16  Murimbure muri Babuloni umuntu utera imbutoN’umuntu usarura akoresheje umuhoro.+ Kubera ko inkota izaba ibamereye nabi, buri wese azasubira muri bene wabo,Buri wese ahunge asubire mu gihugu cye.+ 17  “Abisirayeli bameze nk’intama zatatanye.+ Intare zarabatatanyije.+ Umwami wa Ashuri ni we wabanje kubarya+ hanyuma Umwami Nebukadinezari* w’i Babuloni ahekenya amagufwa yabo.+ 18  Ni yo mpamvu Yehova nyiri ingabo Imana ya Isirayeli avuga ati: ‘dore ngiye guhana umwami w’i Babuloni, mpane n’igihugu cye nk’uko nahannye umwami wa Ashuri.+ 19  Nzagarura Isirayeli mu rwuri* rwe,+ arishe i Karumeli n’i Bashani+ kandi azahaga* ari mu misozi miremire ya Efurayimu+ na Gileyadi.’”+ 20  Yehova aravuga ati: “Muri iyo minsi no muri icyo gihe,Ikosa rya Isirayeli rizashakishwa,Ariko ntirizaboneka;Kandi ibyaha bya Yuda ntibizaboneka,Kuko nzababarira abo naretse bagasigara.”+ 21  Yehova aravuga ati: “Zamuka utere igihugu cya Meratayimu, utere n’abatuye i Pekodi.+ Ubatsembe kandi ubarimbure. Ukore ibyo nagutegetse byose. 22  Mu gihugu hari urusaku rw’intambaraNo kurimbura gukomeye. 23  Mbega ukuntu inyundo y’umucuzi yamenaguraga isi yose, yacitsemo kabiri ikameneka!+ Mbega ukuntu Babuloni yahindutse ikintu giteye ubwoba mu bihugu!+ 24  Babuloni we, naguteze umutego uwugwamoKandi ntiwabimenye. Warabonetse urafatwa+Kuko ari Yehova warwanyije. 25  Yehova yafunguye aho abika intwaro,Avanamo intwaro z’uburakari bwe.+ Kuko hari umurimo Umwami w’Ikirenga Yehova nyiri ingaboAgiye gukorera mu gihugu cy’Abakaludaya. 26  Muyitere muturutse mu turere twa kure cyane.+ Mufungure ibigega byayo.+ Ibiyirimo mubirunde nk’ibinyampeke. Muyisenye* burundu.+ Ntihagire umuntu n’umwe uyisigaramo. 27  Mwice ibimasa bikiri bito byaho byose.+ Bimanuke bijya mu ibagiro. Bigushije ishyano kuko umunsi wabyo wageze;Igihe cyo kubihagurukira kirageze. 28  Nimwumve urusaku rw’abahunga,Urusaku rw’abacitse bava muri Babuloni,Bajya kubwira Siyoni ko Yehova Imana yacu igiye kwihorera,Ihorera urusengero rwayo.+ 29  Mutumeho abarashisha imiheto,Abazi gukoresha imiheto bose,+ baze barwanye Babuloni. Bayigote impande zose ntihagire n’umwe ubacika. Muyiture ibihwanye n’imirimo yayo,+Muyikorere ibihuje n’ibyo yakoze byose.+ Kuko yirase kuri Yehova,Ikirata ku Wera wa Isirayeli.+ 30  Ni yo mpamvu abasore bayo bazagwa aho abantu benshi bahurira,+N’abasirikare bayo bose bakarimbuka* uwo munsi,” ni ko Yehova avuga. 31  Umwami w’Ikirenga Yehova nyiri ingabo aravuga ati: “Dore ngiye kukurwanya+ wa cyigomeke we+Kuko umunsi wawe wageze, ni ukuvuga igihe cyo kukubaza ibyo wakoze. 32  Wa cyigomeke we uzasitara ugweKandi ntuzabona uwo kuguhagurutsa.+ Nzatwika imijyi yaweKandi umuriro uzatwika ibintu byose bigukikije.” 33  Yehova nyiri ingabo aravuga ati: “Abisirayeli n’Abayuda bagirirwa nabiKandi ababajyanye ku ngufu bose barabagumanye,+Banga kubarekura ngo bagende.+ 34  Ariko Umucunguzi wabo arakomeye;+Yehova nyiri ingabo ni ryo zina rye.+ Azababuranira byanze bikunze,+Kugira ngo atume mu gihugu hatuza+Kandi ateze akavuyo mu baturage b’i Babuloni.”+ 35  Yehova aravuga ati: “Inkota iteye Abakaludaya,Iteye abaturage b’i Babuloni n’abatware baho n’abanyabwenge baho.+ 36  Inkota izica abahanuzi b’ibinyoma,* bamere nk’abasazi. Inkota izica abarwanyi b’i Babuloni kandi bazagira ubwoba bwinshi.+ 37  Inkota izica amafarashi yaho n’amagare y’intambaraKandi yice abantu bo mu bindi bihugu baba muri uwo mujyi,Maze bamere nk’abagore.+ Inkota izibasira ubutunzi bwaho maze busahurwe.+ 38  Kurimbuka bigeze ku mazi yaho kandi azakama.+ Ni igihugu cy’ibishushanyo bibajwe+Kandi bakomeza kwitwara nk’abasazi bitewe n’ibintu biteye ubwoba berekwa. 39  Ni yo mpamvu inyamaswa zo mu butayu n’inyamaswa zihuma zizahabaKandi ni ho otirishe* zizatura;+Ntizongera guturwaKandi nta muntu uzayibamo uko ibihe bizagenda bikurikirana.”+ 40  Yehova aravuga ati: “Nk’uko byagenze igihe Imana yarimburaga Sodomu na Gomora+ n’imijyi yari ihakikije,+ nta muntu uzahatura kandi nta muntu uzahaba.+ 41  Dore hari abantu baje baturutse mu majyaruguru;Igihugu gikomeye n’abami bakomeye+ bazahaguruka,Baturutse mu turere twa kure cyane tw’isi.+ 42  Bamenyereye kurwanisha umuheto n’icumu.+ Ni abagome kandi ntibazagira imbabazi+Iyo bagenda ku mafarashi yabo,Urusaku rwabo ruba rumeze nk’urw’inyanja yarakaye.+ Yewe mukobwa w’i Babuloni we, bishyize hamwe nk’umuntu umwe ngo bagutere.+ 43  Umwami w’i Babuloni yumvise bavuga ibyabo,+Amaboko ye acika intege.+ Yishwe n’agahinda,Agira ububabare nk’ubw’umugore uri kubyara. 44  “Dore umuntu azaza nk’intare iturutse mu bihuru byo kuri Yorodani, atere urwuri* rurimo umutekano, ariko mu kanya gato nzatuma bahunga baruvemo. Uwatoranyijwe ni we nzaruha.+ Ni nde umeze nkanjye kandi se ni nde wahangana nanjye? Ni uwuhe mwungeri* wampagarara imbere?+ 45  Ubwo rero, nimwumve umwanzuro Yehova yafatiye Babuloni+ n’ibyago azateza igihugu cy’Abakaludaya. Abana bo mu mukumbi bazajyanwa kure. Urwuri rwabo azaruhindura amatongo kubera bo.+ 46  Urusaku rwo gufata Babuloni ruzatigisa isiKandi urusaku ruzumvikana mu bihugu.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “abashumba.”
Cyangwa “ababanga imiheto.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Nebukadirezari,” akaba ari ubundi buryo bwo kuvuga iryo zina.
Urwuri ni ahantu haba hari ubwatsi, bakaharagira amatungo maze akarisha.
Cyangwa “ubugingo bwe buzahaga.”
Cyangwa “muyirimbure.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “bagacecekeshwa.”
Cyangwa “abavuga ubusa.”
Cyangwa “imbuni.”
Urwuri ni ahantu haba hari ubwatsi, bakaharagira amatungo maze akarisha.
Cyangwa “umushumba.”